• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Umutekano wa Agathon Rwasa uri mu kaga nyuma yo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 29 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Visi perezida w’inteko ishingamategeko y’u Burundi, Agathon Rwasa aratangaza ko ahangayikishijwe n’umutekano we nyuma y’iminsi atotezwa n’inzego z’umutekano.

Ku italiki ya 27 Ukuboza, yabwiwe na bamwe mu nzego nkuru za gisirikare ko abasirikare bamurindaga bahagaritswe. Yamenyeshejwe ko bose boherejwe mu kandi kazi ariko yanga kubarekura kuberako yaketse ko hari ikintu kibyihishe inyuma.

Agathon akaba atangaza ko nyuma yo kuva mu biganiro by’amahoro byabaye hagati ya taliki 27 Ugushyingo na 7 Ukuboza, 2017, yagiye ahura n’ibikorwa ndetse n’amagambo yo kumutera ubwoba.  

Uyu muyobozi usanzwe uvugwa ko ahagarariye abanyapolitike bigenga bahuriye mu muryango “Amizero y’abarundi” yasobanuye ko ashobora kwicwa azira ko yashyigikiye igitekerezo cyo gushyiraho leta y’inzibacyuho ihuriweho n’impande zose ndese no kuba yaratangaje ko igitekerezo cyo guhindura itegeko nshinga ari umugambi w’umuntu umwe. Asaba ko leta ya Nkurunziza yahagarika ibikorwa byo kumubuza amahoro n’umutekano kuko bitubaka.

Abasirikare bamurinda babarizwa mu mutwe wihariye ushinzwe kurinda umutekano w’inzego w’abayobozi n’inzego za leta (BSPI) ndetse n’abapolisi bo mu mutwe nawo wihariye ya gipolisi wo kurinda inzego za leta (API). Akaba yambuwe abasirikare.  

Muri Kameza 2010, Agathon Rwasa wahoze ari umuyobozi wa FNL yahunze arimo gushakishwa ngo atabwe muri yombi aregwa ibyaha byo kubangamira umudendezo w’Igihugu. Muri Nyakanga, 2015 yatorewe kuba visi perezida wa mbere w’inteko ishingamategeko.

Umuvugizi w’igisirikare Col. Gaspard Baratuza, yavuze ko kwambura abasirikare visi perezida w’inteko ishingamategeko ari uburyo bwo gukora ibintu kimwe kuko nabandi bayobozi bakuru barindwa n’abapolisi.

Yakomeje avuga ko abasirikare yambuwe bazasimburwa n’abapolisi, yongeraho ko abasirikare bose barimo gukurwa mu bikorwa bito kugirango bahabwe imyitozo ijyanye no kurinda ubusugire bw’Igihugu.

 

2017-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto y’Umunsi
HIRYA NO HINO

Ifoto y’Umunsi

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi
INKURU NYAMUKURU

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.
Amakuru

Hakuzimana Rashid yahamwe n’ibyaha byose aregwa, akatirwa gufungwa imyaka irindwi.

Ubwanditsi 08 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru