• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018 IMIKINO

APR FC ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya CAF Confederation Cup, yahagurutse i Kigali mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru yerekeza i Bamako muri Mali aho igomba gucakirana na Djoliba AC iheruka mu kibuga umwaka ushize ndetse yashegeshwe bikomeye n’ihagarikwa rya shampiyona.

Djoliba AC yo muri Mali yakomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup idakinnye kuko ELWA United yo muri Liberia zagombaga guhura yikuye mu irushanwa, igomba kwakira APR FC yasezereye Anse Réunion FC yo mu Birwa bya Seychelles iyinyagiye ibitego 6-1 mu mikino yombi.

Mu gihe APR FC imaze iminsi ikina imikino itandukanye yaba iya shampiyona n’imikino Nyafurika, Djoliba AC iheruka gukina umukino wo mu irushanwa iryo ariryo ryose tariki 1 Ukwakira 2017 mbere y’uko shampiyona y’iwayo ihagarikwa bitewe na leta yivanze mu miyoborere y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru.

Ihagarikwa rya shampiyona ryashegeshe bikomeye amakipe yo muri iki gihugu, amwe arekura abakinnyi bigira mu biruhuko. Nk’uko tubikesha ikinyamakuru, footmali, ikipe ya Djoliba AC yo yagerageje gushaka imikino ya gicuti itandukanye kugira ngo abakinnyi bayo badasubira hasi cyane bakava mu mwuka wo guhatana.

Mu mikino 10 yakinnye yitegura, yatsinze umunani AS Stars de Sangladesh yatsinze 2-0, CSK yanyagiye 3-0, ikaba yaranganyije indi itatu irimo uwa AS Onze Créateurs warangiye ari 0-0, A.S. Réal de Bamako warangiye ari 1-1 na Stade Malien zanganyije 1-1 ariko umukino ntiwarangira.

Amateka ya Djoliba AC

Iyi kipe yashinzwe mu 1960, ni imwe mu zikomeye kurusha izindi muri Mali ikaba ifite ibibuga bitatu byayo birimo icyo yakiriraho imikino Stade 26 Mars, Bamako yakira abafana ibihumbi 55 n’ibindi by’imyitozo bibumbiye mu kitwa ‘Complex Sportif Hérémakono’.

Yegukanye ibikombe bitandukanye birimo ibya shampiyona 22 icya nyuma ikaba igiheruka mu 2012, ibikombe by’igihugu 19 aho igiheruka yagitwaye mu 2009, ibikombe birindwi biruta ibindi, icya nyuma ikaba yaragitwaye mu 2013.

Ni ikipe ikomeye inafite amateka mu marushanwa yo ku mugabane wa Afurika kuko imaze gukina imikino 76 mu marushanwa ya CAF Champions League itsinda 28, inganya 20 itsindwa 24. Muri CAF Confederation Cup ari naho izahurira na APR FC, imaze gukina imikino 32 yatsinzemo 12, inganya umunani, itsindwa 12.

Yagiye igera mu byiciro bya kure muri aya marushanwa nka ¼ na ½ inshuro zitandukanye ndetse igera ku mukino wa nyuma ya CAF Confederation Cup mu 2012 ihatsindirwa na AC Léopards ibitego 4-3 mu mikino yombi.

Umukino uzahuza APR FC n’iyi kipe uteganyijwe tariki 7 Werurwe i Bamako muri Mali mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali nyuma y’iminsi 10, tariki 17 Werurwe 2018.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Ubwanditsi 03 Sep 2025
Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Police FC yegukanye “Inkera y’Abahizi” yitabiriwe na AS Kigali, Azam FC na APR FC yateguye iri rushanwa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

U Rwanda nubwo nta kipe y’abagore izwi rugira gusa ruzitabira imikino ya CECAFA

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Rayon Sports izatangira shampiyona icakirana na Etincelles, APR FC yakire Amagaju

Rayon Sports izatangira shampiyona icakirana na Etincelles, APR FC yakire Amagaju

Ubwanditsi 05 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA
Amakuru

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25
Amakuru

Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Perezida Kagame  yageze i Kinshasa aho  yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi
POLITIKI

Perezida Kagame yageze i Kinshasa aho yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Ubwanditsi 31 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru