• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urukiko rwategetse ko Umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30

Urukiko rwategetse ko Umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30

Editorial 17 Jan 2017 Mu Mahanga

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwategetse, ko umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ejo kuwa mbere saa cyenda n’iminota irindwi ni bwo Umucamanza yatangiye gusoma ibyaha bibiri Kanuma w’imyaka 47 aregwa birimo; gukora no gukoresha impapuro mpimbano no kutishyura umusoro.

Kanuma wagaragaye mu rukiko ruherereye i Rusororo, yambaye ipantalo y’umukara, inkweto za siporo z’umukara n’ishati y’amabara y’umweru n’umukara, urukiko rwemeje ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 nk’uko yabisabiwe n’ubushinjacyaha.

Umucamanza yavuze ko ibyagezweho mu iperereza ku byaha Kanuma aregwa bihagije, kandi byerekana ko ashobora kuba yarabikoze.

Yavuze ko ku cyaha cyo kunyereza imisoro, urukiko rufite ikimenyetso cy’inyandiko ya Kanuma yandikiye Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) acyemerera ko akirimo umwenda w’imisororya 65 256 589 Frw atishyuye ariko agasobanura ko impamvu zabiteye ko ari uko imirimo itagenze neza.

Ku bijyanye n’impapuro mpimbano, Ubushinjacyaha bwashinjije Kanuma ko yanditse sheki akagenda ashyiraho amafaranga menshi atandukanye n’ayo asanzwe ahemba abakozi, akazishyira mu idosiye yahataniraga isoko muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero(RDRC), agira ngo ahuze n’ibyo iyo komisiyo yasabaga.

Ni isoko kandi yaje gutsindira, bikavugwa ko ryari rifite miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda, byose ngo abikora abakozi batabizi.

Umucamanza yavuze ko abo Kanuma yavugaga ko bazanditse, biyemereye ko batazizi kuko batigeze bazigiramo uruhare.

Umucamanza ati “Ibi dusanga ari impamvu zikomeye zituma dukeka ko iki cyaha gishobora kuba cyarakozwe na Kanuma.”

Indi mpamvu Umucamanza yashingiyeho ni ukuba Kanuma yarafatiwe i Kayonza atorotse.

Kanuma mu miburanire ye yemeye ko yafatiwe i Kayonza, ariko akavuga ko ntacyamubuzaga kugira aho ajya, kuko atari afunze.

Umucamanza yavuze ko ibisobanuro bye kuri iyi ngingo nta shingiro bifite kuko kuba yari azi ko afite ibyo akurikiranwaho yagombaga kwigengesera kugira ngo hato atitwa ko ashaka gucika.

Umucamanza ati “Bityo kuba yarafatiwe i Kayonza kandi bwije, dusanga nta cyemeza ko aramutse arekuwe atajya kure ya Kayonza, ku buryo igihe inzego z’ubutabera zamushakira zitamubona.”

-5422.jpg

Kanuma yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuwa 31 Ukuboza 2016.

2017-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Editorial 04 Dec 2017
Umwana na nyina bafungiwe kwica ihene urw’agashinyaguro

Umwana na nyina bafungiwe kwica ihene urw’agashinyaguro

Editorial 26 Aug 2016
Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022
Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Editorial 04 Dec 2017
Umwana na nyina bafungiwe kwica ihene urw’agashinyaguro

Umwana na nyina bafungiwe kwica ihene urw’agashinyaguro

Editorial 26 Aug 2016
Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022
Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Editorial 04 Dec 2017
Umwana na nyina bafungiwe kwica ihene urw’agashinyaguro

Umwana na nyina bafungiwe kwica ihene urw’agashinyaguro

Editorial 26 Aug 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru