• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 cya UEFA Champions League yaraye ishyizweho akadomo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, aho amakipe ya Liverpool na FC Barcelone ariyo yaherutse andi mu kubona itike iyerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza ayabaye aya mbere iwayo.

Bayern Munich yari yakiriye Liverpool mu mukino wari utegerejwe n’abatari bake dore ko mu mukino ubanza aya makipe yombi yanganyije ubusa ku busa. Mu minota ya mbere, nta buryo bwinshi bugana mu izamu bwabonetse kuko bakinaga basa n’abigana.

Thiago Alcântara yagerageje uburyo bwa mbere bw’ishoti ryabonetse mu mukino ku ruhande rwa Bayern Munich, umupira uca hirya gato y’izamu mbere y’uko Robert Lewandowski ahusha ubundi buryo bwiza ku mupira yahawe mu rubuga rw’amahina akananirwa kuwugeraho n’ubwo abenshi bikanze ko hari myugariro wa Liverpool wamusunitse.

Liverpool yakiniraga hanze, yakoze impinduka za mbere mu mukino hakiri kare ubwo kapiteni wayo Jordan Henderson yagiraga imvune, agasimburwa na Fabinho ku munota wa 12 gusa w’umukino.

Iyi kipe yo mu Bwongereza yakinaga neza muri iyi minota, yafunguye amazamu ku munota wa 26 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Sadio Mané wacenze umunyezamu Manuel Neuer wasohotse nyamara hari ba myugariro babiri be bari hafi ku mupira, asiga izamu ryambaye ubusa, maze uyu rutahizamu ukomoka muri Senegal, yohereza umupira mu rushundura.

Lewandowski yongeye kugerageza ishoti rigana mu izamu rya Liverpool, umupira ufatwa neza n’umunyezamu Alisson Becker mbere y’uko Liverpool yongera kubotsa igitutu ishaka igitego cya kabiri, ariko ishoti rikomeye ryatewe na Andrew Robertson rishyirwa muri koruneri n’umunyezamu Neuer.

Habura iminota irindwi ngo igice cya mbere kirangire, Bayern Munich yabonye igitego cyo kwishyura ubwo Serge Gnabry yahinduraga umupira ukomeye uturutse mu ruhande rw’iburyo ugana mu rubuga rw’amahina, myugariro wa Liverpool Joel Matip wari uhagararanye na Lewandowski, ashatse gukiza izamu, aritsinda.

Bayern Munich babonye kandi ubundi buryo bw’umupira w’umuterekano ku ikosa ryakozwe na Fabinho wakiniye nabi James Rodriguez agahabwa ikarita y’umuhondo, iri ryahanwe na David Alaba, umupira ufatwa neza na Alisson. Mbere y’uko bajya kuruhuka, Lewandowski yongeye guhabwa umupira mwiza ntiyabasha kuwugeraho n’ubwo yasaga n’uwaraririye.

Liverpool yakinnye neza mu gice cya kabiri, aho yabonye uburyo burimo ishoti ryatewe na Mohamed Salah, umupira ujya hanze mbere y’uko Virgil van Dijk atsindira igitego cya kabiri ku munota wa 69, ku mupira yatsindishije umutwe uvuye muri koruneri yatewe na James Milner.

Bayern Munich yasabwaga gutsinda uyu mukino, inzozi zayo zo kuba yakwishyura igitego cya kabiri yatsinzwe, zashyizweho akadomo ku munota wa 84 ubwo Mohamed Salah yateraga umupira mwiza ugana mu izamu, usanga Sadio Mané washyizeho umutwe, atsinda igitego cya gatatu cyashimangiye gukomeza muri ¼ kwa Liverpool ku ntsinzi y’ibitego 3-1.

Sadio Mané yabaye umukinnyi wa mbere utsindiye Liverpool ibitego byinshi byo hanze muri iyi mikino y’i Burayi (7) mu gihe Bayern Munich ari ubwa mbere inaniwe kugera muri ¼ cya UEFA Champions League guhera mu mwaka w’imikino 2010/11 ubwo yakurwagamo na Inter Milan muri 1/8.

Undi mukino wa 1/8 wabaye kuri uyu wa Gatatu, FC Barcelone yasezereye Olympique Lyonnais iyitsinze ibitego 5-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Espagne. Amakipe yombi yari yanganyije ubusa ku busa mu mukino ubanza.

Lionel Messi yatsinze ibitego biri muri uyu mukino harimo kimwe cya penaliti itavugwaho rumwe ubwo Luis Suárez yagushwaga mu rubuga rw’amahina mu gice cya mbere. Philippe Coutinho yatsinze igitego cya kabiri mbere y’uko Lucas Tousart atsindira Lyon.

Gerard Piqué na Ousmane Dembele nabo batsinze ibindi bitego ku ruhande rwa Barcelone yari mu rugo, ishimangira umwanya wayo muri ¼.

Amakipe umunani yose azakina ¼ cya UEFA Champions League yamaze kumenyekana, aho arimo ane yo mu Bwongereza, ibi byaherukaga kuba mu 2009. Tombola ya ¼ iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa Saba z’amanywa i Nyon mu Busuwisi.

Amakipe azakina ¼ ni Ajax yo mu Buholandi, Barcelone yo muri Espagne, Juventus yo mu Butaliyani, Liverpool, Manchester City, Manchester United na Tottenham Hotspur zo mu Bwongereza na FC Porto yo muri Portugal.

Joel Matip ntabwo yiyumvishaga uburyo yitsinze

Joel Matip yitsinze igitego cyo kwishyura ubwo yari ahagararanye na Lewandowski

Bayern Munich bishimira igitego cyo kwishyura babonye

Lewandowski yahushije uburyo bwinshi burimo aha abenshi baketse ko yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina

Abakinnyi ba Liverpool bishimira igitego

Byari ibyishimo bikomeye kuri uyu myugariro wari wizeye ko bashobora gukomeza kugeza ku munota wa 70

Sadio Mané yatsinze igitego cya gatatu n’umutwe

Sadio Mané yafashije Liverpool gusezerera Bayern Munich yari imbere y’abafana bayo

Sadio Mané yatsinze igitego cya mbere mu izamu ryambaye ubusa

Umunyezamu wa Bayern Munich Manuel Neuer yakoze ikosa ryavuyemo igitego cya mbere

Virgil atsinda igitego cya kabiri cya Liverpool

Abakinnyi ba FC Barcelone bishimira intsinzi ubwo banyagiraga Lyon

Lyon ntiyabashije kubyaza umusaruro uburyo buke yabonye mu mukino

Messi na Coutinho batsindiye Barcelone ibitego bibiri bya mbere
Src : IGIHE

2019-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 22 Feb 2022
Arsenal yirukanye Unai Emery

Arsenal yirukanye Unai Emery

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien

Ubwanditsi 06 Oct 2023
Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Ubwanditsi 14 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo
Amakuru

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024
Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal
Amakuru

Nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itsindiye Rutsiro FC, umutoza wayo wungirije Pedro Miguel yasubiye mu gihugu cya Portugal

Ubwanditsi 18 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru