• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Ubwanditsi 07 May 2018 HIRYA NO HINO

Inama Nkuru y’abaganga bo muri Sudani y’Epfo (South Sudan’s General Medical Council) yahakanye ko perezida w’iki gihugu, Salva Kiir arwaye ndetse iburira abaganga ibasaba kwirinda icyo yise gushaka kwanduza isura y’umukuru w’igihugu. Ni nyuma y’aho umuganga ufite n’ubwenegihugu bwa Canada avuze ko igihugu kiyobowe mu buryo budahwitse kandi perezida Kiir ngo yitandukanyije n’abajyanama be n’abasirikare bakuru.

Uyu muganga, Dr Mawien Akot, Umunya- Sudani y’Epfo ufite n’ubwenegihugu bwa Canada, yari aherutse gutangaza ko perezida Salva Kiir ashobora kuba atekereza ariko hari ibintu ashobora kuba bimukoresha.

Uyu muganga ati: “Mvura benshi mu bajenerali kandi abenshi muri bo bararwaye cyane. N’iyo perezida agaragaye mu ruhame, ntabwo aba ameze neza mu ntekerezo no mu buryo agaragara.”

Uyu muganga yakomeje agira ati: “Perezida ntabwo ari mu bushobozi bwe bwo mu mutwe no ku mubiri ku buryo yayobora igihugu. Ibyo avuga ntabwo ari amagambo ye.”

Iyi nkuru dukesha Chimpreports ikaba ikomeza ivuga ko umukuru w’inama nkuru y’igihugu y’abaganga muri Sudani y’Epfo, Prof Joh Adwok, yahise ahakana ko Dr Mawien yigeze aba umuganga wa perezidansi.

Dr Adwok avuga ko atigeze abona cyangwa ngo ahure na Dr Mawien uvuga ko yari umuganga wihariye wa perezida Salva kiir, kandi yarakoranye bya hafi n’itsinda rishinzwe kuvura umukuru w’igihugu (Presidential Medical Unit) nk’umu-consultant kuva ryashingwa.

Yagize ati: “Mu by’ukuri namenye kandi nkorana n’abaganga bose n’abakuru b’iri tsinda imyaka myinshi. Sinibuka uwitwa Dr Mawien keretse niba hari irindi tsinda rishinzwe kuvura umukuru w’igihugu (PMU) ntazi.”

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko perezida Salva kiir aherutse kunyuzwa mu bitaro bya Juba na Khartoum agiye kwivuza byihutirwa. Yakomeje ariko imirimo ye irimo kuyobora inama ya cabinet, kuyobora ibikorwa bitandukanye byo ku rwego rw’igihugu ndetse no kubonana na bimwe mu bikomerezwa by’abanyamahanga.

Dr Adwok akaba avuga ko bibabaje kubona umwuga wabo wiyubashye uri gushorwa mu kibuga cya politiki hirengagijwe indahiro baba barakoze nk’abaganga.

Yamaganye icyo yise imyitwarire mibi itari iya kinyamwuga bya Dr Mawien ngo niba koko ari umuganga ukora muri Sudani y’Epfo, aboneraho kumugira inama yo kuva mu mwuga w’u buganga akajya kwikorera politiki.

Nubwo bimeze gutyo, ngo ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Sudani y’Epfo bwiganjemo abasirikare bakuru bo ku rwego rwa general bageze mu zabukuru kandi koko bafite ibibazo by’uburwayi. Mu minsi ishize, uwari umugaba mukuru w’ingabo wirukanwe, Gen Paul Malong aherutse kwakirwa mu bitaro bya Nairobi, mu gihe uwari wamusimbuye nawe aherutse gupfira mu Bitaro by’I Cairo nawe azize uburwayi.

 

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI
POLITIKI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Ubwanditsi 17 Mar 2018
U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)
Amakuru

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Ubwanditsi 09 Dec 2023
Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje
ITOHOZA

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Ubwanditsi 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru