• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na bamwe mu banyamakuru k’umugoroba wo kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 9/4/2016, kuri Stade Amahoro i Remera, yavuze ko ashingiye ku makuru y’uko hari ibihugu byo mu karere bishyigikiye abahunze u Rwanda bashinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana abasaga miliyoni; yavuze ko abazagerageza gutera u Rwanda nabo bazineza ko bitazabahira.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite inshingano yo guharanira ko Jenoside itazongera kuba mu gihugu, mu bindi bihugu ho rukaba rwafatanya n’amahanga mu kuyikumira.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ajya yumva ko mu bihugu by’abaturanyi hari ‘abaribwaribwa’ ngo bashaka gufasha Interahamwe n’indi mitwe gutera u Rwanda, ariko ngo yiteguye guhangana nabo.

Yagize ati “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke. Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje, ariko bamwe bashaka no kubikora ubundi barabizi, bazi ko bitazabahira. Ngira ngo ni nacyo kibatinza. Ariko uwangirira ngo babigerageze.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorerwa mu bindi bihugu u Rwanda ruzategereza amahanga icyo azabikorera, ariko ngo ibyo kugarura Jenoside mu Rwanda byo “ntabwo bishoboka.”

PREZIDA PAUL KAGAME YASABYE ABANYARWANDA KUTARANGAZWA N’IBY’ABARUNDI BATUKANA KU KARUBANDA NK’ABASHUMBA

Perezida Kagame abajijwe icyo avuga ku bimaze iminsi bivugwa n’ubutegetsi bw’u Burundi ko u Rwanda rwaba rushaka ko muri iki gihugu naho haba Jenoside, yavuze ko nta mwanya abanyarwanda bakwiye guta bavuga ku bijyanye n’u Burundi.

Ati “Ibiba i Burundi cyangwa ibibera i Burundi numva nta kinini nkwiye kuba mbivugaho ntabwo byantwarira umwanya kuko n’abandi Banyarwanda ntibikabatwarire umwanya munini.”

“Ntabwo bikwiye kuturangaza. Dukwiye gukomeza gukora ibyo dushaka gukora byubaka igihugu cyacu. Ibyo bitandukanye n’ibyakwambuka umupaka biturutse aho ariho hose bikinjira mu gihugu cyacu ariko ibivugirwa hanze ntabwo numva twajya mu bitutsi ngo dutukane tubasubize twese tube kimwe.”

” Ntabwo njye numva nabijyamo nta n’umunyarwanda nabwira gutukana.

Iby’Abarundi mubirekere Abarundi, Abanyarwanda dukore ibidukwiye bijyanye n’umutekano mu gihugu cyacu n’amajyambere y’igihugu cyacu.

Iby’Abarundi mubirekere Abarundi niyo baba bavuga Abanyarwanda cyangwa batuka Abanyarwanda mubibarekere.”

-2628.jpg

Leta y’u Burundi yagiye ishinja u Rwanda kuba rushyigikiye abagamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza, kugeza n’aho bemeza ko hari urubyiruko rw’Abarundi ruri kwitoreza rugamije gushyira mu bikorwa uwo mugambi.

Perezida Kagame yakomoje ku kibazo cy’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania
Kuva Tanzania yabona Perezida mushya, Dr John Pombe Magufuli, umubano w’u Rwanda n’iki gihugu wahinduye isura ugenda uba mwiza ibyemezwa n’abakuru b’ibihugu byombi.

Perezida wa Tanzania yagiriye uruzinduko mu Rwanda aho yanifatanyije n’Abanyarwanda mu muhango wo gutangiza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ageze mu Rwanda yatangaje ko uruzinduko rwe rugamije gushimangira umubano w’igihugu cye n’u Rwanda.

-2626.jpg

Perezida Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru

Ubwo yabazwaga ikibazo cy’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania bagasigayo imitungo yabo, Perezida Kagame yagize ati “Umubano uri hagati y’u Rwanda na Tanzania bitewe n’ubuyobozi bushya buriho umeze neza. Nicyo cyangombwa, nicyo cy’ibanze nubwo umubano mwiza uriho uzakemura ibibazo byose byaba biri hagati ya Tanzania n’u Rwanda binyuze mu butwererane n’inzego zose z’ubufatanye ari hagati y’ibihugu byombi cyangwa se mu bijyanye no kwishyira hamwe kwa EAC.Nicyo rero kiri mu bizakemurwa mu byari bihari. Ngira ngo yarabyivugiye mwarabyumvise ukuntu ubu urujya n’uruza rw’abanyarwanda n’abanyatanzaniya ruzashoboka birenze ibisanzwe n’abafite rero icyo bashaka gukurikirana birashoboka ko bazabikurikirana.

Umwanditsi wacu

2016-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Ubwanditsi 09 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira
Amakuru

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ubwanditsi 13 Feb 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 
Amakuru

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024
Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”
POLITIKI

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru