• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Ubwanditsi 07 May 2018 HIRYA NO HINO

Inama Nkuru y’abaganga bo muri Sudani y’Epfo (South Sudan’s General Medical Council) yahakanye ko perezida w’iki gihugu, Salva Kiir arwaye ndetse iburira abaganga ibasaba kwirinda icyo yise gushaka kwanduza isura y’umukuru w’igihugu. Ni nyuma y’aho umuganga ufite n’ubwenegihugu bwa Canada avuze ko igihugu kiyobowe mu buryo budahwitse kandi perezida Kiir ngo yitandukanyije n’abajyanama be n’abasirikare bakuru.

Uyu muganga, Dr Mawien Akot, Umunya- Sudani y’Epfo ufite n’ubwenegihugu bwa Canada, yari aherutse gutangaza ko perezida Salva Kiir ashobora kuba atekereza ariko hari ibintu ashobora kuba bimukoresha.

Uyu muganga ati: “Mvura benshi mu bajenerali kandi abenshi muri bo bararwaye cyane. N’iyo perezida agaragaye mu ruhame, ntabwo aba ameze neza mu ntekerezo no mu buryo agaragara.”

Uyu muganga yakomeje agira ati: “Perezida ntabwo ari mu bushobozi bwe bwo mu mutwe no ku mubiri ku buryo yayobora igihugu. Ibyo avuga ntabwo ari amagambo ye.”

Iyi nkuru dukesha Chimpreports ikaba ikomeza ivuga ko umukuru w’inama nkuru y’igihugu y’abaganga muri Sudani y’Epfo, Prof Joh Adwok, yahise ahakana ko Dr Mawien yigeze aba umuganga wa perezidansi.

Dr Adwok avuga ko atigeze abona cyangwa ngo ahure na Dr Mawien uvuga ko yari umuganga wihariye wa perezida Salva kiir, kandi yarakoranye bya hafi n’itsinda rishinzwe kuvura umukuru w’igihugu (Presidential Medical Unit) nk’umu-consultant kuva ryashingwa.

Yagize ati: “Mu by’ukuri namenye kandi nkorana n’abaganga bose n’abakuru b’iri tsinda imyaka myinshi. Sinibuka uwitwa Dr Mawien keretse niba hari irindi tsinda rishinzwe kuvura umukuru w’igihugu (PMU) ntazi.”

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko perezida Salva kiir aherutse kunyuzwa mu bitaro bya Juba na Khartoum agiye kwivuza byihutirwa. Yakomeje ariko imirimo ye irimo kuyobora inama ya cabinet, kuyobora ibikorwa bitandukanye byo ku rwego rw’igihugu ndetse no kubonana na bimwe mu bikomerezwa by’abanyamahanga.

Dr Adwok akaba avuga ko bibabaje kubona umwuga wabo wiyubashye uri gushorwa mu kibuga cya politiki hirengagijwe indahiro baba barakoze nk’abaganga.

Yamaganye icyo yise imyitwarire mibi itari iya kinyamwuga bya Dr Mawien ngo niba koko ari umuganga ukora muri Sudani y’Epfo, aboneraho kumugira inama yo kuva mu mwuga w’u buganga akajya kwikorera politiki.

Nubwo bimeze gutyo, ngo ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Sudani y’Epfo bwiganjemo abasirikare bakuru bo ku rwego rwa general bageze mu zabukuru kandi koko bafite ibibazo by’uburwayi. Mu minsi ishize, uwari umugaba mukuru w’ingabo wirukanwe, Gen Paul Malong aherutse kwakirwa mu bitaro bya Nairobi, mu gihe uwari wamusimbuye nawe aherutse gupfira mu Bitaro by’I Cairo nawe azize uburwayi.

 

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Abasore n’ Abakobwa basigaye banywera shisha mu byumba bihishe nabo akabo kashobotse

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Abanyapolitiki bifuza kuyobora bakazitirwa n’intege nke bafite

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Gukora imibonano  mpuzabitsina neza  ku bashakanye bituma biteza imbere  ( Ubuhamya Video  )

Gukora imibonano mpuzabitsina neza ku bashakanye bituma biteza imbere ( Ubuhamya Video )

Ubwanditsi 14 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 3 )
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 3 )

Ubwanditsi 01 Mar 2016
Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi
Mu Rwanda

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.
Amakuru

Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Ubwanditsi 05 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru