• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jun 2016 Mu Mahanga

Umukozi ushinzwe iby’inguzanyo muri Banki ya Kigali (Agent de credit) yarabuze kuva ku wa gatanu w’icyumweru gishize.

Nk’uko bivugwa n’abo mu muryango we, Nsanzumuhire Innocent w’imyaka 34 yavuye ku kazi ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 3 Kamena 2016, maze we na bagenzi be bakorana basohokera muri New Classic Hotel iherereye Kicukiro Sonatubes.

Twubahe Pascal ( Ukora muri WASAC) murumuna we, yabwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko amakuru bafite ari uko byageze ku mugoroba maze buri wese ataha iwe, nyamara Nsanzumuhire we ntiyigeze ahagera.

Twubahe avuga ko abahamagaye Nsanzumuhire ku wa Gatanu nijoro bitabwagwa n’abantu bakababwira ko asinziriye, bigeze nyuma telefoni ye yanga gucamo kugeza n’ubu.

Uyu muryango uvuga ko wamaze gutanga ikirego kuri polisi, iperereza ryo kumenya aho uyu musore yaba yararengeye rikaba riri butangire uyu munsi.

Amakuru aravuga ko uyu mukozi yatashye ku wa Gatanu agomba kugaruka ku kazi ku wa Mbere.

Nyuma yo kubona ko ku wa mbere uyu mukozi ataje ku kazi, hitabajwe umuryango we ngo hamenyekane impamvu, ariko mu masaha ya nimugoroba uyu muryango uzana urwandiko rugaragaza ko Nsanzumuhire yabuze ari gushakishwa.

Hateganijwe ko umuryango wa Nsanzumuhire uza guhura n’ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (Ku kicaro gikuru), maze bahanahane amakuru agamije gushakisha uyu musore.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali SP Emmanuel Hitayezu, avuga ko mu gihe hari umuntu wabuze, ba nyirawe baba bagomba kwihutira gutanga ikirego ku ishami rya polisi riherereye aho yaburiye, ndetse hagatangwa n’itangazo.

Ngo iyo icyo kirego gitanzwe, polisi iracyakira kikandikwa, hanyuma hagatangira inzira yo gushakisha umuntu.

SP Hitayezu yabwiye iki kinyamakuru ati “Hari igihe aba yarafatiwe icyaha runaka, icyo gihe twebwe nka polisi tuba dufite amakuru yose, dufasha umuryango we gushakisha muri za kasho na gereza kugira ngo turebe niba adafunze.”

Spt Hitayezu avuga ko Polisi iba ifite amakuru y’ibyabereye hirya no hino mu Rwanda, nk’impanuka, imirambo yatoraguwe n’ibindi, ngo aya makuru yifashishwa mu gushakisha umuntu bivugwa ko yabuze.

Ati “Wowe niba uzi abo bantu ubagire inama bakorane na Polisi, turakomeza tugashakisha, tugahanahana amakuru, kandi na bo bamubonye mbere yacu na bwo batumenyesha kugira ngo duhagarike ibikorwa byo gushakisha.”

Ni ryari bavuga ko umuntu yaburiwe irengero?

Akenshi abantu iyo umuntu runaka amaze igihe atagaragara, abo mu muryango we, inshuri ze n’abandi bantu be ba hafi batazi aho aherereye, bavuga ko yaburiwe irengero, batitaye ku cyo amategeko ateganya kuri iyo mvugo.

Gusa Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yasobanuriye ko iyo mvugo iba idakwiye. Urukiko ngo ni rwo rwemeza niba umuntu yaraburiwe irengero cyangwa se niba yarabuze bisanzwe.

Spt Hitayezu avuga ko itegeko rigena imyaka irenga 20 kugira ngo hemezwe burundu n’urukiko ko umuntu yaburiwe irengero.

Ngo hagati aho, umuntu aba yarabuze bisanzwe agishakishwa, na cyane ko hari benshi biburisha ku bushake bakaba banambuka n’mipaka y’igihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

-2899.jpg

Nsanzumuhire Innocent. Baba abo mu muryango we ndetse na banki akorera, ntawe uzi irengero rye

Source : Izuba rirashe

2016-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 18 Mar 2020
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026
Mukaruliza wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe ambasaderi

Mukaruliza wayoboraga Umujyi wa Kigali yagizwe ambasaderi

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun
Amakuru

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Ubwanditsi 10 Jun 2024
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira
INKURU NYAMUKURU

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe
Amakuru

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru