• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 cya UEFA Champions League yaraye ishyizweho akadomo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, aho amakipe ya Liverpool na FC Barcelone ariyo yaherutse andi mu kubona itike iyerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza ayabaye aya mbere iwayo.

Bayern Munich yari yakiriye Liverpool mu mukino wari utegerejwe n’abatari bake dore ko mu mukino ubanza aya makipe yombi yanganyije ubusa ku busa. Mu minota ya mbere, nta buryo bwinshi bugana mu izamu bwabonetse kuko bakinaga basa n’abigana.

Thiago Alcântara yagerageje uburyo bwa mbere bw’ishoti ryabonetse mu mukino ku ruhande rwa Bayern Munich, umupira uca hirya gato y’izamu mbere y’uko Robert Lewandowski ahusha ubundi buryo bwiza ku mupira yahawe mu rubuga rw’amahina akananirwa kuwugeraho n’ubwo abenshi bikanze ko hari myugariro wa Liverpool wamusunitse.

Liverpool yakiniraga hanze, yakoze impinduka za mbere mu mukino hakiri kare ubwo kapiteni wayo Jordan Henderson yagiraga imvune, agasimburwa na Fabinho ku munota wa 12 gusa w’umukino.

Iyi kipe yo mu Bwongereza yakinaga neza muri iyi minota, yafunguye amazamu ku munota wa 26 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Sadio Mané wacenze umunyezamu Manuel Neuer wasohotse nyamara hari ba myugariro babiri be bari hafi ku mupira, asiga izamu ryambaye ubusa, maze uyu rutahizamu ukomoka muri Senegal, yohereza umupira mu rushundura.

Lewandowski yongeye kugerageza ishoti rigana mu izamu rya Liverpool, umupira ufatwa neza n’umunyezamu Alisson Becker mbere y’uko Liverpool yongera kubotsa igitutu ishaka igitego cya kabiri, ariko ishoti rikomeye ryatewe na Andrew Robertson rishyirwa muri koruneri n’umunyezamu Neuer.

Habura iminota irindwi ngo igice cya mbere kirangire, Bayern Munich yabonye igitego cyo kwishyura ubwo Serge Gnabry yahinduraga umupira ukomeye uturutse mu ruhande rw’iburyo ugana mu rubuga rw’amahina, myugariro wa Liverpool Joel Matip wari uhagararanye na Lewandowski, ashatse gukiza izamu, aritsinda.

Bayern Munich babonye kandi ubundi buryo bw’umupira w’umuterekano ku ikosa ryakozwe na Fabinho wakiniye nabi James Rodriguez agahabwa ikarita y’umuhondo, iri ryahanwe na David Alaba, umupira ufatwa neza na Alisson. Mbere y’uko bajya kuruhuka, Lewandowski yongeye guhabwa umupira mwiza ntiyabasha kuwugeraho n’ubwo yasaga n’uwaraririye.

Liverpool yakinnye neza mu gice cya kabiri, aho yabonye uburyo burimo ishoti ryatewe na Mohamed Salah, umupira ujya hanze mbere y’uko Virgil van Dijk atsindira igitego cya kabiri ku munota wa 69, ku mupira yatsindishije umutwe uvuye muri koruneri yatewe na James Milner.

Bayern Munich yasabwaga gutsinda uyu mukino, inzozi zayo zo kuba yakwishyura igitego cya kabiri yatsinzwe, zashyizweho akadomo ku munota wa 84 ubwo Mohamed Salah yateraga umupira mwiza ugana mu izamu, usanga Sadio Mané washyizeho umutwe, atsinda igitego cya gatatu cyashimangiye gukomeza muri ¼ kwa Liverpool ku ntsinzi y’ibitego 3-1.

Sadio Mané yabaye umukinnyi wa mbere utsindiye Liverpool ibitego byinshi byo hanze muri iyi mikino y’i Burayi (7) mu gihe Bayern Munich ari ubwa mbere inaniwe kugera muri ¼ cya UEFA Champions League guhera mu mwaka w’imikino 2010/11 ubwo yakurwagamo na Inter Milan muri 1/8.

Undi mukino wa 1/8 wabaye kuri uyu wa Gatatu, FC Barcelone yasezereye Olympique Lyonnais iyitsinze ibitego 5-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Espagne. Amakipe yombi yari yanganyije ubusa ku busa mu mukino ubanza.

Lionel Messi yatsinze ibitego biri muri uyu mukino harimo kimwe cya penaliti itavugwaho rumwe ubwo Luis Suárez yagushwaga mu rubuga rw’amahina mu gice cya mbere. Philippe Coutinho yatsinze igitego cya kabiri mbere y’uko Lucas Tousart atsindira Lyon.

Gerard Piqué na Ousmane Dembele nabo batsinze ibindi bitego ku ruhande rwa Barcelone yari mu rugo, ishimangira umwanya wayo muri ¼.

Amakipe umunani yose azakina ¼ cya UEFA Champions League yamaze kumenyekana, aho arimo ane yo mu Bwongereza, ibi byaherukaga kuba mu 2009. Tombola ya ¼ iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa Saba z’amanywa i Nyon mu Busuwisi.

Amakipe azakina ¼ ni Ajax yo mu Buholandi, Barcelone yo muri Espagne, Juventus yo mu Butaliyani, Liverpool, Manchester City, Manchester United na Tottenham Hotspur zo mu Bwongereza na FC Porto yo muri Portugal.

Joel Matip ntabwo yiyumvishaga uburyo yitsinze

Joel Matip yitsinze igitego cyo kwishyura ubwo yari ahagararanye na Lewandowski

Bayern Munich bishimira igitego cyo kwishyura babonye

Lewandowski yahushije uburyo bwinshi burimo aha abenshi baketse ko yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina

Abakinnyi ba Liverpool bishimira igitego

Byari ibyishimo bikomeye kuri uyu myugariro wari wizeye ko bashobora gukomeza kugeza ku munota wa 70

Sadio Mané yatsinze igitego cya gatatu n’umutwe

Sadio Mané yafashije Liverpool gusezerera Bayern Munich yari imbere y’abafana bayo

Sadio Mané yatsinze igitego cya mbere mu izamu ryambaye ubusa

Umunyezamu wa Bayern Munich Manuel Neuer yakoze ikosa ryavuyemo igitego cya mbere

Virgil atsinda igitego cya kabiri cya Liverpool

Abakinnyi ba FC Barcelone bishimira intsinzi ubwo banyagiraga Lyon

Lyon ntiyabashije kubyaza umusaruro uburyo buke yabonye mu mukino

Messi na Coutinho batsindiye Barcelone ibitego bibiri bya mbere
Src : IGIHE

2019-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rukomeje kwitwara neza mu irushanwa rya cricket hashakwa itike yo gukina igikombe cy’Isi rizwi na ICC Men’s T20 World Cup Sub-Regional Africa Qualifiers

U Rwanda rukomeje kwitwara neza mu irushanwa rya cricket hashakwa itike yo gukina igikombe cy’Isi rizwi na ICC Men’s T20 World Cup Sub-Regional Africa Qualifiers

Ubwanditsi 19 Nov 2022
Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Ubwanditsi 11 Jun 2022
Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.
Amakuru

Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara indirimbo nshya yise “Mama” ivuga ubutwari ndetse no kwigomwa kw’ababyeyi ngo abana babeho neza.

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC
IMIKINO

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano
Amakuru

Nyagatare: Abaturage basabwe kugira uruhare mu kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 05 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru