• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017 Mu Rwanda

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika (arenga amafaranga y’u Rwanda miliyoni 100″ azakoreshwa mu guteza imbere ubumenyi mu byiciro bitandukanye by’uburezi hagendewe ku bikenewe ku isoko ry’umurimo.

Amasezerano y’iyi nguzanyo yasinyiwe i Kigali kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Nyakanga 2017, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete n’Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal.

Azakoreshwa mu myaka itatu y’ingengo y’imari, ni ukuvuga 2017/18, 2018/19 n’uwa 2019/2020, mu guteza imbere ubumenyi (Skills development), hibandwa ku byiciro bitandukanye birimo Ingufu, Gutwara abantu n’ibintu, n’inganda by’umwihariko iziteza imbere gahunda y’ibikorerwa mu gihugu izwi nka ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri Gatete yasobanuye ko aya mafaranga azakoreshwa muri gahunda igamije gukora ibishoboka byose ngo hatangwe ubumenyi bujyanye n’isoko, n’ihangwa ry’imirimo.

Yagize ati ”Ni amafaranga y’inguzanyo ihendutse, cyane cyane aza kugira ngo atwunganire tuzibe icyuho cy’aho twari dufite ubumenyi bukenewe mu nzego nyinshi, aho twasangaga mu byukuri aya mafaranga akenewe […] Aya mafaranga ntabwo ariyo yonyine aje gukemura ibibazo byose biri mu burezi kuko hari ingengo y’imari yacu isanzwe.”

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal yavuze ko bamaze igihe basinya amasezerano ajyanye no kubaka ibikorwaremezo bitandukanye, ubu bakaba bagiye gutanga umusanzu mu kubaka ubumenyi n’ubushobozi bw’abazabicunga.

Yagize ati ”Uyu mushinga uri muri gahunda ya leta ijyanye n’umurimo, by’umwihariko ikaba itanga umusanzu mu nkingi ebyiri z’ingenzi arizo guteza imbere ubumenyi, kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda.”

Yakomeje avuga ikigamijwe ari ugutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’imbaturabukungu EDPRS II mu buryo butaziguye, by’umwihariko mu bijyanye no guhanga imirimo ibihumbi 200 idashingiye ku buhinzi.

Banki y’isi kandi yanagiranye amasezerano n’ibigo bishamikiye kuri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo na Minisiteri y’Uburezi bizashyira mu bikorwa iyi gahunda, birimo Ikigo gishinzwe Kubaka ubushobozi n’Umurimo (CESB); Inama Nkuru y’Amashuri makuru na Kaminuza (HEC); Kaminuza y’u Rwanda; Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda (WDA) na Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere (BRD).

-7264.jpg

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Judith Uwizeye

Minisiti w’Uburezi, Dr Musafiri Papias, yavuze ko iyi nguzanyo izatanga umusanzu ufatika mu guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda ndetse bakazayakoresha mu gushyira imbaraga ahari icyuho kurusha ahandi.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Uwizeye Judith, nawe yagaragaje ko hakenewe byinshi kugira ngo iyi gahunda ijyanye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo igerweho, anavuga ko biteguye gukora cyane bafatinyije n’abikorera kugira ngo bagere ku ntego igihugu cyihaye.

Iyi nguzanyo Banki y’Isi yahaye u Rwanda izishyurwa mu gihe cy’imyaka 38 ukuyemo 10 izasonerwa, inyungu izatangwa ikaba ingana na 0.75%.

-7263.jpg

Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete basinyana amasezerano y’inguzanyo

2017-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Mu ruzinduko rw’Akazi: Perezida wa Pologne, Andrzej Duda n’umugore we, Agata Kornhauser-Duda bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Feb 2024
Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Ubwanditsi 22 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyambarire y’umuhanzi Shebaah yateje ururondogoro i Kigali
Mu Rwanda

Imyambarire y’umuhanzi Shebaah yateje ururondogoro i Kigali

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana
ITOHOZA

Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu
Mu Rwanda

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru