• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, ngo yibereye ku ifamu ye iherereye ahitwa Kasagama ari kwiruhukira nyuma y’aho kuri uyu wa Kabiri hari humvikanye amakuru avuga yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nk’uko byemezwa na Chimpreports

Biravugwa ko ku isaha ya saa saba z’ijoro ry’uwa kabiri rishyira kuri uyu wa gatatu, Gen Kayihura ngo atigeze amenyekanaho  gutabwa muri yombi uko ari ko kose nk’uko  byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

“General ari iwe ari kuruhuka. Ibyo muri kumva ni ikinamico ry’imbuga nkoranyambaga. Nta n’uwamushotoye kuko yanabyukiye kare muri jogging nk’uko bisanzwe.”, uwo ni umwe mu bo mu muryango we.

Amakuru amwe yavugaga ko Kayihura yatawe muri yombi n’igisirikare akajyanwa gufungirwa muri gereza y’abasirikare b’abakuru iherereye Kololo. Ni mu gihe andi yo yavugaga ko yanahungiye mu Rwanda ariko abo mu muryango we batifuje ko amazina yabo ajya ahagaragara barabihakana.

Muri iki cyumweru gishize nibwo Gen Kale kayihura yatangarije iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko nta mpamvu afite zo guhunga igihugu nyuma y’aho na none hari hamaze iminsi havugwa ko yabujijwe gusohoka mu gihugu.

Icyo gihe yagize ati: “Mpunga iki? Mpugiye cyane mu buhinzi ku buryo ntava aha hantu. No kujya Kampala ni gacye.”

Ikizwi nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, ngo ni uko kuri uyu wa kabiri, iitariki 12 kamena, abashinzwe disipuline mu gisirikare (MP) bagabye igitero kuri Court Yard International Hotel iri ahitwa Lyantonde, kandi ngo Kayihura akaba akunze kujya muri iyi hotel. Bivugwa ko ari iye.

Gen. Kale Kayihura

Kayihura ngo akaba akunze kwicara hafi ya piscine y’iyi hotel aruhuka anasoma ibitabo ku bantu bagiye bayobora impinduramatwara nka Fidel Castro muri Cuba na Yoweri Museveni n’abandi.

Abo mu muryango we bakaba batangaje ko batunguwe no kumva ibyatangajwe mu itangazamakuru ko Kayihura yatawe muri yombi akaba afungiye muri mess y’aba-ofisiye muri Kololo.

Bati: “Ntiwabyizera kuko turi kumwe nawe”

Umuvugizi wa gisirikare, Brig Richard Karemire yanze kugira icyo avuga kuri aya makuru ubwo yabazwaga kugira icyo avuga nk’uko iyi nkuru ivuga.

Ku rundi ruhande, ikinyamakuru New Vision kiravuga ko cyavuganye na Kayihura akemeza ko atari ukuri atigeze atabwa muri yombi akomeza agira ati: “Nubwo byaba ari byo ko natawe muri yombi, naba ari njye wa mbere utawe muri yombi?”

Yongeyeho ko iyo aba yatawe muri yombi igisirikare kiba cyabitangaje.

Ni mu gihe ku ruhande rwa polisi umuvugizi wayo, Emilian Kayima yasabwe kugira icyo atangaza nawe akavuga ko bitari mu nshingano ze kuvuga ku itabwa muri yombi rya Gen Kayihura kubw’ibyo ntacyo yabivugaho.

 

2018-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Ubwanditsi 29 Aug 2023
U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal
Amakuru

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?
INKURU NYAMUKURU

Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Ubwanditsi 05 May 2018
Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Amakuru

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 09 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru