• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Ubwanditsi 13 May 2017 Mu Rwanda

Nzabakiriraho Félicien ntiyiyumvisha uko ategekwa kugurisha isambu ye ngo yishyurire umwana we wafatiwe mu cyuho yiba iduka yarariraga.

Ubuyobozi bw’umudugudu ngo bwamwemeje ku ngufu ko isambu ye ayigurisha ngo yishyure amafaranga ibihumbi 200 Ndahayo Samuel yibye mu bihe bitandukanye.

Nzibaza, umucuruzi wo muri ako gace, mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Kiramuruzi, ni we watanze amafaranga yagombaga kwishyurwa, atayasubizwa ejo akegukana iyo sambu.

Nzabakiriho avuga ko abayobozi b’imidugudu ya Nyagasambu na Karaba n’abashinzwe umutekano, bamukinguje mu ma saa kumi z’igitondo bamuzaniye umwana we bamugize intere.

“Bamunzaniye ngo yibye, bakaba bamuhondaguye bamugize intere, baraza bafata ubutaka bwanjye barabugurisha, n’igare ry’uwo mwana baba bararijyanye.”

Nzabakiriho akomeza agira ati “Nzibaza arambwira ngo angurize amafaranga ibihumbi 150 hanyuma nkazayamuha ejo nkamwungukira ibihumbi 20, bafata na rya gare rya wa mwana na ryo bararifite, na telefone ye bayimwambuye barayifite.”

Uyu mugabo avuga ko nta bushobozi afite bwo kwishyura ayo mafaranga yatanzwe na Nzibaza, akavuga ko yibaza uko azatunga umuryango Nzibaza namara gutwara iyo sambu bikamushobera.

Ati “Ubundi uwo mwana niba yibye bakagombye kumujyana mu butabera aho kuntwarira isambu, ariko ntaho bamujyanye babirangirije hano mu mudugudu, iyo sambu ubu iri mu maboko ya Nzibaza ngo ejo nzamwishyura ibihumbi 170, nintayabona ngo isambu azaba ayegukanye.”

Ndahayo Samuel ngo yemera ko yibye ndetse ko atari bwo bwa mbere yari yibye iri duka yarariraga, iri joro akaba yafashwe yibye amafaranga ise umubyara avuga ko ari 3500 ariko umuyobozi w’umudugudu wa Nyagasambu akavuga ko ari 3750.

Mugabo Théoneste uyobora umudugudu wa Nyagasambu avuga ko muri iryo duka bahasanze umwobo Samuel yari yaracukuye mu rukuta, agafata inkoni iziritseho ka rukuruzi yohereza mu cyumba kirimo amafaranga agakurura ibiceri.

Avuga ko bene iduka barishinze ku nguzanyo ya banki, bityo isambu ya se w’uwafashwe yiba ikaba igomba kugurishwa ngo hishyurwe ibyibwe, cyane ko uwo musore w’imyaka 18 yemera ko atari bwo bwa mbere yari yibye iri duka ndetse na se akaba ngo yemeye kwishyurira umwana we nta gahato.

Mu gihe Mugabo avuga ko Nzabakiriraho yemeye gutanga isambu ye atabihatiwe, uyu musaza yahamirije Izubarirashe.rw ko nta kuntu yagurisha isambu atagira indi, avuga ko yabihatiwe n’abayobozi b’imidugudu n’abashinzwe umutekano muri iyo midugudu ya Nyagasambu na Kiraba, ndetse ko yabyemeye ubwo bamwukaga inabi bashaka no kumukubita, akavuga ko isambu ye itanakwiye amafaranga ibihumbi 200 bayigeneye.

Nyuma yo kumva ibivugwa n’impande zombi, twavuganye n’umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu, Manzi Théogene, asa n’uguye mu kantu, ati “ibyo ntibishoboka!”

Manzi avuga ko ubuyobozi bw’akarere budashobora gushyigikira ko ikibazo gikemurwa mu buryo butanyuze mu mategeko, ati “Ibyo ntabwo bikwiriye, umuyobozi w’umudugudu ashobora kwibeshya agatandukira atyo ariko ntabwo bishoboka ko byakorwa gutyo.”

Yasabye umunyamakuru kumuha agahe gato ngo abanze abaze amakuru neza, mu kanya agaruka agira ati “Ibyo wavugaga ni byo ariko turabihagarika, biriya ntibyemewe, n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge turavuganye, uwo muturage agomba gusubizwa isambu ye.”

Muri uyu mudugudu wa Nyagasambu, bivugwa ko mu bihe byashize hari indi sambu yagurishijwe muri ubu buryo ngo hishyurwe ibyibwe, uwayiguze aza kwihombere nyuma y’aho ubuyobozi bwo hejuru bubimenyeye bugatesha agaciro ubwo bugure.

2017-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Tina
    May 1, 20186:51 am -

    Kwandika ubusa. com! Nsomye imirongo mike ya mbere mbura icyo nkuramo mpita ndekera…uyu ni umunyamakuru cyangwa????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.
INKURU NYAMUKURU

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Burundi:  Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye
Mu Mahanga

Burundi: Ibikorwa bya  Kinyamanswa bikorwa n’” Imbonerakure “ mugihe Nkurunziza azigereranya n’Imana ye

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Rutana-Burundi: kudatanga umusanzu w’amatora bigiye kujya bihanirwa
INKURU NYAMUKURU

Rutana-Burundi: kudatanga umusanzu w’amatora bigiye kujya bihanirwa

Ubwanditsi 07 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru