• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Harerimana Jean Paul ni umunyarwanda w’imyaka 31 uvuka mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Karambi mu Kagari ka Gasovu.

Ni umwe mu banyarwanda bisanze mu gisirikare cy’umutwe urwanya Leta y’u Rwanda wa RNC, ahabwa imyitozo amezi abiri akuwe mu gihugu cya Uganda.

Harerimana yagiye muri Uganda tariki 28 Mutarama 2019 agiye gusura bashiki be bo kwa se wabo batuye i Muwembe, birangira yisanze mu ngabo za Rudi z’umugabo bakunda kwita Jean Michel, ariko bikaba byari ukujijisha kuko ngo zari iza RNC ya Kayumba Nyamwasa. [ Reba Video ] Abatawe muri yombi.

Ikibigaragaza ngo ni uko mu bari baziyoboye harimo Kayumba Rugema mwishywa wa Kayumba Nyamwasa. Muri izi ngabo ngo Rugema afite ipeti rya Colonel mu gihe yavuye mu ngabo z’u Rwanda akiri ku ipeti rya Caporal.

Rugema Kayumba wari Caporal.

Harerimana asobanura uburyo yaje kwisanga muri izo ngabo yagize ati “Naragiye ndabasura igihe cyo kugaruka cyegereje nza kumva ko imipaka ifunze mu mpera z’ukwezi kwa Kabiri, nibwo umuntu w’umuturanyi yambwiraga ko afite ahantu acukura amabuye y’agaciro ngo mu gihe ntegereje ko imipaka ifungurwa naba ngiyeyo nkaba nkora. Nagiyeyo nsanga ibyo yari anjyaniye si byo ahubwo nisanze ndi mu mahugurwa ya gisirikare mu gihugu cya Congo aho bita ku Kabindi muri Rutshuru.”

Harerimana yageze muri Congo muri Werurwe uyu mwaka, atangira guhabwa imyitozo ya gisirikare ku gahato amezi abiri ashize bajyanwa mu birindiro ari naho yaje gutorokera.

Imyitozo yakozwe n’abantu 75, barimo abanyarwanda, abanye-Congo n’abanya-Uganda.

Ati “Batubwiraga ko ari igisirikare cya Rudi gifite intego yo kujya kubohora abanyarwanda.”

Ngo batozwaga n’abantu bavuga Igifaransa, abandi bakabasemurira mu Kinyarwanda.

Ngo intego y’icyo gisirikare, bababwiraga ako ari iyo kuza gukuraho ubutegetsi mu Rwanda.

Ati “Ngo icyo gisirikare cyari kigamije kuza gukuraho ubutegetsi bwabohoje abanyarwanda. Abandi bakundaga kutuganiriza ni abatwigishaga amategeko ya gisirikare ngo nabo bahoze mu ngabo z’u Rwanda.”

Yatorokeye muri Uganda arafungwa

Harerimana avuga ko ibirindiro byabo byari hafi y’umupaka wa Uganda na Congo. Aho yaje kuhagirira igitekerezo cyo gutoroka akagaruka iwabo.

Ubwo bari barangije imyitozo ntabwo bahise bahabwa imbunda ahubwo zahawe batanu bari bashinzwe kubarinda gusa, abandi bagenda babakwirakwiza mu matsinda atandukanye, babasezeranya kuzabaha imbunda nyuma.

Byaramworoheye gutoroka kuko abari bafite imbunda bashobora kumurasa bari bake, byongeye akaba yari afite umuturage wamwemereye kumufasha gutoroka.
Ati “Naragiye nitanga mu nkambi iri ku mupaka wa Congo na Uganda ikunda kwakira impunzi z’abakongomani, sinzi uko byagenze mbona bahise bahamagara abasirikare ba Uganda gusa nkaba nari mfite gahunda yo gufata moto ikangeza Kisoro kuko wa muturage watumye ntoroka yari yambwiye ko ningera Kisoro kwambuka biri bunyorohere.”

Ageze aho ku mupaka, abasirikare ba Uganda baramufashe bamujyana ku kigo cya gisirikare cya Bwindi, bakomeza kumuzengurutsa mu bigo bya gisirikare kugeza ubwo bamujyanaga kumufungira ku cyicaro gikuru cy’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare, CMI.

Harerimana avuga ko aho yahakubitiwe cyane we n’abandi banyarwanda babaga bafunganywe.

Ati “Mu gufungwa nta kintu na kimwe bigeze banshinja kuko nta dosiye bigeze bankorera ahubwo babyukaga badukubita ngo nuko turi abanyarwanda. Ubu mfite ikibazo cy’amatwi ntabwo acyumva neza kubera inkoni nakubitiwe muri gereza ya CMI i Kampala.”

Harerimana yarekuwe kuri uyu wa Kane, we n’abandi banyarwanda 31 bapakirwa imodoka irabazana ibashyira ku mupaka wa Kagitumba ugabanya u Rwanda na Uganda mu Karere ka Nyagatare.

Yavuze ko muri CMI asizemo abandi banyarwanda babiri bakoranye imyitozo ya gisirikare. Abo bagabo ngo yari yasize ababwiye uburyo bazatoroka igisirikare, atungurwa no kubona babamusangishije muri gereza ya CMI.

Harerimana abaye ikindi gihamya cyemeza ko muri Uganda hari abarwanashyaka ba RNC bakorana n’ubutegetsi bw’icyo gihugu mu guhatira abanyarwanda kujya mu bikorwa birwanya Leta y’u Rwanda, ubyanze agatotezwa.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko abanyarwanda basaga igihumbi bari mu nzu z’ibanga no muri gereza za Uganda, batotezwa kandi nta cyaha bakoze, ntibanahabwe amahirwe yo kugezwa mu butabera.

Ibihugu byombi biherutse gusinyana amasezerano y’ubufatanye agamije guhosha umwuka mubi ugamije kubangamirana, ariko kugeza ubu nta musaruro biratanga kuko abanyarwanda bafungiwe ubusa muri Uganda batararekurwa.

2019-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwanditsi 20 Apr 2021
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Ubwanditsi 06 Dec 2017
“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Ubwanditsi 12 May 2023
Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?
ITOHOZA

Umubonano wa Kayumba na Nkurunziza i Ngozi uhatse iki ?

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru