• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe u Rwanda rukomeje urugamba rwo kubungabunga ukuri n’amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari bamwe mu bantu bigize indakemwa, bagashaka kugoreka ayo mateka ku nyungu zabo bwite. Umwe muri abo ni Gatebuke Claude, umugabo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wiyitirira kuba umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara ukuri k’inkomoko ye n’iry’umuryango we gusobanura ibitandukanye n’ibyo avuga.

Uko Gatebuke Claude yigaragaza

Gatebuke Claude, kimwe n’abandi nka Patrick Rugaba, akunze kwiyitirira kuba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu biganiro atanga, ku mbuga nkoranyambaga no mu nyandiko zitandukanye. Icyo agamije ni uguhisha ukuri ku muryango akomokamo, kugira ngo abone urubuga rwo kunesha gahunda za Leta y’u Rwanda, kugoreka amateka ya Jenoside, no gushyigikira imigambi y’imitwe y’iterabwoba nka FDLR.

Ukuri ku muryango wa Gatebuke Claude

Amakuru afatika kandi yemejwe yerekana ko Gatebuke Claude atakomoka mu muryango w’Abatutsi bishwe muri Jenoside, bityo akaba atari umucikacumu, nk’uko abyiyitirira.

Se we, Gatebuke Justin, yavukiye muri Komini Kayove, Perefegitura ya Gisenyi mu 1956, akaba ari umuhutu, nk’uko bigaragazwa n’amadosiye y’amashuri ye, irangamimerere n’akazi yakoze.

Nyina wa Gatebuke Claude ni Ntabugi, nawe akaba Umuhutukazi, kimwe n’undi mugore wa Gatebuke Justin, Nyambuga Agnès. Bityo, nta murage n’umwe w’ubututsi cyangwa uko kwibasirwa kw’amoko byashoboraga guhererekanywa muri uwo muryango.

Gatebuke Justin yakoraga muri ONAPO, ikigo cyari kizwiho irondabwoko rikabije, rikorerwa Abatutsi. We ubwe afatwa nk’intagondwa yitwaye nabi ku Batutsi, afatanyije n’abandi nka Nyirasafari Gaudence n’umugabo we Phocas Habimana, umwe mu bayobozi ba RTLM, radiyo y’iyamamaza ry’urwango n’iyicwa rya Jenoside.

Ibyaha bya Se wa Gatebuke Claude

Gatebuke Justin ari mu bantu bagize uruhare mu gutoteza no guheza Abatutsi mu kazi ka Leta. Muri ONAPO, abakozi b’Abatutsi bari baragizwe gake cyane – 7 gusa kuri 252, kandi bakoreshwaga imirimo iciriritse. Hari ibimenyetso by’uko Gatebuke Justin yanagize uruhare mu kwirukana abakozi b’abagore babiri bashinjwaga gusa kuba abagabo babo bafunzwe bazira gutungwa n’inkomoko y’Abatutsi cyangwa gukekwaho kuba ibyitso bya FPR.

Impamvu Gatebuke Claude abeshya

Kwiyitirira kuba umucikacumu si igikorwa gishingiye ku kwibeshya, ahubwo ni gahunda mbisha. Dore impamvu ebyiri z’ingenzi zituma Gatebuke Claude abeshya:

Gushaka kugirirwa impuhwe n’abanyamahanga, cyane cyane Abanyamerika, kugira ngo bamufate nk’umuhamya w’ukuri ku Rwanda. Ibyo bimufasha gushaka inkunga, ubwamamare, no kuzamura izina rye mu muryango w’abarwanya ubuyobozi bw’u Rwanda.

Kwishakira iturufu yo gupfobya Jenoside, nk’uko bamwe mu bana b’abajenosideri babyitwaza, bagashaka kwerekana ko Jenoside ari “urugomo rusanzwe” rutavangura amoko, cyangwa bakayigereranya n’andi makimbirane, bityo bakayobya abantu batayizi cyangwa batigeze bayibonera.

Umwanzuro: Ukuri kuganze Kwiyitirira kuba umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi ni igikorwa cy’ubugome n’ubushinyaguzi gikwiye kwamaganwa. Gatebuke Claude ntacyo yigeze atakaza muri Jenoside, ahubwo akomoka ku muryango wabayigizemo uruhare cyangwa wayishyigikiye. Ibikorwa bye byo kwiyoberanya bigamije gutoneka abarokotse nyabo no gukomeza itekinika ry’amateka.

Nk’uko umwanditsi Pierre Vidal-Naquet yabivuze ku bahakana Jenoside yakorewe Abayahudi, kubeshya ku mateka ya Jenoside ni icyaha cy’ubugome, cyane iyo bikorwa n’abazikomokaho bashaka kwiyoberanya cyangwa kubaka ubwamamare ku bw’amarira y’abandi.

Twamagane ibinyoma, dushyigikire ukuri. Twubahe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, tunarinde amateka yayo.

 

 

 

2025-09-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Ubwanditsi 03 Apr 2025
Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Umunyarwandakazi yiciwe muri Malawi n’ abantu bamuteye ibyuma

Umunyarwandakazi yiciwe muri Malawi n’ abantu bamuteye ibyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose
Amakuru

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite

Ubwanditsi 10 May 2018
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi
IMIKINO

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru