• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, ngo yibereye ku ifamu ye iherereye ahitwa Kasagama ari kwiruhukira nyuma y’aho kuri uyu wa Kabiri hari humvikanye amakuru avuga yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nk’uko byemezwa na Chimpreports

Biravugwa ko ku isaha ya saa saba z’ijoro ry’uwa kabiri rishyira kuri uyu wa gatatu, Gen Kayihura ngo atigeze amenyekanaho  gutabwa muri yombi uko ari ko kose nk’uko  byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

“General ari iwe ari kuruhuka. Ibyo muri kumva ni ikinamico ry’imbuga nkoranyambaga. Nta n’uwamushotoye kuko yanabyukiye kare muri jogging nk’uko bisanzwe.”, uwo ni umwe mu bo mu muryango we.

Amakuru amwe yavugaga ko Kayihura yatawe muri yombi n’igisirikare akajyanwa gufungirwa muri gereza y’abasirikare b’abakuru iherereye Kololo. Ni mu gihe andi yo yavugaga ko yanahungiye mu Rwanda ariko abo mu muryango we batifuje ko amazina yabo ajya ahagaragara barabihakana.

Muri iki cyumweru gishize nibwo Gen Kale kayihura yatangarije iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko nta mpamvu afite zo guhunga igihugu nyuma y’aho na none hari hamaze iminsi havugwa ko yabujijwe gusohoka mu gihugu.

Icyo gihe yagize ati: “Mpunga iki? Mpugiye cyane mu buhinzi ku buryo ntava aha hantu. No kujya Kampala ni gacye.”

Ikizwi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, ngo ni uko kuri uyu wa kabiri, iitariki 12 kamena, abashinzwe disipuline mu gisirikare (MP) bagabye igitero kuri Court Yard International Hotel iri ahitwa Lyantonde, kandi ngo Kayihura akaba akunze kujya muri iyi hotel. Bivugwa ko ari iye.

Gen. Kale Kayihura

Kayihura ngo akaba akunze kwicara hafi ya piscine y’iyi hotel aruhuka anasoma ibitabo ku bantu bagiye bayobora impinduramatwara nka Fidel Castro muri Cuba na Yoweri Museveni n’abandi.

Abo mu muryango we bakaba batangaje ko batunguwe no kumva ibyatangajwe mu itangazamakuru ko Kayihura yatawe muri yombi akaba afungiye muri mess y’aba-ofisiye muri Kololo.

Bati: “Ntiwabyizera kuko turi kumwe nawe”

Umuvugizi wa gisirikare, Brig Richard Karemire yanze kugira icyo avuga kuri aya makuru ubwo yabazwaga kugira icyo avuga nk’uko iyi nkuru ivuga.

Ku rundi ruhande, ikinyamakuru New Vision kiravuga ko cyavuganye na Kayihura akemeza ko atari ukuri atigeze atabwa muri yombi akomeza agira ati: “Nubwo byaba ari byo ko natawe muri yombi, naba ari njye wa mbere utawe muri yombi?”

Yongeyeho ko iyo aba yatawe muri yombi igisirikare kiba cyabitangaje.

Ni mu gihe ku ruhande rwa polisi umuvugizi wayo, Emilian Kayima yasabwe kugira icyo atangaza nawe akavuga ko bitari mu nshingano ze kuvuga ku itabwa muri yombi rya Gen Kayihura kubw’ibyo ntacyo yabivugaho.

 

2018-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 28 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze
Mu Rwanda

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere
Amakuru

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000
Mu Rwanda

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ubwanditsi 12 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru