• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Ubwanditsi 18 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’Ikinyamakuru “The Chronicles”, Callixte Nsabimana yavuze birambuye ubuzima bwe kuva avutse kugeza yisanze muri gereza ya Mageragere.

Muri ubwo buzima hari ubuzima bwa nyuma ya Jenoside, imyitwarire ye mu mashuri yisumbuye na kaminuza itari imeze neza kugeza agiye gushaka ubuzima hanze y’u Rwanda haba muri Kenya, Tanzaniya n’Afurika y’Epfo aho yaje guhurira na Kayumba Nyamwasa akamwizeza ibitangaza.

Calllixte Nsabimana yageze muri Afurika y’Epfo abifashijwemo n’inshuti ze ebyiri zamubwiye kujugunya Passport y’u Rwanda kuko byoroshye kugenda nta mpapuro. Uru rugendo akoresheje imodoka rwamutwaye amezi agera kuri abiri. Umwe mu nshuti zamufashije ni Mike Rwalinda.

Akigera muri Afurika y’Epfo inshuti ze zahise zimwinjiza muri RNC ya Kayumba Nyamwasa aho bamubwira ko gahunda yo gukuraho Leta y’u Rwanda ari vuba aha. Bamubwiye uburyo Kayumba Nyamwasa ashyigikiwe n’Afurika y’Epfo ndetse na Tanzaniya igihe yayoborwaga na Jakaya Kikwete.

Izo nshuti ze zamubwiye ko abishaka bamuhuza na Kayumba Nyamwasa. Callixte Nsabimana yahise abona uburyo mugenzi we Mike Rwalinda ari hafi ya Kayumba Nyamwasa kuko yamuhamagaraga kuri telefoni nta wu ndi muntu anyuzeho.

Ubwo umunsi wo guhura na Nyamwasa wageraga bahuriye muri Hotel aho Kayumba Nyamwasa yari arinzwe nk’umukuru w’igihugu. Nsabimana Callixte yavuze ko Kayumba Nyamwasa ariwe mutekamutwe wa mbere yahuye nawe. Yavuze ko muhuye bwa mbere wakeka ko ari umuntu mwiza.

Yamwijeje ko nk’umuntu wize amategeko akaba ari n’umucikacumu azamugira Minisitiri w’Ubutabera
Ubwo bahuraga Nyamwasa yari kunywa ikinyobwa cya Heineken. Nuko abwira Callixte Nsabimana uburyo abacikacumu babayeho nabi mu Rwanda avuga ko Leta itabakunda n’ibindi byinshi ariko asoza amubwira ko abaminisitiri bo mu Rwanda n’abasirikari bakuru bari ku ruhande rwe.

Yakomeje amubwira ko niyemera kujya muri RNC azamuhuza n’abandi bantu nka Patrick Karegeya. Nyamwasa yasabye Callixte gushaka abandi bantu barokotse Jenoside benshi bagomba kujya muri RNC. Nyuma y’ibyumweru bibiri ahuye na Nyamwasa, yaje guhura na Karegeya wamusubiriyemo ibyo Kayumba Nyamwasa yamubwiye. Bahise bamusaba gutangira gukora ibiganiro kuri Radiyo Itahuka akaba yaranahimbye indirimbo zisaga 17.

Nyamwasa yishimiye uburyo ndi gukora atuma umugore we anyoherereza amafaranga. Nyamwasa yakomeje amubwira ko bafite ingabo zigera kuri 2,000 muri Kongo ndetse Callixte Nsabimana akabona koko ko ibyo bamwijeje byo kuba Minisitiri w’Ubutabera biri hafi ndetse ko igihugu bagifata vuba.

Nsabimana yashinze ishami rya RNC rishinzwe urubyiruko bakaba barambaraga ingofero z’umutuku zimeze nkiza gisirikari. Gahunda Nsabimana yari yarabwiwe yajemo kidobya ubwo Karegeya bamusangaga muri Hotel yapfuye tariki ya 1 Mutarama 2014 nubwo urupfu rwe rwatumye babona amafaranga menshi binyuze muri Fandarayizingi (fundraising)

Ikindi kinyoma cyatumye Callixte Nsabimana ava muri RNC nuko Kayumba Nyamwasa yamubwiye ko bafite abasirikari ibihumbi bibiri muri Kongo kandi nzi neza ko batarenga 50 kuko navuganaga na Gedeon Kanyemera wari umwe mu bakuru babo. Nyamwasa yaje kunsaba kujya muri Kongo mubwira ko nzajyayo we ubwe na Frank Ntwali muramu we nibafata iya mbere nabo bakajyayo.

Callixte Nsabimana avuga ko yicuza imyaka yamaranye na Kayumba Nyamwasa kuko abiba urwango akishimira kubona abantu bashwana. Nsabimana yavuze ko yahoraga atongana na Ben Rutabana, Gerard Gahima na Theogene Rudasingwa.

Callixte Nsabimana (Wiyitaga Maj. Sankara) [Ifoto ya The chronicles]

2022-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Ubwanditsi 28 Oct 2025
Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Uganda: Abanyamakuru ba Red Pepper basabiwe gukomeza gufungwa

Ubwanditsi 05 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi
ITOHOZA

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Ubwanditsi 01 Oct 2017
BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%
UBUKUNGU

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere
Mu Mahanga

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru