• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Ubwanditsi 11 Dec 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru ava i Bukavu, umujyi mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyemo, aravuga ko kuri iki cyumweru ububiko bwa Komisiyo y’Amatora bwatwitswe, bugakongoka uko bwakabaye.

Ayo makuru aravuga ko muri iyo nzu hahiriyemo ibikoresho byose byagombaga kwifashishwa mu matora rusange, arimo n’ay’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu minsi 9 gusa iri imbere.

Mu byakongotse harabarurwamo imashini za mudasobwa 1700, lisite z’abemerewe gutora, impapuro ziriho amafoto n’amazina y’abakandida n’ibindi.

Icyaba cyateye iyi nkongi y’umuriro ntikirasobanuka, icyakora abakandida bahanganye na Félix Tshisekedi barashinja ubutegetsi kuba inyuma y’ubu bigizi bwa nabi, ngo bugamije kuburizamo amatora muri iriya ntara ya Kivu y’Amajyepfo, binavugwa ko Tshisekedi atahafite abanywanyi benshi.

Hari n’abemeza ariko ko ibyabaye ari nk’ukinamico, kuko hakekwa ko n’ibyo bikoresho bivugwa ko byahiye ahubwo nta n’ibyigeze bihazanwa, hakaba rero ngo hatwitswe iyarara ry’ibyashaje, byakoreshejwe mu matora yandi yatambutse.

Mu gihe rero Kivu y’Amajyepfo yakwamburwa uburenganzira bwo gutora, yaba yiyongerwye kuri teritwari za Rutshuru na Masisi zo muri Kivu y’Amajyaruguru, dore ko byamaze kwemezwa ko zo zitazatora ngo kubera ikibazo cy’intambara, nk’uko byanashimangiwe na Perezida Tshisekedi ubwe.

Umutwe wa M23 wigaruriye twinshi mu duce tugize izo Teritwari, usaba ko habaho ibiganiro na Leta, intambara igahagarara, bityo abaturage bose bakabasha kwihitiramo abayobozi. Ibi Leta ya Kongo ntibikozwa.

Hagati aho igihugu cya Angola cyatangaje ko kitazabasha kubahiriza icyifuzo cya Leta ya Kongo, yari yasabye Angola kuyitiza indege zakoreshwa mu gukwirakwiza mu duce tunturanye ibikoresho by’amatora, dore ko ahenshi ibyo bikoresho bitarahagera.

Abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo barasanga Leta yari izi neza ko izo ndege za Angola zitazaboneka, ahubwo ikaba yarishakiraga urundi rwitwazo rwo gusobanura impamvu amatora adashoboka mu duce twinshi, cyane cyane ahiganje abayoboke b’umukandida Moïse Katumbi, uhangayikishije cyane Félix Tshisekedi.

Mu gihe cyo kwiyamamaza hari uduce Tshisekedi yavugirijwemo induru, bamwita umujura n’umubeshyi, byongera kumwereka ko gutuka uRwanda na Perezida Kagame birahagije mu kwigarurira imitima y’Abakongomani, ko ahubwo agomba gushaka ubundi buriganya bwo kuburizamo amatora, yaramuka anabaye hagategurwa amayeri yo kwiba amajwi.

Impungenge rero zikomeje kuba nyinshi ko aya matora ya Kongo ashobora gukurura imidugararo ndetse izamena amaraso menshi, yiyongera ku ntambara n’amacakuviri bisanzwe byarayogoje iki gihugu. Ni amatora ashobora kongera ibinyoro mu bibembe.

2023-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza,  bagarurwa mu Rwanda

Nyuma yo kotswa igitutu Leta ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’iperereza, bagarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Dec 2017
Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba  muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza

Pastor Fifi Cameron wari Inkingi ya mwamba muri Zion Temple yanditse ibaruwa isezera kuri Gitwaza

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko
Mu Mahanga

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 May 2018
Ijambo rya Louise Mushikiwabo Umunyamabanga mukuru wa OIF [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Ijambo rya Louise Mushikiwabo Umunyamabanga mukuru wa OIF [ VIDEO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe  igitaraganya muri Rwandair
ITOHOZA

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru