• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku itariki ya 8 Mata 2026, Urukiko rw’Ubujurire i Paris mu Bufaransa rwagombaga gutanga icyemezo gikomeye cyane mu rubanza rumaze imyaka 16 rukurikirana Agathe Habyarimana,umugore wa Perezida w’u Rwanda Juvénal Habyarimana wari inking ya mwamba mu kazu.
Icyo cyemezo cyagombaga kugaragaza niba iperereza ku byaha aregwa rizakomeza cyangwa rizasozwa burundu binyuze mu “non-lieu” (kudashyikirizwa urukiko).
Urukiko rwemeje indi tariki ya 6 Gocurasi 2026 ko aribwo ruzatangaza umwanzuro. 
Ashinjwa ubufatanyacyaha muri jenoside yakorewe Abatutsi, ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyokomuntu, ndetse n’ubufatanyacyaha mu mugambi wo gukora jenoside.
Ibyaha byose bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hagati ya Mata na Nyakanga 1994, igatwara Abatutsi basaga miliyoni.
Mu mpera za Mutarama 2026, abacamanza b’Urukiko rw’Ubujurire i Paris bateranye mu ibanga bareba ubujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha bukuru bushinzwe kurwanya iterabwoba hamwe n’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse.
Ibi byari bijyanye n’icyemezo cyafashwe ku itariki ya 20 Kanama 2025, aho umucamanza wari ushinzwe iperereza yavuze ko nta “bimenyetso bihagije” bihari byatuma Agathe Habyarimana ajyanwa mu rukiko.
Abamwunganira bavuga ko ari isozwa risanzwe ry’iperereza rirerire cyane, ryabayemo abacamanza benshi barenga icumi. Ariko ubushinjacyaha n’abaregera indishyi bavuga ko iperereza ryakozwe nabi, ryaranzwe no kudakora ubushakashatsi bwimbitse hagahitwamo ibimenyetso bishyigikira uruhande rumwe gusa.
Mu rubanza, Agathe Habyarimana agaragazwa mu buryo bubiri butandukanye: hari abamufata nk’uwagize uruhare mu miyoborere yari ifite aho ihuriye n’imyiteguro ya jenoside, abandi bakamugaragaza nk’uwahohotewe n’ibihe bikomeye byakurikiye iyicwa rya Perezida Habyarimana.
Imwe mu ngingo zikomeye ziri muri uru rubanza kandi zishinja Kanziga ni ijambo “akazu”, ryakoreshwaga mu kuvuga itsinda ry’abantu bake ba hafi y’umuryango wa Perezida Habyarimana, bakekwaho kugira uruhare rukomeye mu miyoborere no mu migambi yagejeje u Rwanda kuri jenoside.
Hari inyandiko yanditswe n’umuhezanguni Gaspard Musabyimana, wahoze mu nzego z’ubutasi mu Rwanda, yakoreshejwe nk’inyigo y’impuguke, nyamara ubushinjacyaha buvuga ko ari inyandiko y’ubwunganizi ya propaganda.
Nanone hari ibitekerezo by’umunyamateka Bernard Lugan, inshuti magara y’interahamwe kuba byarifashishijwe mu nyandiko y’urukiko.
Ikindi cyateje impaka ni uko iperereza ritigeze ryinjira cyane mu ruhare rw’u Bufaransa nyuma y’itangira rya jenoside.
Hari inyandiko z’ubutasi bw’u Bufaransa (DGSE) zagaragaje ko hari ibikorwa byo kugerageza kohereza intwaro no gushaka ubufasha bwa gisirikare mu gihe cya jenoside, bikorwa n’abantu bari hafi y’umuryango wa Habyarimana.
Zimwe muri izo nyandiko zigaragaza ko hari abacanshuro b’abafaransa nka Bob Denard na Paul Barril bakoranye n’abantu bo mu muryango wa Habyarimana mu gihe cya Jenoside. Ibi ariko ntibyigeze bishyirwa mu isuzuma ry’uru rubanza, bikaba kimwe mu byanenzwe cyane n’abaregera indishyi.
2026-04-15
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Jan 2019
John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

John Kerry yaburiye ibihugu bidashyira hamwe n’ibindi

Ubwanditsi 14 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU
Amakuru

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘
Mu Rwanda

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Ubwanditsi 30 Apr 2017
Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo
Mu Mahanga

Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Ubwanditsi 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru