• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018 Mu Rwanda

Dr. Kanangire Canisius umunyamabanga nshingwabikorwa wa AMCOW , yavuze ko bateraniye I Kigali kugirango barebere hamwe raporo ku  ikusanyamakuru ku mazi n’isukura y’umwaka wa 2017 , ndetse banarusheho kureba icyakorwa kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura muri Africa rirushaho gukomeza gukorwa neza .

Yakomeje avuga ko ivyo bari kwigira muri iyo nama cyane ko ari ukureba uburwo habungabugwa ibidukikije hashingiwe mugutunganya amazi,kuyabyazama ingufu,kuyakoresha mu buhinzi .

Kuri uyu wambere taliki ya 21, Gicurasi 2018 I kigali hateraniye inama  mpuzamahanga ku gukusanya no kugenzura amakuru ku bijyanye n’amazi n’isukura ku bihugu bitandukanye bya Afrika. Ikazasoza  kuwa gatatu tariki ya 23, Gicurasi, 2018, ikaba yarateguwe n’umuryango uhuza Abaminisitiri bafite aho bahuriye n’amazi n’isukura muri Africa, AMCOW (African Ministers’ Council on Water).

Dr Kanangire ati”ibihugu bihuriye muri uyu muryango bigifite imbogamizi zo kubona amakuru ahagije ku mazi n’isukura cyane cyane amakuru yizewe ko ari imbogamizi zigaragara cyane cyane mu bihugu byateye imbere.

Akomeza avuga ko ku musozo w’iyi nama hazongererwa ubushobozi ku bakozi aho bazahabwa mudasobwa zibafasha gukora no gukurikirana neza ibyo bakora,bakazongera amahugurwa kubashinzwe gukusanya amakuru n’ubushakashatsi ati”hazongerwa ubufatanye ku baminisitiri bashinzwe amazi n’isukura kugirango kugirango bashyiremo imbaraga mukuzamura uru rwego”.

Prime Ngabonziza, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (Rwanda Water and Forestry Authority) yavuze ko kugira ngo bagere kuri iki kigero  cyo kubungabunga amazi n’isukura, bikiri imbogamizi ku bihugu bigize umugabane wa Afrika kandi ko kubigeraho bikigoranye cyane cyane mu buzima, uburezi no kurwanya ubukene.

Abitabiriye iyi nama bagaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy’indashyikirwa  mu bijyanye  n’amazi n’isukura , aho bashoboye  gushyira mu bikorwa no gushyiraho gahunda ihamye yo kwita ku mazi n’isukura, bityo  nyuma y’urugendo shuri bakoreye mu Rwanda hose basanga ibihugu bya Afrika bikwiye kugira ibyo byigira ku Rwanda mu bijyanye n’amazi n’isukura kugirango Afurika irusheho gutera imbere muri rusange .

AMCOW yashinzwe mu mwaka wa 2002, igamije guteza imbere umubano, umutekano, ndetse no kugabanya ubukene  ku mugabane wa Afrika biciye mu kubungabunga umutungo kamere hashingiwe ku kwita ku mazi n’isukura  ndetse no kuyageza ku bayakeneye muri Afurika,muri uyu mwaka ubu igizwe n’ibihugu 35 mu gihe mu mwaka wa 2016 yari igizwe n’ibihugu bigera kuri  45 ikaba ifite icyicaro I Abuja muri Nigeria .

Nkundiye Eric Bertrand

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Ubwanditsi 06 Oct 2021
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40
IKORANABUHANGA

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato
IMIKINO

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa  Mukayisenga
Mu Rwanda

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Ubwanditsi 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru