• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu ni Umunyarwanda wahungiye mu Bufaransa kuva muri Nzeri 1994, akaba ari umuganga mu bitaro by’ahitwa ”Villeneuve-Sur-Lot”, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Bufaransa.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho kuba ari mu bayoboye ubwicanyi mu Mujyi wa Butare, dore ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi Dogiteri Sosthene Munyemana yari umuganga mu bitaro bya Kaminuza bya Butare. Ni umwe mu”bacurabwenge” bashyize umukono ku nyandiko ishyigikira ibikorwa bya guverinoma ya Yohani Kambanda, ubwo yari irimbanyije mu gutsembatsemba Abatutsi.

Inkiko gacaca mu Rwanda zamuburanishije adahari, ndetse zimukatira gufungwa burundu, ubutabera bw’u Bufaransa bukaba buvuga ko bugiye kubyutsa iyi dosiye imaze imyaka yarazinzitswe.

Mu mwaka w’2010 yigeze gutabwa muri yombi, aza kurekurwa amaze guhatwa ibibazo mu bushinjacyaha bwo mu mujyi wa Bordeaux, ndetse ategekwa kutarenga imbibi z’uBufaransa, kugeza igihe urubanza rwe ruzashyirwaho akadomo.

Alain Gauthier uyobora Impuzamashyirahamwe aharanira ubutabera n’inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, CPCR, yabwiye itangazamakuru ko n’ubwo urubanza rwa Dogiteri Munyemana rwatinze, ariko bishimishije kuba ubutabera bwo mu Bufaransa bushyize bukiyemeza gutangira kuburanisha uyu ruharwa.

Itariki y’urubanza rwa Dogiteri Munyemana ntiratangazwa, uretse ko hari amakuru avuga ko rushobora gutangira tariki 15 Kamena umwaka utaha wa 2022. Icyifuzo cya Leta y’u Rwanda cy’uko yakoherezwa kuburanira aho yakoreye ibyaha cyakomeje kudahabwa agaciro, ariko noneho gishobora gusuzumwa, bigenze neza impeshyi y’umwaka utaha akazayirira mu Rwanda.

Sosthene Munyemana w’imyaka 63 y’amavuko, akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari asanzwe azwiho ubuhezanguni n’ingengabitekerezo ya “giparmehutu”, akabigaragariza mu kwanga Umututsi aho ava akagera.

Uru ruzaba rubaye urubanza rwa 4 rw’abaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ruburanishirijwe mu Bufaransa. Muri uku kwezi urukiko rw’i Paris rwahanishije Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 14 amaze guhamwa n’ibyaha bya jenoside yakoreye ku Kibuye ari naho akomoka.

Hari kandi Capt Pascal Simbikangwa wahanishijwe gufungwa imyaka 25, abandi bahoze ari ba burugumesitiri bahanishwa gufungwa burundu.

2021-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari  bazibye

Nyagatare: Batatu bafatanywe inka enye bikekwa ko bari bazibye

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Ubwanditsi 01 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon
IMIKINO

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan
POLITIKI

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Amakuru

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru