• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Ubwanditsi 10 Mar 2016 Mu Rwanda

​Nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo (D2), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Werurwe yatangiye gusura imitwe ya Polisi ikomoka mu bihugu bitandukanye yoherejwe muri Sudani y’epfo mu rwego rwo kubungabunga no kugarura amahoro muri icyo gihugu, akaba yarahereye ku bapolisi b’u Rwanda (FPU) bakorera ahitwa Malakal.

CP Munyambo akaba yaraherekejwe na CP Girmay Gebrekidan, akaba ari n’umwe mubo bazakorana ba hafi (Police Chief of Staff), ndetse n’abandi bayoboziba Loni bakorera muri icyo gihugu.

Bakigera Malakal, bakiriwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, uyoboye Abapolisi b’u Rwanda (FPU) bakorera muri ako gace .

Uru ruzinduko rwa Commissioner Munyambo rukaba ruzakomereza mu yindi mitwe ya Polisi, rukaba rugamije kugenzura ubushobozi n’imikorere yabo, mu rwego rwo kureba niba bashobora guhangana n’ibibazo ibyo aribyo byose byavuka mu kazi kabo ko kubungabunga no kugarura amahoro muri Sudani y’epfo.

CP Munyambo yibukije abapolisi b’u Rwanda impamvu nyamukuru bari muri ubwo butumwa, anabasaba gukomeza kwita ku nshingano zabo, batitaye ku ngorane bashobora kujya bahura nazo hato na hato.

CP Munyambo yagize ati:” Ntibyoroshye kumara umwaka mu kazi gasaba ubwitange nk’aka, nta kiruhuko kandi muri kure y’imiryango yanyu. Ariko yaba u Rwanda, Loni na Sudani ‘y’epfo, ibafitemo icyizere kuko ibi byose mwaje mwarabyiteguye kandi mwabonye amahugurwa ahagije kugira ngo mushobore guhangana n’ibibazo ibyo aribyo byose, no guhesha isura nziza igihugu cyanyu n’umuryango w’abibumbye muri rusange”.

Nyuma yo kugezwaho ibyo Polisi y’u Rwanda (FPU) ikora n’ibyo yagezeho, CP Munyambo yagiye gusura aho bamwe mu bapolisi b’u Rwanda bashinze ibirindiro muri ako karere, aho bashinzwe kurinda abantu bagera ku 42 000 bakuwe mu byabo n’intambara , no gucunga umutekano w’ibiribwa n’ibikoresho by’ishuri byagenewe izo mpunzi.

Ubu Polisi y’u Rwanda ikaba ifite abapolisi bagera kuri 200 muri Sudani y’epfo.

Aha kandi CP Munyambo yiboneye ko hafi ibintu byose byasenyutse ibindi birangizwa mu bushyamirane buheruka bwavutse hagati y’ubwoko bw’aba Dinkas na Nuers batuye akarere ka Malakal

Nyuma yaho yagiranye inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze muri iyo nkambi aho yabakanguriye kugira ubufatanye, gukorera hamwe no gufatanya n’ingabo na Polisi bashinzwe kubarinda kugirango barusheho kugira umutekano usesuye.

Mu ijambo rye, komanda wa FPU y’u Rwanda, ACP Rutikanga yahamije imikoranire myiza ndetse n’ubufatanye burangwa hagati y’umutwe ayoboye n’izindi nzego zitandukanye bakorana umunsi ku wundi, anabasaba gukomereza muri uwo murongo.

CP Munyambo yakomereje kandi urugendo ahitwa Upper Nil, aho yahuye n’umuhuzabikorwa w’ako gace, Hazel De Wet.

Hazel yashimiye ubufatanye, ingufu no gukorera hamwe birangwa hagati y’imitwe tandukanye igize Polisi y’Umuryango w’Abibumbye ikorera mu karere ka Malakal.

Komiseri Munyambo akaba yarashoje urugendo rwe ahura n’abakuriye ndetse na ba Ofisiye bakuru ba Polisi z’ibihugu bitandukanye bari mu butumwa bw’amahoro muri Malakal, maze abashimira akazi keza bakoze mu bihe bikomeye ako karere kanyuzemo.

Yarangije abizeza ko UNMISS izakomeza kubafasha mu bishoboka kugira ngo bashobore kurangiza neza inshingano zabo.

Urugendo rwe akaba azarukomereza i Bentiu mu majyaruguru y’ icyo gihugu.

RNP

2016-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Ubwanditsi 29 Nov 2021
Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije

Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu zateye Tanzania guha  inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda
ITOHOZA

Impamvu zateye Tanzania guha inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari
INKURU NYAMUKURU

Gen.Afurika Jean Michel wa RUD URUNANA, uherutse kurasirwa muri RD-Congo yari afite imiturirwa muri Uganda ahitwa Nakulabye ifite agaciro ka miliyoni ebyiri z’amadorari

Ubwanditsi 13 Nov 2019
APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League
IMIKINO

APR FC ntibashije kurenga umutaru mu marushanwa ya CAF Champions League

Ubwanditsi 20 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru