• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Rwamagana yisubije umwanya wa mbere mu kwesa Imihigo y’umwaka wa 2017/2018

Ubwanditsi 09 Aug 2018 UBUKUNGU

Akarere ka Rwamagana kongeye kuza ku mwanya wa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2017/2018 gakurikirwa na Gasabo na Rulindo; mu gihe Nyamagabe, Ruhango na Nyanza aritwo twaje mu myanya ya nyuma.

Uyu muhango wo gutangaza uburyo uturere twesheje imihigo wabereye mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura ahari hateraniye abayobozi b’inzego z’ibanze n’abandi bari mu nkuru za Leta.

Mu mwaka ushize, Akarere ka Rwamagana ni ko kari kaje ku isonga mu mihigo y’umwaka wa 2016/2017, gakurikirwa n’aka Musanze na Huye ; mu gihe muri dutatu twa nyuma hari Ruhango, Rulindo na Rubavu.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko isuzuma ry’iyi mihigo ribanze ku kureba niba yaragize uruhare mu kwihutisha iterambere ry’igihugu ndetse ko gutanga amanota bitibanze ku bikorwa ahubwo ku ruhare rwabyo mu iterambere ry’igihugu no kureba ko yashyizwe mu bikorwa ku gihe.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko inzego zashyize mu bikorwa imihigo zihuriye ku kuba buri wese yumva uruhare rwe, gusobanukirwa neza ibigomba gukorwa no gukurikiranira hafi uko bikorwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yavuze ko umwaka w’imihigo usojwe, waranzwe n’ibiza byibasiye uturere dutandukanye tw’igihugu bigira ingaruka ku musaruro wari uteganyijwe.

Mu bikorwa by’ingenzi byagezweho mu mwaka wa 2017/2018, yavuze ko urwego rw’ubukungu mu buhinzi hashyizwe imbaraga mu kongera umusaruro mu bihingwa byatoranyijwe.

Mu guteza imbere ubworozi hibanzwe mu gutera intanga inka, mu kurengera ibidukikije haterwa ibiti bisanzwe n’ibivangwa n’imyaka.

Yavuze kandi ko miliyari 53 na miliyoni 96 niyo mafaranga yinjijwe n’uturere mu misoro aho yavuze ko ari umuhigo weshejwe ku kigero cya 100. Naho muri gahunda ya girinka, imiryango 30 616 ikaba yarashyikirijwe inka.

Umwaka utaha, yavuze ko imisoro yinjizwa n’uturere izagera kuri miliyari zirenga 60 Frw, hubakwe ibilometero bigera kuri 135 by’imihanda muri Kigali.

Ibijyanye n’isuku no kutagira aho abantu batura bijyanye n’igihe ni ikindi bizitabwaho mu mihigo y’umwaka utaha, naho mu burezi hubakwe ibyumba by’amashuri ibihumbi 618, ariko abana bose bafashwa kugana ishuri.

Uko uturere twakurikiranye n’amanota y’icumi twa mbere

1. Rwamagana: 84.5%
2. Gasabo: 82.5%
3. Rulindo: 82.5%
4. Gakenke: 80.4%
5. Kicukiro: 77.5%
6. Gicumbi: 76.3%
7. Kayonza: 74.9%
8. Gatsibo:73.5%
9. Rubavu: 72.8%
10. Rutsiro: 72.4%
11. Bugesera
12. Ngororero
13. Kirehe
14. Nyagatare
15. Musanze
16. Muhanga
17. Nyamasheke
18. Nyabihu
19. Huye
20. Nyarugenge
21. Karongi
22. Ngoma
23. Rusizi
24. Nyaruguru
25. Gisagara
26. Kamonyi
27. Burera
28. Nyamagabe
29. Ruhango
30. Nyanza

Ubwo mu 2000 hatangizwaga gahunda yo kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi bityo buri rwego rw’imitegekere y’igihugu rugahabwa inshingano akenshi rwabaga rudasanganwe byabaye ngombwa ko hashyirwaho uburyo bushya bwo gukora ikurikiranabikorwa n’isuzumabikorwa.

Iyo gahunda yatumye inzego z’ibanze zihabwa inshingano yo gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere maze biba ngombwa ko ubuyobozi n’Abanyarwanda bashyiraho uburyo abayobozi batandukanye bagomba gusobanurira abaturage uko buzuza inshingano zabo. Ni muri urwo rwego mu mwaka wa 2006 hatangijwe Imihigo.

Kuva Imihigo yashyirwaho yatumye abayobozi barushaho gusobanurira abaturage uburyo bubahiriza inshingano zabo kandi inafasha mu kwihutisha ibikorwa na gahunda by’iterambere bigenewe abaturage. Umuco w’Imihigo wakwirakijwe muri za Minisiteri, muri za Ambasade no mu bakozi ba Leta.

Uko uturere twari kurikiranye mu kwesa imihigo y’umwaka ushize wa 2016/17

1. Rwamagana: 82.2%
2. Musanze: 81.28%
3. Huye: 80.55%
4. Gakenke: 80.12%
5. Nyarugenge:73.71%
6. Gatsibo: 79.55%
7. Kirehe: 79.39%
8. Burera: 79.33%
9. Gasabo: 79.19%
10. Gicumbi: 79.19%
11. Nyamasheke: 79.1%
12. Rutsiro: 78.74%
13. Karongi:78.62%
14. Rusizi: 78.60%
15. Nyaruguru: 78.40%
16. Muhanga: 78.40%
17. Ngororero: 78.33%
18. Nyagatare: 77.85%
19. Kamonyi: 77.51%
20. Ngoma : 77.50%
21. Nyanza: 77.15%
22. Bugesera: 76.95%
23. Kayonza: 76.86%
24. Nyabihu: 76.15%
25. Kicukiro: 76.02%
26. Gisagara: 75.66%
27. Nyamagabe: 75.55%
28. Ruhango: 75.27%
29. Rulindo: 75.19%
30. Rubavu : 72.76%

 

 

 

 

 

 

2018-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019
Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Miliyoni 32,6$ zigiye gushorwa mu mushinga wo kuzamura ubuhinzi mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House  yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Ubwanditsi 24 Aug 2016
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kwegereza abaturage serivisi z’imari

Ubwanditsi 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu
Amakuru

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza
Mu Rwanda

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri
IMIKINO

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru