• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018 POLITIKI

Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, yatumije Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ngo asobanure ibyo Guverinoma iteganya gukora mu kongerera abaturage ubumenyi ku bijyanye no kuboneza urubyaro ndetse no gutuma bose bagerwaho n’uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro.

Abasenateri bafashe iki cyemezo nyuma y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo ya Sena ishinzwe imibereho myiza, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage.

Muri Gashyantare na Mata uyu mwaka, iyi Komisiyo yasuzumye ibyo Guverinoma irimo gukora mu gushishikariza Abanyarwanda kuboneza urubyaro, iyigaragariza Sena mu cyumweru gishize.

Umuyobozi w’iyi komisiyo, Gallican Niyongana, yabwiye The New Times ko Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente, azasabwa gusobanura icyo Guverinoma izakora mu igenamigambi, ihuzabikorwa no gutera inkunga gahunda zo kuboneza urubyaro.

Yagize ati “Turashaka kwizera ko gahunda zo kuboneza urubyaro ziri mu by’ibanze mu bikorwa byose bya Guverinoma.”

Mu cyerekezo 2020 cya Guverinoma, biteganyijwe ko abaturage biyongeraho 2.2% ku mwaka ndetse n’ikigero cy’uburumbuke kikaba abana batatu ku mugore bavuye ku bana 4.2 ku mugore.

Senateri Niyongana avuga ko kugabanya ikigero cy’uburumbuke ku mugore bisaba ko Guverinoma ishora imari mu kwigisha ku buzima bw’imyororokere kandi abaturage bakagerwaho ku bwinshi na serivisi zo kuboneza urubyaro. Ni mu gihe kuri ubu Abanyarwanda bangana na 19% bakeneye serivisi zo kuboneza urubyaro batazibona.

Yakomeje agira ati “Kuboneza urubyaro ni inkingi y’iterambere. Mu byiciro byose yaba ubukungu, imibereho myiza, umutekano, imiturire ndetse no kurengera ibidukikije, ntacyo wageraho utitaye ku kuboneza urubyaro.”

Ubwiyongere bw’abaturage mu Rwanda buri kuri 2.6% buri mwaka, naho 47% by’Abanyarwanda bakeneye serivisi zo kuboneza urubyaro bakaba bakoresha uburyo bugezweho bwo kwirinda gusama.

Gahunda yo kuboneza urubyaro yemejwe na Guverinoma mu 2012 yari uko 70% baba bakoresha uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro mu 2016. Guverinoma kandi yasezeranyije abaturage ko mu 2020 serivisi zo kuboneza urubyaro zizaba ziri mu midugudu yose uko ari 14 841 hari n’abajyanama b’ubuzima 45 000 bafasha abaturage kuzihabwa.

Gusa Komisiyo ya Sena yasanze abajyanama b’ubuzima badatanga serivisi zose zo kuboneza urubyaro zikenewe ku buryo akenshi abaturage basabwa kujya ku bigo nderabuzima rimwe na rimwe biba biri kure y’aho batuye.

Abasenateri kandi bagaragaza impungenge zo kuba ingengo y’imari ishyirwa muri serivisi zo kuboneza urubyaro ishingiye ku nkunga z’amahanga. Bavuga ko bidakunze kubaho ko uturere dushyira mu ngengo y’imari iyi gahunda, ugasanga twibanda ku kubaka imihanda n’amashuri.

Buri mwaka 50% bya miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda zikoreshwa mu gutanga serivisi zo kuboneza urubyaro atangwa n’abaterankunga, amenshi akava mu Kigega nterankunga cya Leta zunze Ubumwe za Amerika (USAID), ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA).

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, Yusuf Murangwa, yabwiye Abasenateri ko igihugu gikeneye gushora imari muri gahunda yo kuboneza urubyaro niba gishaka kugera ku ntego z’iterambere cyiyemeje.

Murangwa yavuze ko imicungire myiza y’ubwiyongere bw’abaturage itoroshye ariyo mpamvu uburyo bwo kuboneza urubyaro bugomba gushyirwamo ingufu.

U Rwanda ruteganya ko mu 2050 ruzaba ruri mu bihugu bikize, aho buri muturage azaba yinjiza arenga 12000 by’amadolari ku mwaka kandi ariho mu buzima bwiza. Inzobere zigaragaza ko kugera kuri iyi ntego bisaba ishoramari rikomeye muri gahunda zo kuboneza urubyaro.

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018
RDC: Lambert Mende wari Umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila yatangiye gukorwaho iperereza ku kwiba diyama

RDC: Lambert Mende wari Umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila yatangiye gukorwaho iperereza ku kwiba diyama

Ubwanditsi 20 May 2019
Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal
Mu Rwanda

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta
Amakuru

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Ubwanditsi 01 Jul 2025
Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo
Amakuru

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Ubwanditsi 27 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru