• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018 POLITIKI

Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, yatumije Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ngo asobanure ibyo Guverinoma iteganya gukora mu kongerera abaturage ubumenyi ku bijyanye no kuboneza urubyaro ndetse no gutuma bose bagerwaho n’uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro.

Abasenateri bafashe iki cyemezo nyuma y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo ya Sena ishinzwe imibereho myiza, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage.

Muri Gashyantare na Mata uyu mwaka, iyi Komisiyo yasuzumye ibyo Guverinoma irimo gukora mu gushishikariza Abanyarwanda kuboneza urubyaro, iyigaragariza Sena mu cyumweru gishize.

Umuyobozi w’iyi komisiyo, Gallican Niyongana, yabwiye The New Times ko Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente, azasabwa gusobanura icyo Guverinoma izakora mu igenamigambi, ihuzabikorwa no gutera inkunga gahunda zo kuboneza urubyaro.

Yagize ati “Turashaka kwizera ko gahunda zo kuboneza urubyaro ziri mu by’ibanze mu bikorwa byose bya Guverinoma.”

Mu cyerekezo 2020 cya Guverinoma, biteganyijwe ko abaturage biyongeraho 2.2% ku mwaka ndetse n’ikigero cy’uburumbuke kikaba abana batatu ku mugore bavuye ku bana 4.2 ku mugore.

Senateri Niyongana avuga ko kugabanya ikigero cy’uburumbuke ku mugore bisaba ko Guverinoma ishora imari mu kwigisha ku buzima bw’imyororokere kandi abaturage bakagerwaho ku bwinshi na serivisi zo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe kuri ubu Abanyarwanda bangana na 19% bakeneye serivisi zo kuboneza urubyaro batazibona.

Yakomeje agira ati “Kuboneza urubyaro ni inkingi y’iterambere. Mu byiciro byose yaba ubukungu, imibereho myiza, umutekano, imiturire ndetse no kurengera ibidukikije, ntacyo wageraho utitaye ku kuboneza urubyaro.”

Ubwiyongere bw’abaturage mu Rwanda buri kuri 2.6% buri mwaka, naho 47% by’Abanyarwanda bakeneye serivisi zo kuboneza urubyaro bakaba bakoresha uburyo bugezweho bwo kwirinda gusama.

Gahunda yo kuboneza urubyaro yemejwe na Guverinoma mu 2012 yari uko 70% baba bakoresha uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro mu 2016. Guverinoma kandi yasezeranyije abaturage ko mu 2020 serivisi zo kuboneza urubyaro zizaba ziri mu midugudu yose uko ari 14 841 hari n’abajyanama b’ubuzima 45 000 bafasha abaturage kuzihabwa.

Gusa Komisiyo ya Sena yasanze abajyanama b’ubuzima badatanga serivisi zose zo kuboneza urubyaro zikenewe ku buryo akenshi abaturage basabwa kujya ku bigo nderabuzima rimwe na rimwe biba biri kure y’aho batuye.

Abasenateri kandi bagaragaza impungenge zo kuba ingengo y’imari ishyirwa muri serivisi zo kuboneza urubyaro ishingiye ku nkunga z’amahanga. Bavuga ko bidakunze kubaho ko uturere dushyira mu ngengo y’imari iyi gahunda, ugasanga twibanda ku kubaka imihanda n’amashuri.

Buri mwaka 50% bya miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda zikoreshwa mu gutanga serivisi zo kuboneza urubyaro atangwa n’abaterankunga, amenshi akava mu Kigega nterankunga cya Leta zunze Ubumwe za Amerika (USAID), ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA).

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa, yabwiye Abasenateri ko igihugu gikeneye gushora imari muri gahunda yo kuboneza urubyaro niba gishaka kugera ku ntego z’iterambere cyiyemeje.

Murangwa yavuze ko imicungire myiza y’ubwiyongere bw’abaturage itoroshye ariyo mpamvu uburyo bwo kuboneza urubyaro bugomba gushyirwamo ingufu.

U Rwanda ruteganya ko mu 2050 ruzaba ruri mu bihugu bikize, aho buri muturage azaba yinjiza arenga 12000 by’amadolari ku mwaka kandi ariho mu buzima bwiza. Inzobere zigaragaza ko kugera kuri iyi ntego bisaba ishoramari rikomeye muri gahunda zo kuboneza urubyaro.

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi  bifuza kuba ba Perezida

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi bifuza kuba ba Perezida

Ubwanditsi 11 May 2017
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe
Mu Mahanga

Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru