• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha   |   06 Nov 2025

  • APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse   |   05 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Editorial 29 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Visi perezida w’inteko ishingamategeko y’u Burundi, Agathon Rwasa aratangaza ko ahangayikishijwe n’umutekano we nyuma y’iminsi atotezwa n’inzego z’umutekano.

Ku italiki ya 27 Ukuboza, yabwiwe na bamwe mu nzego nkuru za gisirikare ko abasirikare bamurindaga bahagaritswe. Yamenyeshejwe ko bose boherejwe mu kandi kazi ariko yanga kubarekura kuberako yaketse ko hari ikintu kibyihishe inyuma.

Agathon akaba atangaza ko nyuma yo kuva mu biganiro by’amahoro byabaye hagati ya taliki 27 Ugushyingo na 7 Ukuboza, 2017, yagiye ahura n’ibikorwa ndetse n’amagambo yo kumutera ubwoba.  

Uyu muyobozi usanzwe uvugwa ko ahagarariye abanyapolitike bigenga bahuriye mu muryango “Amizero y’abarundi” yasobanuye ko ashobora kwicwa azira ko yashyigikiye igitekerezo cyo gushyiraho leta y’inzibacyuho ihuriweho n’impande zose ndese no kuba yaratangaje ko igitekerezo cyo guhindura itegeko nshinga ari umugambi w’umuntu umwe. Asaba ko leta ya Nkurunziza yahagarika ibikorwa byo kumubuza amahoro n’umutekano kuko bitubaka.

Abasirikare bamurinda babarizwa mu mutwe wihariye ushinzwe kurinda umutekano w’inzego w’abayobozi n’inzego za leta (BSPI) ndetse n’abapolisi bo mu mutwe nawo wihariye ya gipolisi wo kurinda inzego za leta (API). Akaba yambuwe abasirikare.  

Muri Kameza 2010, Agathon Rwasa wahoze ari umuyobozi wa FNL yahunze arimo gushakishwa ngo atabwe muri yombi aregwa ibyaha byo kubangamira umudendezo w’Igihugu. Muri Nyakanga, 2015 yatorewe kuba visi perezida wa mbere w’inteko ishingamategeko.

Umuvugizi w’igisirikare Col. Gaspard Baratuza, yavuze ko kwambura abasirikare visi perezida w’inteko ishingamategeko ari uburyo bwo gukora ibintu kimwe kuko nabandi bayobozi bakuru barindwa n’abapolisi.

Yakomeje avuga ko abasirikare yambuwe bazasimburwa n’abapolisi, yongeraho ko abasirikare bose barimo gukurwa mu bikorwa bito kugirango bahabwe imyitozo ijyanye no kurinda ubusugire bw’Igihugu.

 

2017-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Editorial 10 Jan 2022
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Editorial 17 Apr 2020
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Editorial 11 Oct 2018
Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Editorial 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Editorial 21 Jan 2019
Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi
IMIKINO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Editorial 12 Mar 2018
Kigali : Perezida Kagame yahaye icyubahiro Intwari zitangiye Igihugu
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yahaye icyubahiro Intwari zitangiye Igihugu

Editorial 02 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru