• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Ubwanditsi 17 Jul 2017 Mu Rwanda

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika (arenga amafaranga y’u Rwanda miliyoni 100″ azakoreshwa mu guteza imbere ubumenyi mu byiciro bitandukanye by’uburezi hagendewe ku bikenewe ku isoko ry’umurimo.

Amasezerano y’iyi nguzanyo yasinyiwe i Kigali kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Nyakanga 2017, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete n’Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal.

Azakoreshwa mu myaka itatu y’ingengo y’imari, ni ukuvuga 2017/18, 2018/19 n’uwa 2019/2020, mu guteza imbere ubumenyi (Skills development), hibandwa ku byiciro bitandukanye birimo Ingufu, Gutwara abantu n’ibintu, n’inganda by’umwihariko iziteza imbere gahunda y’ibikorerwa mu gihugu izwi nka ‘Made in Rwanda’.

Minisitiri Gatete yasobanuye ko aya mafaranga azakoreshwa muri gahunda igamije gukora ibishoboka byose ngo hatangwe ubumenyi bujyanye n’isoko, n’ihangwa ry’imirimo.

Yagize ati ”Ni amafaranga y’inguzanyo ihendutse, cyane cyane aza kugira ngo atwunganire tuzibe icyuho cy’aho twari dufite ubumenyi bukenewe mu nzego nyinshi, aho twasangaga mu byukuri aya mafaranga akenewe […] Aya mafaranga ntabwo ariyo yonyine aje gukemura ibibazo byose biri mu burezi kuko hari ingengo y’imari yacu isanzwe.”

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal yavuze ko bamaze igihe basinya amasezerano ajyanye no kubaka ibikorwaremezo bitandukanye, ubu bakaba bagiye gutanga umusanzu mu kubaka ubumenyi n’ubushobozi bw’abazabicunga.

Yagize ati ”Uyu mushinga uri muri gahunda ya leta ijyanye n’umurimo, by’umwihariko ikaba itanga umusanzu mu nkingi ebyiri z’ingenzi arizo guteza imbere ubumenyi, kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda.”

Yakomeje avuga ikigamijwe ari ugutanga umusanzu mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’imbaturabukungu EDPRS II mu buryo butaziguye, by’umwihariko mu bijyanye no guhanga imirimo ibihumbi 200 idashingiye ku buhinzi.

Banki y’isi kandi yanagiranye amasezerano n’ibigo bishamikiye kuri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo na Minisiteri y’Uburezi bizashyira mu bikorwa iyi gahunda, birimo Ikigo gishinzwe Kubaka ubushobozi n’Umurimo (CESB); Inama Nkuru y’Amashuri makuru na Kaminuza (HEC); Kaminuza y’u Rwanda; Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda (WDA) na Banki Nyarwanda Itsura Amajyambere (BRD).

-7264.jpg

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Judith Uwizeye

Minisiti w’Uburezi, Dr Musafiri Papias, yavuze ko iyi nguzanyo izatanga umusanzu ufatika mu guteza imbere ireme ry’uburezi mu Rwanda ndetse bakazayakoresha mu gushyira imbaraga ahari icyuho kurusha ahandi.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Uwizeye Judith, nawe yagaragaje ko hakenewe byinshi kugira ngo iyi gahunda ijyanye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo igerweho, anavuga ko biteguye gukora cyane bafatinyije n’abikorera kugira ngo bagere ku ntego igihugu cyihaye.

Iyi nguzanyo Banki y’Isi yahaye u Rwanda izishyurwa mu gihe cy’imyaka 38 ukuyemo 10 izasonerwa, inyungu izatangwa ikaba ingana na 0.75%.

-7263.jpg

Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Claver Gatete basinyana amasezerano y’inguzanyo

2017-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Ubwanditsi 26 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura
Amakuru

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

RUSHYASHYA 04 Dec 2025
RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera
INKURU NYAMUKURU

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.
Amakuru

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru