• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 cya UEFA Champions League yaraye ishyizweho akadomo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, aho amakipe ya Liverpool na FC Barcelone ariyo yaherutse andi mu kubona itike iyerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza ayabaye aya mbere iwayo.

Bayern Munich yari yakiriye Liverpool mu mukino wari utegerejwe n’abatari bake dore ko mu mukino ubanza aya makipe yombi yanganyije ubusa ku busa. Mu minota ya mbere, nta buryo bwinshi bugana mu izamu bwabonetse kuko bakinaga basa n’abigana.

Thiago Alcântara yagerageje uburyo bwa mbere bw’ishoti ryabonetse mu mukino ku ruhande rwa Bayern Munich, umupira uca hirya gato y’izamu mbere y’uko Robert Lewandowski ahusha ubundi buryo bwiza ku mupira yahawe mu rubuga rw’amahina akananirwa kuwugeraho n’ubwo abenshi bikanze ko hari myugariro wa Liverpool wamusunitse.

Liverpool yakiniraga hanze, yakoze impinduka za mbere mu mukino hakiri kare ubwo kapiteni wayo Jordan Henderson yagiraga imvune, agasimburwa na Fabinho ku munota wa 12 gusa w’umukino.

Iyi kipe yo mu Bwongereza yakinaga neza muri iyi minota, yafunguye amazamu ku munota wa 26 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Sadio Mané wacenze umunyezamu Manuel Neuer wasohotse nyamara hari ba myugariro babiri be bari hafi ku mupira, asiga izamu ryambaye ubusa, maze uyu rutahizamu ukomoka muri Senegal, yohereza umupira mu rushundura.

Lewandowski yongeye kugerageza ishoti rigana mu izamu rya Liverpool, umupira ufatwa neza n’umunyezamu Alisson Becker mbere y’uko Liverpool yongera kubotsa igitutu ishaka igitego cya kabiri, ariko ishoti rikomeye ryatewe na Andrew Robertson rishyirwa muri koruneri n’umunyezamu Neuer.

Habura iminota irindwi ngo igice cya mbere kirangire, Bayern Munich yabonye igitego cyo kwishyura ubwo Serge Gnabry yahinduraga umupira ukomeye uturutse mu ruhande rw’iburyo ugana mu rubuga rw’amahina, myugariro wa Liverpool Joel Matip wari uhagararanye na Lewandowski, ashatse gukiza izamu, aritsinda.

Bayern Munich babonye kandi ubundi buryo bw’umupira w’umuterekano ku ikosa ryakozwe na Fabinho wakiniye nabi James Rodriguez agahabwa ikarita y’umuhondo, iri ryahanwe na David Alaba, umupira ufatwa neza na Alisson. Mbere y’uko bajya kuruhuka, Lewandowski yongeye guhabwa umupira mwiza ntiyabasha kuwugeraho n’ubwo yasaga n’uwaraririye.

Liverpool yakinnye neza mu gice cya kabiri, aho yabonye uburyo burimo ishoti ryatewe na Mohamed Salah, umupira ujya hanze mbere y’uko Virgil van Dijk atsindira igitego cya kabiri ku munota wa 69, ku mupira yatsindishije umutwe uvuye muri koruneri yatewe na James Milner.

Bayern Munich yasabwaga gutsinda uyu mukino, inzozi zayo zo kuba yakwishyura igitego cya kabiri yatsinzwe, zashyizweho akadomo ku munota wa 84 ubwo Mohamed Salah yateraga umupira mwiza ugana mu izamu, usanga Sadio Mané washyizeho umutwe, atsinda igitego cya gatatu cyashimangiye gukomeza muri ¼ kwa Liverpool ku ntsinzi y’ibitego 3-1.

Sadio Mané yabaye umukinnyi wa mbere utsindiye Liverpool ibitego byinshi byo hanze muri iyi mikino y’i Burayi (7) mu gihe Bayern Munich ari ubwa mbere inaniwe kugera muri ¼ cya UEFA Champions League guhera mu mwaka w’imikino 2010/11 ubwo yakurwagamo na Inter Milan muri 1/8.

Undi mukino wa 1/8 wabaye kuri uyu wa Gatatu, FC Barcelone yasezereye Olympique Lyonnais iyitsinze ibitego 5-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Espagne. Amakipe yombi yari yanganyije ubusa ku busa mu mukino ubanza.

Lionel Messi yatsinze ibitego biri muri uyu mukino harimo kimwe cya penaliti itavugwaho rumwe ubwo Luis Suárez yagushwaga mu rubuga rw’amahina mu gice cya mbere. Philippe Coutinho yatsinze igitego cya kabiri mbere y’uko Lucas Tousart atsindira Lyon.

Gerard Piqué na Ousmane Dembele nabo batsinze ibindi bitego ku ruhande rwa Barcelone yari mu rugo, ishimangira umwanya wayo muri ¼.

Amakipe umunani yose azakina ¼ cya UEFA Champions League yamaze kumenyekana, aho arimo ane yo mu Bwongereza, ibi byaherukaga kuba mu 2009. Tombola ya ¼ iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa Saba z’amanywa i Nyon mu Busuwisi.

Amakipe azakina ¼ ni Ajax yo mu Buholandi, Barcelone yo muri Espagne, Juventus yo mu Butaliyani, Liverpool, Manchester City, Manchester United na Tottenham Hotspur zo mu Bwongereza na FC Porto yo muri Portugal.

Joel Matip ntabwo yiyumvishaga uburyo yitsinze

Joel Matip yitsinze igitego cyo kwishyura ubwo yari ahagararanye na Lewandowski

Bayern Munich bishimira igitego cyo kwishyura babonye

Lewandowski yahushije uburyo bwinshi burimo aha abenshi baketse ko yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina

Abakinnyi ba Liverpool bishimira igitego

Byari ibyishimo bikomeye kuri uyu myugariro wari wizeye ko bashobora gukomeza kugeza ku munota wa 70

Sadio Mané yatsinze igitego cya gatatu n’umutwe

Sadio Mané yafashije Liverpool gusezerera Bayern Munich yari imbere y’abafana bayo

Sadio Mané yatsinze igitego cya mbere mu izamu ryambaye ubusa

Umunyezamu wa Bayern Munich Manuel Neuer yakoze ikosa ryavuyemo igitego cya mbere

Virgil atsinda igitego cya kabiri cya Liverpool

Abakinnyi ba FC Barcelone bishimira intsinzi ubwo banyagiraga Lyon

Lyon ntiyabashije kubyaza umusaruro uburyo buke yabonye mu mukino

Messi na Coutinho batsindiye Barcelone ibitego bibiri bya mbere
Src : IGIHE

2019-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nizigiyimana Abdul Karim bita Makenzi  yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC yigeze gukinira

Nizigiyimana Abdul Karim bita Makenzi yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC yigeze gukinira

Ubwanditsi 12 Sep 2023
Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Mugisha Samuel wegukanye Tour du Rwanda yerekeje muri Tour de France U-23

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Zigo Remix indirimbo yaciwe gucurangwa ku manywa muri Tanzaniya

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu
POLITIKI

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura
Mu Mahanga

Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Ubwanditsi 22 May 2018
Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Mahanga

Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru