• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018 ITOHOZA

Iki cyumweru  dushoje  nta wavuga ko cyagendekeye neza abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USA, kuko cyaranzwe n’ibikorwa byuzuye urwango ndetse bigasiga bamwe bambuwe ubuzima.

Bijya gutangira, ku wa Gatatu umuzungu wari usanzwe ufite amateka yo guteza imvururu yishe arashe abirabura b’Abanyamerika babiri mu iguriro rya Kroger muri Leta ya Kentucky.

Gregory Bush w’imyaka 51 ngo yabanje kugerageza kwinjira mu rusengero rw’abirabura ruri mu gace ka Jeffersontown, ariko ntibyamukundira kuko imiryango yari ifungishije urufunguzo.

Uyu mugabo wari usanzwe afite amateka yo kwanga abirabura n’uburwayi bwo mu mutwe yahise yerekeza muri ririya gururo arasa Maurice Stallard w’imyaka 69 na Vickie Jones w’imyaka 67.

Ibi byabaye mu gihe Abanyamerika bari bakomeje guterwa ubwoba n’ubutumwa burimo ibisasu bwari bukomeje kohererezwa ibikomerezwa muri politiki.

Ku wa Mbere nibwo ubutumwa bwa mbere bwabonetse mu rugo rw’umuherwe George Soros, nyuma y’iminsi ibiri gusa Urwego rushinzwe ubutasi rwatangaje ko rwatahuye ubundi bwari bugenewe Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Amerika na Hillary Clinton wahigitswe na Perezida Donald Trump mu matora.

Nyuma y’aho habonetse ubwoherejwe ahakorera CNN, n’ubwari bugenewe abarimo; John Brennan wayoboye CIA, Robert de Niro uzwi muri Sinema na Joe Biden wabaye visi perezida wa Amerika.

Ku wa Gatanu Cesar Sayoc uvugwaho kuba yarohereje ubutumwa bugera kuri 14 burimo ibisasu nyabyo nubwo nta na kimwe kigeze gituruka, yatawe muri yombi.

Yakunze kugaragaza ko akunda Trump, akanga abafite ibitekerezo bitandukanye n’ibye.

Ku wa Gatandatu mu gitondo uwitwa Robert Bowers w’imyaka 46 yinjiye mu rusengero rw’Abayahudi rwa Tree of Life, yica abantu 11, batandatu barakomereka.

Ubuyobozi bwatangaje ko uyu nawe yagiye akunda gushyira hanze ubutumwa bugaragaza urwango afitiye abayahudi, ndetse ibyo yagiye yandika biri gukorwaho iperereza.

Nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse, Intumwa nkuru ya Leta, Jeff Sessions, yatangaje ko Bowers akurikiranyweho ibyaha by’urwango n’ibindi bishobora gutumwa ahanishwa kwicwa igihe byaba bimuhamye kandi ibikorwa nk’ibi bidashobora kwihanganirwa.

Perezida Trump nawe yagarutse kuri ubu bwicanyi, avuga ko Abanyamerika bose bari mu cyunamo, anasaba abantu kunga ubumwe kugira ngo babashe guhashya urwango.

Nubwo kuri iki cyumweru ubuzima bwakomeje, bamwe bagakomeza icyunamo abandi bakajya mu bikorwa bisanzwe birimo amasengesho, imikino n’ibindi, Abanyamerika ntibazapfa kwibagirwa urwango rwagaragajwe mu masaha 72 gusa.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Ubwanditsi 26 May 2017
Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?
Amakuru

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Ubwanditsi 10 May 2024
Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora
Mu Mahanga

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura
POLITIKI

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru