• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Editorial 18 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’Ikinyamakuru “The Chronicles”, Callixte Nsabimana yavuze birambuye ubuzima bwe kuva avutse kugeza yisanze muri gereza ya Mageragere.

Muri ubwo buzima hari ubuzima bwa nyuma ya Jenoside, imyitwarire ye mu mashuri yisumbuye na kaminuza itari imeze neza kugeza agiye gushaka ubuzima hanze y’u Rwanda haba muri Kenya, Tanzaniya n’Afurika y’Epfo aho yaje guhurira na Kayumba Nyamwasa akamwizeza ibitangaza.

Calllixte Nsabimana yageze muri Afurika y’Epfo abifashijwemo n’inshuti ze ebyiri zamubwiye kujugunya Passport y’u Rwanda kuko byoroshye kugenda nta mpapuro. Uru rugendo akoresheje imodoka rwamutwaye amezi agera kuri abiri. Umwe mu nshuti zamufashije ni Mike Rwalinda.

Akigera muri Afurika y’Epfo inshuti ze zahise zimwinjiza muri RNC ya Kayumba Nyamwasa aho bamubwira ko gahunda yo gukuraho Leta y’u Rwanda ari vuba aha. Bamubwiye uburyo Kayumba Nyamwasa ashyigikiwe n’Afurika y’Epfo ndetse na Tanzaniya igihe yayoborwaga na Jakaya Kikwete.

Izo nshuti ze zamubwiye ko abishaka bamuhuza na Kayumba Nyamwasa. Callixte Nsabimana yahise abona uburyo mugenzi we Mike Rwalinda ari hafi ya Kayumba Nyamwasa kuko yamuhamagaraga kuri telefoni nta wu ndi muntu anyuzeho.

Ubwo umunsi wo guhura na Nyamwasa wageraga bahuriye muri Hotel aho Kayumba Nyamwasa yari arinzwe nk’umukuru w’igihugu. Nsabimana Callixte yavuze ko Kayumba Nyamwasa ariwe mutekamutwe wa mbere yahuye nawe. Yavuze ko muhuye bwa mbere wakeka ko ari umuntu mwiza.

Yamwijeje ko nk’umuntu wize amategeko akaba ari n’umucikacumu azamugira Minisitiri w’Ubutabera
Ubwo bahuraga Nyamwasa yari kunywa ikinyobwa cya Heineken. Nuko abwira Callixte Nsabimana uburyo abacikacumu babayeho nabi mu Rwanda avuga ko Leta itabakunda n’ibindi byinshi ariko asoza amubwira ko abaminisitiri bo mu Rwanda n’abasirikari bakuru bari ku ruhande rwe.

Yakomeje amubwira ko niyemera kujya muri RNC azamuhuza n’abandi bantu nka Patrick Karegeya. Nyamwasa yasabye Callixte gushaka abandi bantu barokotse Jenoside benshi bagomba kujya muri RNC. Nyuma y’ibyumweru bibiri ahuye na Nyamwasa, yaje guhura na Karegeya wamusubiriyemo ibyo Kayumba Nyamwasa yamubwiye. Bahise bamusaba gutangira gukora ibiganiro kuri Radiyo Itahuka akaba yaranahimbye indirimbo zisaga 17.

Nyamwasa yishimiye uburyo ndi gukora atuma umugore we anyoherereza amafaranga. Nyamwasa yakomeje amubwira ko bafite ingabo zigera kuri 2,000 muri Kongo ndetse Callixte Nsabimana akabona koko ko ibyo bamwijeje byo kuba Minisitiri w’Ubutabera biri hafi ndetse ko igihugu bagifata vuba.

Nsabimana yashinze ishami rya RNC rishinzwe urubyiruko bakaba barambaraga ingofero z’umutuku zimeze nkiza gisirikari. Gahunda Nsabimana yari yarabwiwe yajemo kidobya ubwo Karegeya bamusangaga muri Hotel yapfuye tariki ya 1 Mutarama 2014 nubwo urupfu rwe rwatumye babona amafaranga menshi binyuze muri Fandarayizingi (fundraising)

Ikindi kinyoma cyatumye Callixte Nsabimana ava muri RNC nuko Kayumba Nyamwasa yamubwiye ko bafite abasirikari ibihumbi bibiri muri Kongo kandi nzi neza ko batarenga 50 kuko navuganaga na Gedeon Kanyemera wari umwe mu bakuru babo. Nyamwasa yaje kunsaba kujya muri Kongo mubwira ko nzajyayo we ubwe na Frank Ntwali muramu we nibafata iya mbere nabo bakajyayo.

Callixte Nsabimana avuga ko yicuza imyaka yamaranye na Kayumba Nyamwasa kuko abiba urwango akishimira kubona abantu bashwana. Nsabimana yavuze ko yahoraga atongana na Ben Rutabana, Gerard Gahima na Theogene Rudasingwa.

Callixte Nsabimana (Wiyitaga Maj. Sankara) [Ifoto ya The chronicles]
2022-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Editorial 18 Feb 2020
Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Ibyiza n’Akamaro ko Kunywa Amazi Ukibyuka

Editorial 20 Oct 2021
Gaspard Musabyimana na Emmanuel Neretse mu kinyoma gikabije ko FAR yari ifite abasirikari bakuru benshi b’Abatutsi

Gaspard Musabyimana na Emmanuel Neretse mu kinyoma gikabije ko FAR yari ifite abasirikari bakuru benshi b’Abatutsi

Editorial 03 Jun 2020
Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Editorial 11 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru