• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera
Rwasa Agathon

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Ubwanditsi 29 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Guhera kuwa mbere tariki ya 27 Ugushyingo 2017, muri Tanzania, hatangiye ibiganiro bigamije gushakira umuti ibibazo bya politiki mu Burundi, ariko bigaragara ko mu batumirwa, harimo abari mu kwaha kwa Leta kandi biyita abayirwanya.

Ibi biganiro byitabiriwe ahanini n’abahagarariye imitwe ya politiki n’imiryango ariko bikorana bya hafi na Leta y’u Burundi.

Naho Leta ihagarariwe n’Umujyanama muri Minisiteri y’Umutekano, Ntahiraja Therance, usanzwe uzwiho kuba umuntu utsimbarara. Kuba Leta yamwohereje, byerekana ko idafite ubushake bwo kumvikana n’abatavugarumwe nayo ndetse ko nta gahunda yo kurekura ubutegetsi muri 2020.

Ku ruhande rw’impuzamashyaka y’abatavuga rumwe na Leta (CNARED), bo nta muntu bohereje ubahagarariye, kuko ibiganiro byabanje batigeze batumirwa, ariko bagateganya ko bashobora kuzohereza umuntu uzajya kuvuga uruhande rwabo, ariko batagamije kwitabira ibiganiro.

Abarwanya Leta bari mu gihugu, bahagarariwe na Agathon Rwasa ngo ufite n’intego yo guhirimbana kugirango bikomeze kubera muri Tanzania aho kubera mu Burundi nk’uko Leta ibishaka.

Agathon Rwasa ni visi Perezida w’inteko Nshingamategeko y’u Burundi, kugeza n’iyi saha avuga ko atavuga rumwe na Leta ariko bamwe bakabifata nk’ikinamico arimo na Perezida Nkurunziza.

Ku ruhande rwa CNDD FDD hoherejwe umunyamabanga wayo mukuru, Evariste Ndayishimiye n’abandi bamuherekeje.

Mu matora yabaye 2015, mu bari biyamamaje, Agathon niwe wari uhangayikishije CNDD FDD yari yatanze Nkurunziza nk’umukandida, uyu mugabo Agathon afite abamushyigikiye benshi kandi akaba yaranamaze imyaka myinshi ari inyeshyamba afite n’ingabo.

Ubwo amatora yari arimbanyije, yavugaga ko azakuramo kandidatire ye mu gihe Nkurunziza azaba yiyamamaje, byaje kurangira biyamamazanyije ndetse mu majwi aza ari uwa kabiri kuri we [Nkurunziza] binarangira amugize visi Perezida w’Inteko.

Ni byinshi byagiye bivugwa mu bitangazamakuru, bamwe basesengura ko Agathon Rwasa agambaniye Opozisiyo, abandi bakavuga ko yahawe amafaranga menshi ngo ace bugufi, ariko n’ubu imikorere ye ikaba ikibazwaho nubwo avuga ko ayirwanya kandi ayikorera umunsi ku wundi.

Ibi biganiro birimo kubera i Arusha muri Tanzania mu gihe Leta ya Nkurunziza yifuzaga ko bibera mu Burundi, abasesengura ibya politiki y’i Burundi bakabifata nk’uburyo Leta yashakaga bwo gufata abayirwanya mu gihe baba babyitabiriye mu Burundi.

Ikindi na none kigarukwaho, Perezida Nkurunziza kuva yatorerwa iyi manda yasohotse mu gihugu rimwe, yanze gukora ingendo zo hanze, kuba ibi biganiro bishyizwe hanze y’u Burundi nayo ikaba imbogamizi kuri we yo kutabyitabira, akazajya yohereza abamuhagarariye.

Cyiza D.

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti
Amakuru

APR FC yegukanye igikombe cy’Intwari itsindiye Police FC kuri Penaliti

Ubwanditsi 01 Feb 2025
FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma
IMIKINO

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru