• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Ubwanditsi 15 May 2017 POLITIKI

Nubwo ntawahamya adashidikanya ko isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rigomba kuba ari imwe mu mpamvu nini zituma Abaturage b’iki gihugu batajya mu myiryane ya politike, ariko byaba ari no kwibeshya cyane abantu batekereje yuko nta kibazo kirimo iyo mu gihugu hariho ubutegetsi benshi batibonamo !

Ibi ababa babibona ukundi twabibutsa wa mugani wa kinyarwanda twese twasanzeho, igira iti : ‘ Ingabo zitarimo izawe ntizigatabaruke’ cyangwa ‘ngo ibiryo utaryaho birakameneka’ ! Ibi ntaho bitandukaniye no kuvuga ngo ingoma itari iyawe iragahirima !

Mu gushakisha ukuntu buri mu nyarwanda cyangwa benshi mu banyarwanda bakwibona mu butegetsi buriho, niho hazira kwa kubusaranganya.

Isaranya ry’ubutegetsi ririho mu Rwanda rifite umurongo ngenderwaho, ugenwa n’amategeko kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ryaryo rubahirizwe nta mpaka !

-6531.jpg

Ngarambe Francois Umunyamabanga Mukuru wa FPR-INKOTANYI

Twemeranyweho yuko isaranganywa ry’ubutegetsi rikorwa hano mu Rwanda ari ryiza, cyane yuko riri no mu mategeko, bivuze ko rigomba kwubahirizwa byanze bikunze.

Ariko na none kuba iryo saranganya ry’imyanya y’ubutegetsi riri mu mategeko, hari igihe bishobora kuzatuzanira ibibazo byatugora kubyigobotoramo. Hari igihe ku ruhande rumwe tuzaba dutegekwa isaranganywa ariko ku rundi dutegekwa kudakora iryo saranganya.

Reka ibi tubivugeho tubanje guterera ijisho ku majwi yavuye mu matora y’abadepite mu mwaka wa 2003, 2008 na 2013, dufatiye ku mitwe ya politike bigaragara yuko ariyo ikomeye kurusha iyindi hano mu Rwanda.

Mu matora y’abadepite 2003 umutwe wa politike (ishyaka) wabonye intebe nyinshi mu nteko nshingamategeko ni RPF, yabonye izingana na 73.78 %. Ishyaka ryakurikiyeho ni PSD yabonye imyanya y’abadepite ingana na 12.31%, haza PL yabonye angana na 10.56 %.

-6532.jpg

Dr Vincent Biruta, umuyobozi wa PSD

Muri 2008 RPF yabonye imyanya y’abadepite ingana na 78.76 %, PSD ibona 13.12 %, naho PL ibona ingana na 7.50 %.Nomu matora aherutse y’abadepite 2013 ibyavuyemo ntabwo bitandukanye cyane n’ibyo muri 2003 na 2008, kuko RPF yabonye imyanya y’abadepite ingana na 76.22 %, PSD 13.03 %, naho PL ibona 9.29 %.

Kuko RPF ariyo yakomeje gutsinda amatora ni nayo yakomeje gushyiraho
guverinoma ariko muri bwa buryo bwo gusaranganya imyanya nk’uko itegeko rivuga yuko ishyaka ryatsinze amatora ritemerewe kurenza imyanya y’ubutegetsi isaga 50 %. Itegeko kandi rikavuga yuko Perezida
wa Repubulika agomba kutaba akomoka mu ishyaka rimwe na Perezida w’inteko nshingamategeko, umutwe w’abadepite.

Nubwo iryo saranganya ry’ubutegetsi kugeza ubu nta kibazo kirivugwaho ariko abanyarwanda bagomba kwitegura uko babyifatamo, ubwo buryo bwo gusaranganya ubutegetsi buramutse bujemo ibibazo kandi nta wundi biturutseho uretse ku itegeko ubwaryo.

-6533.jpg

Abayobozi ba PL

Uko tumaze kubibona n’uko amashyaka abiri gusa yo muri opozisiyo niyo yakomeje kugira amahirwe yo kubona amajwi asaga 5 %. Ayo ni PSD na PL ariko nayo ukabona yuko buri rimwe ryakomeje kugenda ribona amajwi make cyane, bikanarihesha n’imyanya mike cyane mu nteko nshingamategeko.

Ibi ariko nibura bituma haboneka ishyaka rihabwa
umwanya wa Perezida w’inteko nshingamategeko nk’uko bisabwa n’amategeko.

Ikibazo gihari rero n’uko bishobora gushoboka ntihaboneke ishyaka ryo muri opozisiyo ribona ya majwi angana na 5 % ngo rijye mu nteko. Icyo gihe umwanya wa Perezida w’inteko nshingamategeko wahabwa nde ?

Ibi biramutse bibaye byaba ari ikibazo cyagorana cyane kukikuramo. Ibi byagorana, cyane kuko muri iya matora yose twavuze nta mukandida wigenga wari wageza amajwi 5 % asabwa n’itegeko ngo nibura abe yagoboka agirwe Perezida w’inteko !

Casmiry Kayumba

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 07 Jun 2017
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yeguye nyuma yo gutsindwa muri kamarampaka

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Ubwanditsi 19 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera
INKURU NYAMUKURU

Nsabimana Callixte wiyita Sankara yagaruwe mu Rwanda ubu agiye gushyikirizwa ubutabera – Min. Sezibera

Ubwanditsi 30 Apr 2019
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg
INKURU NYAMUKURU

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Ubwanditsi 15 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru