• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu ni Umunyarwanda wahungiye mu Bufaransa kuva muri Nzeri 1994, akaba ari umuganga mu bitaro by’ahitwa ”Villeneuve-Sur-Lot”, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Bufaransa.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho kuba ari mu bayoboye ubwicanyi mu Mujyi wa Butare, dore ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi Dogiteri Sosthene Munyemana yari umuganga mu bitaro bya Kaminuza bya Butare. Ni umwe mu”bacurabwenge” bashyize umukono ku nyandiko ishyigikira ibikorwa bya guverinoma ya Yohani Kambanda, ubwo yari irimbanyije mu gutsembatsemba Abatutsi.

Inkiko gacaca mu Rwanda zamuburanishije adahari, ndetse zimukatira gufungwa burundu, ubutabera bw’u Bufaransa bukaba buvuga ko bugiye kubyutsa iyi dosiye imaze imyaka yarazinzitswe.

Mu mwaka w’2010 yigeze gutabwa muri yombi, aza kurekurwa amaze guhatwa ibibazo mu bushinjacyaha bwo mu mujyi wa Bordeaux, ndetse ategekwa kutarenga imbibi z’uBufaransa, kugeza igihe urubanza rwe ruzashyirwaho akadomo.

Alain Gauthier uyobora Impuzamashyirahamwe aharanira ubutabera n’inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, CPCR, yabwiye itangazamakuru ko n’ubwo urubanza rwa Dogiteri Munyemana rwatinze, ariko bishimishije kuba ubutabera bwo mu Bufaransa bushyize bukiyemeza gutangira kuburanisha uyu ruharwa.

Itariki y’urubanza rwa Dogiteri Munyemana ntiratangazwa, uretse ko hari amakuru avuga ko rushobora gutangira tariki 15 Kamena umwaka utaha wa 2022. Icyifuzo cya Leta y’u Rwanda cy’uko yakoherezwa kuburanira aho yakoreye ibyaha cyakomeje kudahabwa agaciro, ariko noneho gishobora gusuzumwa, bigenze neza impeshyi y’umwaka utaha akazayirira mu Rwanda.

Sosthene Munyemana w’imyaka 63 y’amavuko, akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari asanzwe azwiho ubuhezanguni n’ingengabitekerezo ya “giparmehutu”, akabigaragariza mu kwanga Umututsi aho ava akagera.

Uru ruzaba rubaye urubanza rwa 4 rw’abaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ruburanishirijwe mu Bufaransa. Muri uku kwezi urukiko rw’i Paris rwahanishije Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 14 amaze guhamwa n’ibyaha bya jenoside yakoreye ku Kibuye ari naho akomoka.

Hari kandi Capt Pascal Simbikangwa wahanishijwe gufungwa imyaka 25, abandi bahoze ari ba burugumesitiri bahanishwa gufungwa burundu.

2021-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023
Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
Impinduka mu gisirikare cya Uganda

Impinduka mu gisirikare cya Uganda

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo
Mu Mahanga

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo
MULTIMEDIA

Hehe no guhatanira Miss Rwanda – Igisabo

Ubwanditsi 28 Feb 2017
Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru