• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018 Mu Rwanda

Dr. Kanangire Canisius umunyamabanga nshingwabikorwa wa AMCOW , yavuze ko bateraniye I Kigali kugirango barebere hamwe raporo ku  ikusanyamakuru ku mazi n’isukura y’umwaka wa 2017 , ndetse banarusheho kureba icyakorwa kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura muri Africa rirushaho gukomeza gukorwa neza .

Yakomeje avuga ko ivyo bari kwigira muri iyo nama cyane ko ari ukureba uburwo habungabugwa ibidukikije hashingiwe mugutunganya amazi,kuyabyazama ingufu,kuyakoresha mu buhinzi .

Kuri uyu wambere taliki ya 21, Gicurasi 2018 I kigali hateraniye inama  mpuzamahanga ku gukusanya no kugenzura amakuru ku bijyanye n’amazi n’isukura ku bihugu bitandukanye bya Afrika. Ikazasoza  kuwa gatatu tariki ya 23, Gicurasi, 2018, ikaba yarateguwe n’umuryango uhuza Abaminisitiri bafite aho bahuriye n’amazi n’isukura muri Africa, AMCOW (African Ministers’ Council on Water).

Dr Kanangire ati”ibihugu bihuriye muri uyu muryango bigifite imbogamizi zo kubona amakuru ahagije ku mazi n’isukura cyane cyane amakuru yizewe ko ari imbogamizi zigaragara cyane cyane mu bihugu byateye imbere.

Akomeza avuga ko ku musozo w’iyi nama hazongererwa ubushobozi ku bakozi aho bazahabwa mudasobwa zibafasha gukora no gukurikirana neza ibyo bakora,bakazongera amahugurwa kubashinzwe gukusanya amakuru n’ubushakashatsi ati”hazongerwa ubufatanye ku baminisitiri bashinzwe amazi n’isukura kugirango kugirango bashyiremo imbaraga mukuzamura uru rwego”.

Prime Ngabonziza, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (Rwanda Water and Forestry Authority) yavuze ko kugira ngo bagere kuri iki kigero  cyo kubungabunga amazi n’isukura, bikiri imbogamizi ku bihugu bigize umugabane wa Afrika kandi ko kubigeraho bikigoranye cyane cyane mu buzima, uburezi no kurwanya ubukene.

Abitabiriye iyi nama bagaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy’indashyikirwa  mu bijyanye  n’amazi n’isukura , aho bashoboye  gushyira mu bikorwa no gushyiraho gahunda ihamye yo kwita ku mazi n’isukura, bityo  nyuma y’urugendo shuri bakoreye mu Rwanda hose basanga ibihugu bya Afrika bikwiye kugira ibyo byigira ku Rwanda mu bijyanye n’amazi n’isukura kugirango Afurika irusheho gutera imbere muri rusange .

AMCOW yashinzwe mu mwaka wa 2002, igamije guteza imbere umubano, umutekano, ndetse no kugabanya ubukene  ku mugabane wa Afrika biciye mu kubungabunga umutungo kamere hashingiwe ku kwita ku mazi n’isukura  ndetse no kuyageza ku bayakeneye muri Afurika,muri uyu mwaka ubu igizwe n’ibihugu 35 mu gihe mu mwaka wa 2016 yari igizwe n’ibihugu bigera kuri  45 ikaba ifite icyicaro I Abuja muri Nigeria .

Nkundiye Eric Bertrand

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Inkubiri yo kwegura kw’Abameya bahimba [Tour du Rwanda ]yageze i Nyagatare: Nyobozi y’Akarere yose yagiye

Ubwanditsi 30 May 2018
Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

RUSHYASHYA 23 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira
Mu Rwanda

Urwego rw’Umuvunyi ruhangayikishijwe n’abatekamutwe bakomeje kurwiyitirira

Ubwanditsi 07 Jul 2017
Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter
Mu Rwanda

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Ubwanditsi 02 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru