• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Muri 2010, Leta y’u Rwanda binyuze ku muvugizi w’ingabo icyo gihe wari Lt Col Jules Rutaremara  yatangaje ko Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya bari gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Kongo ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda harimo na FDLR. Yongeyeho ko ibyo bazakora byose bitazabahira.

Hadaciye kabiri, Itsinda ry’abahanga bashyizweho na LONI batangaje raporo yabo mu kwezi k’Ukuboza 2010 aho yavugaga birambuye uburyo Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya bakorana n’imitwe yitwaje intwaro bashaka guhungabanya u Rwanda (soma raporo hagati y’ibika bya 63-173). Icyari gishishikaje Karegeya na Kayumba kwari uguhuza imitwe yarwanyaga leta ya Kongo igahurira hamwe harimo niya FDLR; LONI yemeje ko umutwe wa Federal Republican Forces wemeye kwihuza nuwa FPLC (Forces Patriotiques pour la Libération du Congo) ibi byose bikozwe na Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya.

Twibukiranyeko Patrick Karegeya yanze abamucungira umutekano muri Afurika yose kugirango abone uko azenguruka akarere ashaka icyahungabanya umutekano w’u Rwanda. Ibi byose babikoraga kugirango iyo mitwe izihuze na FDLR. LONI kandi ikomeza ivuga muri iyo raporo ko FDLR yari ifite amabuye y’agaciro menshi muri uwo mwaka, Karegeya mu nshingano ze harimo no kuyashakira isoko. Muri ayo mabuye kandi LONI muri raporo yayo ya 2010 yemezako FDLR yari ifite Uranium nyinshi ikoreshwa mu gucura intwaro za kirimbuzi.

Mu mwaka wa 2009, u Rwanda na Kongo bafatanyije mu bikorwa byo kurwanya FDLR, n’abasirikari ba CNDP yari iyobowe na Laurent Nkunda binjizwa mu gisirikari cya Leta. Abo basirikari bakomoka muri Kivu y’amajyaruguru bakaba banavuga ikinyarwanda, LONI yemezako Patrick Karegeya yabaganirizaga ababwira kwihuza n’imitwe irwanya Leta y’u Rwanda nkuko bamwe babyiyemereye. Muri icyo gihe ikinyamakuru cyakoreraga kuri Internet cyitwa “The Exposer” cyakurikiranaga ingendo za Karegeya muri Kongo aho cyari cyanditse umutwe w’inkuru uvuga ngo “What is Karegeya doing in Kinshasa?”

Nyuma ya raporo ya LONI yavuze birambuye ibikorwa bya Karegeya, na Kayumba, bahiye ubwoba bandika Itangazo rigenewe abanyamakuru rivuguruza ariko bibagirwa ko raporo ya LONI bari bafite ibimenyetso. Nyuma yiyo raporo kandi ibikorwa byabo byo guhungabanya umutekano byarakomeje.

Nyuma y’imyaka umunani, Ukuboza 2018, LONI yongeye gutangaza raporo igaragaza ibikorwa bya Kayumba Nyamwasa muri Kongo aho yari afite ingabo zibumbiye mu mutwe uzwi nka P5. Perezida mushya wa Kongo Etienne Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro, ingabo za Kongo zagabye ibitero simusiga ku ngabo za Kayumba, uwari umukuru wabo ariwe Maj (Rtd) Habib Madhatiru arafatwa, abenshi baricwa.  Biragaraga ko Kayumba Nyamwasa yaba yabonye isomo muri Kongo nyuma y’imyaka icyenda ahunahunayo nubwo ari ikigwari yohereza abandi we nabo mu muryango we akabashyira kure y’umuriro.

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Burundi: Kiliziya Gaturika iravuga ko ibintu bikomeje kuba bibi mu gihe hitegurwa amatora mu mwaka utaha

Ubwanditsi 30 Sep 2019
“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Dec 2022
M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri  Mushikiwabo yahishuye byinshi  kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda
Mu Mahanga

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari
ITOHOZA

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa
Mu Rwanda

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru