• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, ngo yibereye ku ifamu ye iherereye ahitwa Kasagama ari kwiruhukira nyuma y’aho kuri uyu wa Kabiri hari humvikanye amakuru avuga yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nk’uko byemezwa na Chimpreports

Biravugwa ko ku isaha ya saa saba z’ijoro ry’uwa kabiri rishyira kuri uyu wa gatatu, Gen Kayihura ngo atigeze amenyekanaho  gutabwa muri yombi uko ari ko kose nk’uko  byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

“General ari iwe ari kuruhuka. Ibyo muri kumva ni ikinamico ry’imbuga nkoranyambaga. Nta n’uwamushotoye kuko yanabyukiye kare muri jogging nk’uko bisanzwe.”, uwo ni umwe mu bo mu muryango we.

Amakuru amwe yavugaga ko Kayihura yatawe muri yombi n’igisirikare akajyanwa gufungirwa muri gereza y’abasirikare b’abakuru iherereye Kololo. Ni mu gihe andi yo yavugaga ko yanahungiye mu Rwanda ariko abo mu muryango we batifuje ko amazina yabo ajya ahagaragara barabihakana.

Muri iki cyumweru gishize nibwo Gen Kale kayihura yatangarije iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko nta mpamvu afite zo guhunga igihugu nyuma y’aho na none hari hamaze iminsi havugwa ko yabujijwe gusohoka mu gihugu.

Icyo gihe yagize ati: “Mpunga iki? Mpugiye cyane mu buhinzi ku buryo ntava aha hantu. No kujya Kampala ni gacye.”

Ikizwi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, ngo ni uko kuri uyu wa kabiri, iitariki 12 kamena, abashinzwe disipuline mu gisirikare (MP) bagabye igitero kuri Court Yard International Hotel iri ahitwa Lyantonde, kandi ngo Kayihura akaba akunze kujya muri iyi hotel. Bivugwa ko ari iye.

Gen. Kale Kayihura

Kayihura ngo akaba akunze kwicara hafi ya piscine y’iyi hotel aruhuka anasoma ibitabo ku bantu bagiye bayobora impinduramatwara nka Fidel Castro muri Cuba na Yoweri Museveni n’abandi.

Abo mu muryango we bakaba batangaje ko batunguwe no kumva ibyatangajwe mu itangazamakuru ko Kayihura yatawe muri yombi akaba afungiye muri mess y’aba-ofisiye muri Kololo.

Bati: “Ntiwabyizera kuko turi kumwe nawe”

Umuvugizi wa gisirikare, Brig Richard Karemire yanze kugira icyo avuga kuri aya makuru ubwo yabazwaga kugira icyo avuga nk’uko iyi nkuru ivuga.

Ku rundi ruhande, ikinyamakuru New Vision kiravuga ko cyavuganye na Kayihura akemeza ko atari ukuri atigeze atabwa muri yombi akomeza agira ati: “Nubwo byaba ari byo ko natawe muri yombi, naba ari njye wa mbere utawe muri yombi?”

Yongeyeho ko iyo aba yatawe muri yombi igisirikare kiba cyabitangaje.

Ni mu gihe ku ruhande rwa polisi umuvugizi wayo, Emilian Kayima yasabwe kugira icyo atangaza nawe akavuga ko bitari mu nshingano ze kuvuga ku itabwa muri yombi rya Gen Kayihura kubw’ibyo ntacyo yabivugaho.

 

2018-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.
Mu Rwanda

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe
Amakuru

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi
Amakuru

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Ubwanditsi 22 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru