• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Ubwanditsi 10 Mar 2016 Mu Rwanda

​Nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo (D2), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Werurwe yatangiye gusura imitwe ya Polisi ikomoka mu bihugu bitandukanye yoherejwe muri Sudani y’epfo mu rwego rwo kubungabunga no kugarura amahoro muri icyo gihugu, akaba yarahereye ku bapolisi b’u Rwanda (FPU) bakorera ahitwa Malakal.

CP Munyambo akaba yaraherekejwe na CP Girmay Gebrekidan, akaba ari n’umwe mubo bazakorana ba hafi (Police Chief of Staff), ndetse n’abandi bayoboziba Loni bakorera muri icyo gihugu.

Bakigera Malakal, bakiriwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, uyoboye Abapolisi b’u Rwanda (FPU) bakorera muri ako gace .

Uru ruzinduko rwa Commissioner Munyambo rukaba ruzakomereza mu yindi mitwe ya Polisi, rukaba rugamije kugenzura ubushobozi n’imikorere yabo, mu rwego rwo kureba niba bashobora guhangana n’ibibazo ibyo aribyo byose byavuka mu kazi kabo ko kubungabunga no kugarura amahoro muri Sudani y’epfo.

CP Munyambo yibukije abapolisi b’u Rwanda impamvu nyamukuru bari muri ubwo butumwa, anabasaba gukomeza kwita ku nshingano zabo, batitaye ku ngorane bashobora kujya bahura nazo hato na hato.

CP Munyambo yagize ati:” Ntibyoroshye kumara umwaka mu kazi gasaba ubwitange nk’aka, nta kiruhuko kandi muri kure y’imiryango yanyu. Ariko yaba u Rwanda, Loni na Sudani ‘y’epfo, ibafitemo icyizere kuko ibi byose mwaje mwarabyiteguye kandi mwabonye amahugurwa ahagije kugira ngo mushobore guhangana n’ibibazo ibyo aribyo byose, no guhesha isura nziza igihugu cyanyu n’umuryango w’abibumbye muri rusange”.

Nyuma yo kugezwaho ibyo Polisi y’u Rwanda (FPU) ikora n’ibyo yagezeho, CP Munyambo yagiye gusura aho bamwe mu bapolisi b’u Rwanda bashinze ibirindiro muri ako karere, aho bashinzwe kurinda abantu bagera ku 42 000 bakuwe mu byabo n’intambara , no gucunga umutekano w’ibiribwa n’ibikoresho by’ishuri byagenewe izo mpunzi.

Ubu Polisi y’u Rwanda ikaba ifite abapolisi bagera kuri 200 muri Sudani y’epfo.

Aha kandi CP Munyambo yiboneye ko hafi ibintu byose byasenyutse ibindi birangizwa mu bushyamirane buheruka bwavutse hagati y’ubwoko bw’aba Dinkas na Nuers batuye akarere ka Malakal

Nyuma yaho yagiranye inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze muri iyo nkambi aho yabakanguriye kugira ubufatanye, gukorera hamwe no gufatanya n’ingabo na Polisi bashinzwe kubarinda kugirango barusheho kugira umutekano usesuye.

Mu ijambo rye, komanda wa FPU y’u Rwanda, ACP Rutikanga yahamije imikoranire myiza ndetse n’ubufatanye burangwa hagati y’umutwe ayoboye n’izindi nzego zitandukanye bakorana umunsi ku wundi, anabasaba gukomereza muri uwo murongo.

CP Munyambo yakomereje kandi urugendo ahitwa Upper Nil, aho yahuye n’umuhuzabikorwa w’ako gace, Hazel De Wet.

Hazel yashimiye ubufatanye, ingufu no gukorera hamwe birangwa hagati y’imitwe tandukanye igize Polisi y’Umuryango w’Abibumbye ikorera mu karere ka Malakal.

Komiseri Munyambo akaba yarashoje urugendo rwe ahura n’abakuriye ndetse na ba Ofisiye bakuru ba Polisi z’ibihugu bitandukanye bari mu butumwa bw’amahoro muri Malakal, maze abashimira akazi keza bakoze mu bihe bikomeye ako karere kanyuzemo.

Yarangije abizeza ko UNMISS izakomeza kubafasha mu bishoboka kugira ngo bashobore kurangiza neza inshingano zabo.

Urugendo rwe akaba azarukomereza i Bentiu mu majyaruguru y’ icyo gihugu.

RNP

2016-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2017
Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Ubwanditsi 14 Apr 2024
U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017
83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe

83 bitandukanyije na FDLR barimo n’umujenerali basubijwe mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique
Mu Rwanda

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Ubuvugizi bw’amagereza mu Rwanda bwemeje ko Sandra Teta afungiye 1930,menya icyo azira
ITOHOZA

Ubuvugizi bw’amagereza mu Rwanda bwemeje ko Sandra Teta afungiye 1930,menya icyo azira

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuba indiri n’umuhuza w’abarwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR
INKURU NYAMUKURU

Ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuba indiri n’umuhuza w’abarwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru