• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Ubwanditsi 20 Oct 2017 Mu Mahanga

Ni inama ya 7 isanzwe yateranye kuri uyu wa 19 Ukwakira 2017, iteranire muri Congo Brazaville, aho yanitabiriwe na Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul.

Mu gihe mu bihugu bitandukanye byaba ibyo mu karere igihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu haba imidugararo, abakuru b’ibihugu bigize ICGLR bashimiye Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange kuba barakoze amatora mu mahoro ndetse mu mucyo.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama uyu mwaka, Perezida Kagame yaje ku isonga n’amajwi 98,79 %, umukandida wigenga Mpayimana Philippe agira 0.73% naho Dr Frank Habineza watanzwe na Democratic Green Party yagize 0.48%; amajwi y’imfabusa ni 0.18 %.

Iyi nama kandi yanifurije Perezida Kagame intsinzi kuba yarongeye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka 7.

Uretse u Rwanda, iyi nama yanashimiye Igihugu cya Angola, aho na cyo amatora yacyo aherutse yabaye mu ituze.

-8443.jpg

Insanganyamatsiko y’iyi nama yaganishaga ku gukomeza gusigasira ituze n’iyterambere ry’ibihugu bigize IGLR.

Bagarutse kuri FDRL

Kubirebana n’inyeshyamba zihungabanya umutekano muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, iyi nama yanzuye ko Ingabo za Kongo zigomba gufatanya na MUNUSCO zikarwanya bikomeye inyeshyamba za FDRL zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse na ADF Nalu irwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Ibi ngo bigamije kugarura amahoro mu bice bimwe na bimwe bwa RDC, aho habaye isibaniro ry’imitwe ihungabanya umutekano mu bihugu byo mu biyaga bigari.

Hanzuwe ko Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, ICGLR, SADC ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bazafasha MONUSCO kubasha gucyura mu Rwanda abarwanyi ba FDRL bari mu nkambi z’agateganyo za Kanyabayonga, Walungu na Kisangani.

Umutekano mu Burundi

Iyi nama yasabye ibihugu bihana imbibi n’u Burundi byakiriye impunzi z’abarundi ko byazokoroheza izishaka gutaha ndetse izitabishaka zigashyirwa kure y’umupaka ubihuza n’u Burundi.

Abarundi babarirwa mu bihumbi bahunze igihugu cyabo nyuma y’uko Perezida Pierre Nkurunziza afashe icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu muri Mata 2015, aho hanageragejwe kumukura ku butegetsi ku ngufu ntubyakunda.

Mu gihe impunzi z’abarundi ziri mu bihugu bitandukanye, ubutegetsi bw’u Burundi ntibuhwema kugaragaza ko mu gihugu ari amahoro, aho buhora bushishikariza buri wese gutaha.

ICGR yahamije ko igiye gutanga ubufasha bushoboka kugira ngo ibiganiro byatangijwe n’Umuryango w’Ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigamije kugarura ituze mu Burundi bigere ku ntego yabyo.

Imitwe y’iterabwoba

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yanakomoje ku buryo hakirindwa imitwe y’iterabwoba ishobora guhungabanya umutekano.

Yasabye ko ibihugu byose biyigize byashyira imbaraga mu guhanahana amakuru kugira ngo imitwe y’iterabwoba yashaka kwinjira mu karere yahashywa.
Gushyira hamwe no kutenderezanya na byo byagaruts,eho, aho basabye ko ibihugu byose bigize ICGLR byakorana mu buryo bukomeye mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’akarere.

Kuri ubu ICGLR iri kuyoborwa na Denis Sassou Nguesso, Perezida wa Congo Brazaville, aho yasimbuye João Manuel Gonçalves Lourenço, Perezida wa Angola.
Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabaye nyuma y’aho tariki ya 15 n’iya 16 Ukwakira uyu mwaka abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga bo muri ICGLR bakoranye inama.

Inama y’abaminisitiri bafite ububanyi n’amahanga kandi na yo yabanjirijwe n’iyabashinzwe ubutasi, abagaba b’ingabo n’abandi, aho na yo yabereye i Brazaville.

ICGLR ihuriyemo ibihugu 12 birimo Angola, Burundi, Repubulika ya Centrafrika, Repubulika ya Congo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Uganda, Sudani, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, Zambiya ndetse n’u Rwanda.

ICGLR yagiyeho mu mwaka wa 2000, aho igitekerezo cyo kuyishyiraho cyakomotse mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano.

Biteganyijwe ko inama itaha izaba mu Kuboza 2019, ikazabera muri Sudani.

-8444.jpg

Perezida Kagame akigera i Brazaville

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Ubwanditsi 16 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe
Amakuru

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero
UBUKUNGU

Guverinoma mu ihurizo ryo kwishyura miliyari 11 Frw y’inyongeramusaruro yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Zion Temple “Afrika haguruka “:  Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda
Mu Mahanga

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru