• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019 IMIKINO

Imikino ya 1/8 cya UEFA Champions League yaraye ishyizweho akadomo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, aho amakipe ya Liverpool na FC Barcelone ariyo yaherutse andi mu kubona itike iyerekeza muri ¼ cy’iri rushanwa rihuza ayabaye aya mbere iwayo.

Bayern Munich yari yakiriye Liverpool mu mukino wari utegerejwe n’abatari bake dore ko mu mukino ubanza aya makipe yombi yanganyije ubusa ku busa. Mu minota ya mbere, nta buryo bwinshi bugana mu izamu bwabonetse kuko bakinaga basa n’abigana.

Thiago Alcântara yagerageje uburyo bwa mbere bw’ishoti ryabonetse mu mukino ku ruhande rwa Bayern Munich, umupira uca hirya gato y’izamu mbere y’uko Robert Lewandowski ahusha ubundi buryo bwiza ku mupira yahawe mu rubuga rw’amahina akananirwa kuwugeraho n’ubwo abenshi bikanze ko hari myugariro wa Liverpool wamusunitse.

Liverpool yakiniraga hanze, yakoze impinduka za mbere mu mukino hakiri kare ubwo kapiteni wayo Jordan Henderson yagiraga imvune, agasimburwa na Fabinho ku munota wa 12 gusa w’umukino.

Iyi kipe yo mu Bwongereza yakinaga neza muri iyi minota, yafunguye amazamu ku munota wa 26 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Sadio Mané wacenze umunyezamu Manuel Neuer wasohotse nyamara hari ba myugariro babiri be bari hafi ku mupira, asiga izamu ryambaye ubusa, maze uyu rutahizamu ukomoka muri Senegal, yohereza umupira mu rushundura.

Lewandowski yongeye kugerageza ishoti rigana mu izamu rya Liverpool, umupira ufatwa neza n’umunyezamu Alisson Becker mbere y’uko Liverpool yongera kubotsa igitutu ishaka igitego cya kabiri, ariko ishoti rikomeye ryatewe na Andrew Robertson rishyirwa muri koruneri n’umunyezamu Neuer.

Habura iminota irindwi ngo igice cya mbere kirangire, Bayern Munich yabonye igitego cyo kwishyura ubwo Serge Gnabry yahinduraga umupira ukomeye uturutse mu ruhande rw’iburyo ugana mu rubuga rw’amahina, myugariro wa Liverpool Joel Matip wari uhagararanye na Lewandowski, ashatse gukiza izamu, aritsinda.

Bayern Munich babonye kandi ubundi buryo bw’umupira w’umuterekano ku ikosa ryakozwe na Fabinho wakiniye nabi James Rodriguez agahabwa ikarita y’umuhondo, iri ryahanwe na David Alaba, umupira ufatwa neza na Alisson. Mbere y’uko bajya kuruhuka, Lewandowski yongeye guhabwa umupira mwiza ntiyabasha kuwugeraho n’ubwo yasaga n’uwaraririye.

Liverpool yakinnye neza mu gice cya kabiri, aho yabonye uburyo burimo ishoti ryatewe na Mohamed Salah, umupira ujya hanze mbere y’uko Virgil van Dijk atsindira igitego cya kabiri ku munota wa 69, ku mupira yatsindishije umutwe uvuye muri koruneri yatewe na James Milner.

Bayern Munich yasabwaga gutsinda uyu mukino, inzozi zayo zo kuba yakwishyura igitego cya kabiri yatsinzwe, zashyizweho akadomo ku munota wa 84 ubwo Mohamed Salah yateraga umupira mwiza ugana mu izamu, usanga Sadio Mané washyizeho umutwe, atsinda igitego cya gatatu cyashimangiye gukomeza muri ¼ kwa Liverpool ku ntsinzi y’ibitego 3-1.

Sadio Mané yabaye umukinnyi wa mbere utsindiye Liverpool ibitego byinshi byo hanze muri iyi mikino y’i Burayi (7) mu gihe Bayern Munich ari ubwa mbere inaniwe kugera muri ¼ cya UEFA Champions League guhera mu mwaka w’imikino 2010/11 ubwo yakurwagamo na Inter Milan muri 1/8.

Undi mukino wa 1/8 wabaye kuri uyu wa Gatatu, FC Barcelone yasezereye Olympique Lyonnais iyitsinze ibitego 5-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Espagne. Amakipe yombi yari yanganyije ubusa ku busa mu mukino ubanza.

Lionel Messi yatsinze ibitego biri muri uyu mukino harimo kimwe cya penaliti itavugwaho rumwe ubwo Luis Suárez yagushwaga mu rubuga rw’amahina mu gice cya mbere. Philippe Coutinho yatsinze igitego cya kabiri mbere y’uko Lucas Tousart atsindira Lyon.

Gerard Piqué na Ousmane Dembele nabo batsinze ibindi bitego ku ruhande rwa Barcelone yari mu rugo, ishimangira umwanya wayo muri ¼.

Amakipe umunani yose azakina ¼ cya UEFA Champions League yamaze kumenyekana, aho arimo ane yo mu Bwongereza, ibi byaherukaga kuba mu 2009. Tombola ya ¼ iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa Saba z’amanywa i Nyon mu Busuwisi.

Amakipe azakina ¼ ni Ajax yo mu Buholandi, Barcelone yo muri Espagne, Juventus yo mu Butaliyani, Liverpool, Manchester City, Manchester United na Tottenham Hotspur zo mu Bwongereza na FC Porto yo muri Portugal.

Joel Matip ntabwo yiyumvishaga uburyo yitsinze

Joel Matip yitsinze igitego cyo kwishyura ubwo yari ahagararanye na Lewandowski

Bayern Munich bishimira igitego cyo kwishyura babonye

Lewandowski yahushije uburyo bwinshi burimo aha abenshi baketse ko yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina

Abakinnyi ba Liverpool bishimira igitego

Byari ibyishimo bikomeye kuri uyu myugariro wari wizeye ko bashobora gukomeza kugeza ku munota wa 70

Sadio Mané yatsinze igitego cya gatatu n’umutwe

Sadio Mané yafashije Liverpool gusezerera Bayern Munich yari imbere y’abafana bayo

Sadio Mané yatsinze igitego cya mbere mu izamu ryambaye ubusa

Umunyezamu wa Bayern Munich Manuel Neuer yakoze ikosa ryavuyemo igitego cya mbere

Virgil atsinda igitego cya kabiri cya Liverpool

Abakinnyi ba FC Barcelone bishimira intsinzi ubwo banyagiraga Lyon

Lyon ntiyabashije kubyaza umusaruro uburyo buke yabonye mu mukino

Messi na Coutinho batsindiye Barcelone ibitego bibiri bya mbere
Src : IGIHE

2019-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025
APR FC yujuje umubare w’amakipe 8 azakina ikimino ya 1/4 cy’Imikino y’igikombe cy’Amahoro, iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusezerera Amagaju

APR FC yujuje umubare w’amakipe 8 azakina ikimino ya 1/4 cy’Imikino y’igikombe cy’Amahoro, iyi kipe ibigezeho nyuma yo gusezerera Amagaju

Ubwanditsi 22 Apr 2022
Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 27 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza kwibuka Jenoside ku nshuro ya 24
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza kwibuka Jenoside ku nshuro ya 24

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN
Amakuru

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru