• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera
Rwasa Agathon

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Ubwanditsi 29 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Guhera kuwa mbere tariki ya 27 Ugushyingo 2017, muri Tanzania, hatangiye ibiganiro bigamije gushakira umuti ibibazo bya politiki mu Burundi, ariko bigaragara ko mu batumirwa, harimo abari mu kwaha kwa Leta kandi biyita abayirwanya.

Ibi biganiro byitabiriwe ahanini n’abahagarariye imitwe ya politiki n’imiryango ariko bikorana bya hafi na Leta y’u Burundi.

Naho Leta ihagarariwe n’Umujyanama muri Minisiteri y’Umutekano, Ntahiraja Therance, usanzwe uzwiho kuba umuntu utsimbarara. Kuba Leta yamwohereje, byerekana ko idafite ubushake bwo kumvikana n’abatavugarumwe nayo ndetse ko nta gahunda yo kurekura ubutegetsi muri 2020.

Ku ruhande rw’impuzamashyaka y’abatavuga rumwe na Leta (CNARED), bo nta muntu bohereje ubahagarariye, kuko ibiganiro byabanje batigeze batumirwa, ariko bagateganya ko bashobora kuzohereza umuntu uzajya kuvuga uruhande rwabo, ariko batagamije kwitabira ibiganiro.

Abarwanya Leta bari mu gihugu, bahagarariwe na Agathon Rwasa ngo ufite n’intego yo guhirimbana kugirango bikomeze kubera muri Tanzania aho kubera mu Burundi nk’uko Leta ibishaka.

Agathon Rwasa ni visi Perezida w’inteko Nshingamategeko y’u Burundi, kugeza n’iyi saha avuga ko atavuga rumwe na Leta ariko bamwe bakabifata nk’ikinamico arimo na Perezida Nkurunziza.

Ku ruhande rwa CNDD FDD hoherejwe umunyamabanga wayo mukuru, Evariste Ndayishimiye n’abandi bamuherekeje.

Mu matora yabaye 2015, mu bari biyamamaje, Agathon niwe wari uhangayikishije CNDD FDD yari yatanze Nkurunziza nk’umukandida, uyu mugabo Agathon afite abamushyigikiye benshi kandi akaba yaranamaze imyaka myinshi ari inyeshyamba afite n’ingabo.

Ubwo amatora yari arimbanyije, yavugaga ko azakuramo kandidatire ye mu gihe Nkurunziza azaba yiyamamaje, byaje kurangira biyamamazanyije ndetse mu majwi aza ari uwa kabiri kuri we [Nkurunziza] binarangira amugize visi Perezida w’Inteko.

Ni byinshi byagiye bivugwa mu bitangazamakuru, bamwe basesengura ko Agathon Rwasa agambaniye Opozisiyo, abandi bakavuga ko yahawe amafaranga menshi ngo ace bugufi, ariko n’ubu imikorere ye ikaba ikibazwaho nubwo avuga ko ayirwanya kandi ayikorera umunsi ku wundi.

Ibi biganiro birimo kubera i Arusha muri Tanzania mu gihe Leta ya Nkurunziza yifuzaga ko bibera mu Burundi, abasesengura ibya politiki y’i Burundi bakabifata nk’uburyo Leta yashakaga bwo gufata abayirwanya mu gihe baba babyitabiriye mu Burundi.

Ikindi na none kigarukwaho, Perezida Nkurunziza kuva yatorerwa iyi manda yasohotse mu gihugu rimwe, yanze gukora ingendo zo hanze, kuba ibi biganiro bishyizwe hanze y’u Burundi nayo ikaba imbogamizi kuri we yo kutabyitabira, akazajya yohereza abamuhagarariye.

Cyiza D.

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside
POLITIKI

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC
Amakuru

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Ubwanditsi 30 May 2025
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!
Amakuru

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru