• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018 ITOHOZA

Iki cyumweru  dushoje  nta wavuga ko cyagendekeye neza abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USA, kuko cyaranzwe n’ibikorwa byuzuye urwango ndetse bigasiga bamwe bambuwe ubuzima.

Bijya gutangira, ku wa Gatatu umuzungu wari usanzwe ufite amateka yo guteza imvururu yishe arashe abirabura b’Abanyamerika babiri mu iguriro rya Kroger muri Leta ya Kentucky.

Gregory Bush w’imyaka 51 ngo yabanje kugerageza kwinjira mu rusengero rw’abirabura ruri mu gace ka Jeffersontown, ariko ntibyamukundira kuko imiryango yari ifungishije urufunguzo.

Uyu mugabo wari usanzwe afite amateka yo kwanga abirabura n’uburwayi bwo mu mutwe yahise yerekeza muri ririya gururo arasa Maurice Stallard w’imyaka 69 na Vickie Jones w’imyaka 67.

Ibi byabaye mu gihe Abanyamerika bari bakomeje guterwa ubwoba n’ubutumwa burimo ibisasu bwari bukomeje kohererezwa ibikomerezwa muri politiki.

Ku wa Mbere nibwo ubutumwa bwa mbere bwabonetse mu rugo rw’umuherwe George Soros, nyuma y’iminsi ibiri gusa Urwego rushinzwe ubutasi rwatangaje ko rwatahuye ubundi bwari bugenewe Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Amerika na Hillary Clinton wahigitswe na Perezida Donald Trump mu matora.

Nyuma y’aho habonetse ubwoherejwe ahakorera CNN, n’ubwari bugenewe abarimo; John Brennan wayoboye CIA, Robert de Niro uzwi muri Sinema na Joe Biden wabaye visi perezida wa Amerika.

Ku wa Gatanu Cesar Sayoc uvugwaho kuba yarohereje ubutumwa bugera kuri 14 burimo ibisasu nyabyo nubwo nta na kimwe kigeze gituruka, yatawe muri yombi.

Yakunze kugaragaza ko akunda Trump, akanga abafite ibitekerezo bitandukanye n’ibye.

Ku wa Gatandatu mu gitondo uwitwa Robert Bowers w’imyaka 46 yinjiye mu rusengero rw’Abayahudi rwa Tree of Life, yica abantu 11, batandatu barakomereka.

Ubuyobozi bwatangaje ko uyu nawe yagiye akunda gushyira hanze ubutumwa bugaragaza urwango afitiye abayahudi, ndetse ibyo yagiye yandika biri gukorwaho iperereza.

Nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse, Intumwa nkuru ya Leta, Jeff Sessions, yatangaje ko Bowers akurikiranyweho ibyaha by’urwango n’ibindi bishobora gutumwa ahanishwa kwicwa igihe byaba bimuhamye kandi ibikorwa nk’ibi bidashobora kwihanganirwa.

Perezida Trump nawe yagarutse kuri ubu bwicanyi, avuga ko Abanyamerika bose bari mu cyunamo, anasaba abantu kunga ubumwe kugira ngo babashe guhashya urwango.

Nubwo kuri iki cyumweru ubuzima bwakomeje, bamwe bagakomeza icyunamo abandi bakajya mu bikorwa bisanzwe birimo amasengesho, imikino n’ibindi, Abanyamerika ntibazapfa kwibagirwa urwango rwagaragajwe mu masaha 72 gusa.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali

Breaking news – Nairobi : Padiri Nahimana yabujijwe kwinjira mu ndege Nairobi- Kigali

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Umunyamakuru John Ndabarasa watabarijwe ko yaburiwe irengero yibereye i Kigali!

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ubwanditsi 02 Jun 2016
ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Ubwanditsi 12 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Senegal na Côte d’Ivoire zageze muri 1/2 cya Afrobasket ikomeje kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Sep 2021
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4
Amakuru

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa
UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru