• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Ubwanditsi 07 May 2018 HIRYA NO HINO

Inama Nkuru y’abaganga bo muri Sudani y’Epfo (South Sudan’s General Medical Council) yahakanye ko perezida w’iki gihugu, Salva Kiir arwaye ndetse iburira abaganga ibasaba kwirinda icyo yise gushaka kwanduza isura y’umukuru w’igihugu. Ni nyuma y’aho umuganga ufite n’ubwenegihugu bwa Canada avuze ko igihugu kiyobowe mu buryo budahwitse kandi perezida Kiir ngo yitandukanyije n’abajyanama be n’abasirikare bakuru.

Uyu muganga, Dr Mawien Akot, Umunya- Sudani y’Epfo ufite n’ubwenegihugu bwa Canada, yari aherutse gutangaza ko perezida Salva Kiir ashobora kuba atekereza ariko hari ibintu ashobora kuba bimukoresha.

Uyu muganga ati: “Mvura benshi mu bajenerali kandi abenshi muri bo bararwaye cyane. N’iyo perezida agaragaye mu ruhame, ntabwo aba ameze neza mu ntekerezo no mu buryo agaragara.”

Uyu muganga yakomeje agira ati: “Perezida ntabwo ari mu bushobozi bwe bwo mu mutwe no ku mubiri ku buryo yayobora igihugu. Ibyo avuga ntabwo ari amagambo ye.”

Iyi nkuru dukesha Chimpreports ikaba ikomeza ivuga ko umukuru w’inama nkuru y’igihugu y’abaganga muri Sudani y’Epfo, Prof Joh Adwok, yahise ahakana ko Dr Mawien yigeze aba umuganga wa perezidansi.

Dr Adwok avuga ko atigeze abona cyangwa ngo ahure na Dr Mawien uvuga ko yari umuganga wihariye wa perezida Salva kiir, kandi yarakoranye bya hafi n’itsinda rishinzwe kuvura umukuru w’igihugu (Presidential Medical Unit) nk’umu-consultant kuva ryashingwa.

Yagize ati: “Mu by’ukuri namenye kandi nkorana n’abaganga bose n’abakuru b’iri tsinda imyaka myinshi. Sinibuka uwitwa Dr Mawien keretse niba hari irindi tsinda rishinzwe kuvura umukuru w’igihugu (PMU) ntazi.”

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko perezida Salva kiir aherutse kunyuzwa mu bitaro bya Juba na Khartoum agiye kwivuza byihutirwa. Yakomeje ariko imirimo ye irimo kuyobora inama ya cabinet, kuyobora ibikorwa bitandukanye byo ku rwego rw’igihugu ndetse no kubonana na bimwe mu bikomerezwa by’abanyamahanga.

Dr Adwok akaba avuga ko bibabaje kubona umwuga wabo wiyubashye uri gushorwa mu kibuga cya politiki hirengagijwe indahiro baba barakoze nk’abaganga.

Yamaganye icyo yise imyitwarire mibi itari iya kinyamwuga bya Dr Mawien ngo niba koko ari umuganga ukora muri Sudani y’Epfo, aboneraho kumugira inama yo kuva mu mwuga w’u buganga akajya kwikorera politiki.

Nubwo bimeze gutyo, ngo ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Sudani y’Epfo bwiganjemo abasirikare bakuru bo ku rwego rwa general bageze mu zabukuru kandi koko bafite ibibazo by’uburwayi. Mu minsi ishize, uwari umugaba mukuru w’ingabo wirukanwe, Gen Paul Malong aherutse kwakirwa mu bitaro bya Nairobi, mu gihe uwari wamusimbuye nawe aherutse gupfira mu Bitaro by’I Cairo nawe azize uburwayi.

 

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari
Mu Rwanda

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Ubwanditsi 15 May 2017
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022
Amakuru

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 19 May 2022
Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda
POLITIKI

Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru