• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jun 2016 Mu Mahanga

Umukozi ushinzwe iby’inguzanyo muri Banki ya Kigali (Agent de credit) yarabuze kuva ku wa gatanu w’icyumweru gishize.

Nk’uko bivugwa n’abo mu muryango we, Nsanzumuhire Innocent w’imyaka 34 yavuye ku kazi ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 3 Kamena 2016, maze we na bagenzi be bakorana basohokera muri New Classic Hotel iherereye Kicukiro Sonatubes.

Twubahe Pascal ( Ukora muri WASAC) murumuna we, yabwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko amakuru bafite ari uko byageze ku mugoroba maze buri wese ataha iwe, nyamara Nsanzumuhire we ntiyigeze ahagera.

Twubahe avuga ko abahamagaye Nsanzumuhire ku wa Gatanu nijoro bitabwagwa n’abantu bakababwira ko asinziriye, bigeze nyuma telefoni ye yanga gucamo kugeza n’ubu.

Uyu muryango uvuga ko wamaze gutanga ikirego kuri polisi, iperereza ryo kumenya aho uyu musore yaba yararengeye rikaba riri butangire uyu munsi.

Amakuru aravuga ko uyu mukozi yatashye ku wa Gatanu agomba kugaruka ku kazi ku wa Mbere.

Nyuma yo kubona ko ku wa mbere uyu mukozi ataje ku kazi, hitabajwe umuryango we ngo hamenyekane impamvu, ariko mu masaha ya nimugoroba uyu muryango uzana urwandiko rugaragaza ko Nsanzumuhire yabuze ari gushakishwa.

Hateganijwe ko umuryango wa Nsanzumuhire uza guhura n’ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (Ku kicaro gikuru), maze bahanahane amakuru agamije gushakisha uyu musore.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali SP Emmanuel Hitayezu, avuga ko mu gihe hari umuntu wabuze, ba nyirawe baba bagomba kwihutira gutanga ikirego ku ishami rya polisi riherereye aho yaburiye, ndetse hagatangwa n’itangazo.

Ngo iyo icyo kirego gitanzwe, polisi iracyakira kikandikwa, hanyuma hagatangira inzira yo gushakisha umuntu.

SP Hitayezu yabwiye iki kinyamakuru ati “Hari igihe aba yarafatiwe icyaha runaka, icyo gihe twebwe nka polisi tuba dufite amakuru yose, dufasha umuryango we gushakisha muri za kasho na gereza kugira ngo turebe niba adafunze.”

Spt Hitayezu avuga ko Polisi iba ifite amakuru y’ibyabereye hirya no hino mu Rwanda, nk’impanuka, imirambo yatoraguwe n’ibindi, ngo aya makuru yifashishwa mu gushakisha umuntu bivugwa ko yabuze.

Ati “Wowe niba uzi abo bantu ubagire inama bakorane na Polisi, turakomeza tugashakisha, tugahanahana amakuru, kandi na bo bamubonye mbere yacu na bwo batumenyesha kugira ngo duhagarike ibikorwa byo gushakisha.”

Ni ryari bavuga ko umuntu yaburiwe irengero?

Akenshi abantu iyo umuntu runaka amaze igihe atagaragara, abo mu muryango we, inshuri ze n’abandi bantu be ba hafi batazi aho aherereye, bavuga ko yaburiwe irengero, batitaye ku cyo amategeko ateganya kuri iyo mvugo.

Gusa Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yasobanuriye ko iyo mvugo iba idakwiye. Urukiko ngo ni rwo rwemeza niba umuntu yaraburiwe irengero cyangwa se niba yarabuze bisanzwe.

Spt Hitayezu avuga ko itegeko rigena imyaka irenga 20 kugira ngo hemezwe burundu n’urukiko ko umuntu yaburiwe irengero.

Ngo hagati aho, umuntu aba yarabuze bisanzwe agishakishwa, na cyane ko hari benshi biburisha ku bushake bakaba banambuka n’mipaka y’igihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

-2899.jpg

Nsanzumuhire Innocent. Baba abo mu muryango we ndetse na banki akorera, ntawe uzi irengero rye

Source : Izuba rirashe

2016-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024
Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Ubwanditsi 07 Jan 2023
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC, Rwamagana City, Vision FC na Interforce zo mu kiciro cya kabiri zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 bahatanira gukina ikiciro cya mbere 2022-2023
Amakuru

Sunrise FC, Rwamagana City, Vision FC na Interforce zo mu kiciro cya kabiri zabonye itike yo gukina imikino ya 1/2 bahatanira gukina ikiciro cya mbere 2022-2023

Ubwanditsi 09 Jun 2022
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.
Amakuru

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Mu Rwanda

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru