• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018 IMIKINO

APR FC ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF Confederation Cup, yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru yerekeza i Bamako muri Mali aho igomba gucakirana na Djoliba AC iheruka mu kibuga umwaka ushize ndetse yashegeshwe bikomeye n’ihagarikwa rya shampiyona.

Djoliba AC yo muri Mali yakomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup idakinnye kuko ELWA United yo muri Liberia zagombaga guhura yikuye mu irushanwa, igomba kwakira APR FC yasezereye Anse Réunion FC yo mu Birwa bya Seychelles iyinyagiye ibitego 6-1 mu mikino yombi.

Mu gihe APR FC imaze iminsi ikina imikino itandukanye yaba iya shampiyona n’imikino Nyafurika, Djoliba AC iheruka gukina umukino wo mu irushanwa iryo ariryo ryose tariki 1 Ukwakira 2017 mbere y’uko shampiyona y’iwayo ihagarikwa bitewe na leta yivanze mu miyoborere y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru.

Ihagarikwa rya shampiyona ryashegeshe bikomeye amakipe yo muri iki gihugu, amwe arekura abakinnyi bigira mu biruhuko. Nk’uko tubikesha ikinyamakuru, footmali, ikipe ya Djoliba AC yo yagerageje gushaka imikino ya gicuti itandukanye kugira ngo abakinnyi bayo badasubira hasi cyane bakava mu mwuka wo guhatana.

Mu mikino 10 yakinnye yitegura, yatsinze umunani AS Stars de Sangladesh yatsinze 2-0, CSK yanyagiye 3-0, ikaba yaranganyije indi itatu irimo uwa AS Onze Créateurs warangiye ari 0-0, A.S. Réal de Bamako warangiye ari 1-1 na Stade Malien zanganyije 1-1 ariko umukino ntiwarangira.

Amateka ya Djoliba AC

Iyi kipe yashinzwe mu 1960, ni imwe mu zikomeye kurusha izindi muri Mali ikaba ifite ibibuga bitatu byayo birimo icyo yakiriraho imikino Stade 26 Mars, Bamako yakira abafana ibihumbi 55 n’ibindi by’imyitozo bibumbiye mu kitwa ‘Complex Sportif Hérémakono’.

Yegukanye ibikombe bitandukanye birimo ibya shampiyona 22 icya nyuma ikaba igiheruka mu 2012, ibikombe by’igihugu 19 aho igiheruka yagitwaye mu 2009, ibikombe birindwi biruta ibindi, icya nyuma ikaba yaragitwaye mu 2013.

Ni ikipe ikomeye inafite amateka mu marushanwa yo ku mugabane wa Afurika kuko imaze gukina imikino 76 mu marushanwa ya CAF Champions League itsinda 28, inganya 20 itsindwa 24. Muri CAF Confederation Cup ari naho izahurira na APR FC, imaze gukina imikino 32 yatsinzemo 12, inganya umunani, itsindwa 12.

Yagiye igera mu byiciro bya kure muri aya marushanwa nka ¼ na ½ inshuro zitandukanye ndetse igera ku mukino wa nyuma ya CAF Confederation Cup mu 2012 ihatsindirwa na AC Léopards ibitego 4-3 mu mikino yombi.

Umukino uzahuza APR FC n’iyi kipe uteganyijwe tariki 7 Werurwe i Bamako muri Mali mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali nyuma y’iminsi 10, tariki 17 Werurwe 2018.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021
Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V

RUSHYASHYA 29 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City
UBUKUNGU

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha
ITOHOZA

Ghana yakiriye Dr Casimir Bizimungu na Sylvain Nsabimana barekuwe n’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Evode Imena yagizwe umwere
Mu Rwanda

Evode Imena yagizwe umwere

Ubwanditsi 07 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru