• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Ubwanditsi 13 May 2017 Mu Rwanda

Nzabakiriraho Félicien ntiyiyumvisha uko ategekwa kugurisha isambu ye ngo yishyurire umwana we wafatiwe mu cyuho yiba iduka yarariraga.

Ubuyobozi bw’umudugudu ngo bwamwemeje ku ngufu ko isambu ye ayigurisha ngo yishyure amafaranga ibihumbi 200 Ndahayo Samuel yibye mu bihe bitandukanye.

Nzibaza, umucuruzi wo muri ako gace, mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Kiramuruzi, ni we watanze amafaranga yagombaga kwishyurwa, atayasubizwa ejo akegukana iyo sambu.

Nzabakiriho avuga ko abayobozi b’imidugudu ya Nyagasambu na Karaba n’abashinzwe umutekano, bamukinguje mu ma saa kumi z’igitondo bamuzaniye umwana we bamugize intere.

“Bamunzaniye ngo yibye, bakaba bamuhondaguye bamugize intere, baraza bafata ubutaka bwanjye barabugurisha, n’igare ry’uwo mwana baba bararijyanye.”

Nzabakiriho akomeza agira ati “Nzibaza arambwira ngo angurize amafaranga ibihumbi 150 hanyuma nkazayamuha ejo nkamwungukira ibihumbi 20, bafata na rya gare rya wa mwana na ryo bararifite, na telefone ye bayimwambuye barayifite.”

Uyu mugabo avuga ko nta bushobozi afite bwo kwishyura ayo mafaranga yatanzwe na Nzibaza, akavuga ko yibaza uko azatunga umuryango Nzibaza namara gutwara iyo sambu bikamushobera.

Ati “Ubundi uwo mwana niba yibye bakagombye kumujyana mu butabera aho kuntwarira isambu, ariko ntaho bamujyanye babirangirije hano mu mudugudu, iyo sambu ubu iri mu maboko ya Nzibaza ngo ejo nzamwishyura ibihumbi 170, nintayabona ngo isambu azaba ayegukanye.”

Ndahayo Samuel ngo yemera ko yibye ndetse ko atari bwo bwa mbere yari yibye iri duka yarariraga, iri joro akaba yafashwe yibye amafaranga ise umubyara avuga ko ari 3500 ariko umuyobozi w’umudugudu wa Nyagasambu akavuga ko ari 3750.

Mugabo Théoneste uyobora umudugudu wa Nyagasambu avuga ko muri iryo duka bahasanze umwobo Samuel yari yaracukuye mu rukuta, agafata inkoni iziritseho ka rukuruzi yohereza mu cyumba kirimo amafaranga agakurura ibiceri.

Avuga ko bene iduka barishinze ku nguzanyo ya banki, bityo isambu ya se w’uwafashwe yiba ikaba igomba kugurishwa ngo hishyurwe ibyibwe, cyane ko uwo musore w’imyaka 18 yemera ko atari bwo bwa mbere yari yibye iri duka ndetse na se akaba ngo yemeye kwishyurira umwana we nta gahato.

Mu gihe Mugabo avuga ko Nzabakiriraho yemeye gutanga isambu ye atabihatiwe, uyu musaza yahamirije Izubarirashe.rw ko nta kuntu yagurisha isambu atagira indi, avuga ko yabihatiwe n’abayobozi b’imidugudu n’abashinzwe umutekano muri iyo midugudu ya Nyagasambu na Kiraba, ndetse ko yabyemeye ubwo bamwukaga inabi bashaka no kumukubita, akavuga ko isambu ye itanakwiye amafaranga ibihumbi 200 bayigeneye.

Nyuma yo kumva ibivugwa n’impande zombi, twavuganye n’umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu, Manzi Théogene, asa n’uguye mu kantu, ati “ibyo ntibishoboka!”

Manzi avuga ko ubuyobozi bw’akarere budashobora gushyigikira ko ikibazo gikemurwa mu buryo butanyuze mu mategeko, ati “Ibyo ntabwo bikwiriye, umuyobozi w’umudugudu ashobora kwibeshya agatandukira atyo ariko ntabwo bishoboka ko byakorwa gutyo.”

Yasabye umunyamakuru kumuha agahe gato ngo abanze abaze amakuru neza, mu kanya agaruka agira ati “Ibyo wavugaga ni byo ariko turabihagarika, biriya ntibyemewe, n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge turavuganye, uwo muturage agomba gusubizwa isambu ye.”

Muri uyu mudugudu wa Nyagasambu, bivugwa ko mu bihe byashize hari indi sambu yagurishijwe muri ubu buryo ngo hishyurwe ibyibwe, uwayiguze aza kwihombere nyuma y’aho ubuyobozi bwo hejuru bubimenyeye bugatesha agaciro ubwo bugure.

2017-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018
Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Uwahoze ari Visi Perezida wa FDLR Straton Musoni yasoje amahugurwa yo gusubira mu buzima busanzwe atangaza byinshi kuri uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jul 2023
Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Amateka ya Capt Mbaye Diagne wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Ubwanditsi 12 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Tina
    May 1, 20186:51 am -

    Kwandika ubusa. com! Nsomye imirongo mike ya mbere mbura icyo nkuramo mpita ndekera…uyu ni umunyamakuru cyangwa????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?
Amakuru

Ko kwirarira bibaye kwirahuriraho umuriro! Ese ”Mana mfasha” ya  Eric Nshimiyimana n’abasore be  izongera ibatabare bahigike CS Sfaxien?

Ubwanditsi 11 Jan 2021
Kamonyi:Umugore yatezwe igico n’abagabo batanu bamufata ’ku ngufu’
ITOHOZA

Kamonyi:Umugore yatezwe igico n’abagabo batanu bamufata ’ku ngufu’

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.
Amakuru

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru