• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Mu kwezi kumwe gusa Abanyarwanda bane bamaze kwicwa urubozo muri Uganda babeshyerwa ko ari intasi z’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Amakuru y’akababaro yuje agahinda kenshi avuga ko Abanyarwanda bane bamaze kwicirwa muri Uganda mu minsi 30 gusa; impfu zabo zikaba zitarakorerwa iperereza nkuko amakuru agera kuri Rushyashya abyemeza. Abo Banyarwanda bose ni abagabo bari hagati yimyaka 30 na 60, bapfuye impfu zidasobanutse. Nta perereza ryakozwe na polisi ya Uganda cyangwa abayobozi abo ari bo bose kugirango byibura bamenye icyateye urupfu rwabo.

Ku itariki ya 4 Gashyantare, Gasore Semukanya w’imyaka 36 yishwe azira ubusa maze amanikwa mu giti mu Karere ka Kisoro gaherereye mu majyepfo ya Uganda. Nyuma y’iminsi mike, ku ya 10 Gashyantare, Sebusande Lawrence w’imyaka 60 yiciwe mu Karere ka Isingiro, John Mushabe w’imyaka 31 yiciwe ku ya 14 Gashyantare mu Karere ka Mbarara. Ku ya 10 Werurwe, Hakizimana Celestin w’imyaka 53 yiciwe mu Karere ka Rukungiri.

Aya makuru ateye agahinda yo guhohotera Abanyarwanda akomeje gutangazwa mu gihe ubuyobozi bw’igihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bukomeje gucumbikira no gushyigikira imitwe myinshi yitwaje intwaro yiyita ko itavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda nyamara ahubwo ari iy’iterabwoba, igamije guhungabanya u Rwanda. Mu bihe byashize, hagaragaye uburyo Abanyarwanda banga kwinjizwa muri iyi mitwe batotezwa abandi bakicwa.

None ubu abandi bafunzwe bazira gushinjwa ubutasi kandi bagakorerwa iyicarubozo mu buryo budasanzwe. Abapfuye kugira amahirwe bajugunywa ku mupaka w’u Rwanda na Uganda babwirwa gusubira iwabo kandi bagasabwa kutazasubira muri Uganda. Ababyeyi batandukanijwe n’abana babo, abenshi basize imitungo itabarika baza amara masa. Imiryango yaratatanye, inzirakarengane nyinshi zabuze imibereho kubera urwango rukabije rukwirakwizwa na Leta ya Uganda, cyane cyane Perezida Yoweri Museveni ugamije kumva ko yahindura ubuyobozi bw’u Rwanda.

Imwe muri iyo mitwe ishyigikiwe n’ubutegetsi i Kampala ni umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa wa RNC. Uyu wabaye nyirabayazana w’ibitero bya gerenade byahitanye abantu mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali bikaba byarabaye hagati ya 2010 na 2013. N’ubwo bamwe bagerageje kubihakana, Uganda ntiyahwemye gutanga ubufasha bwose mu gushyigikira RNC mu nzozi zabo mbi zidafite ishingiro zo gutera u Rwanda no guhirika guverinoma yemewe aho barota bahagaze.

Abayobozi muri Uganda bakomeje kwinjiza no gushaka abarwanyi bajya muri RNC bakanyanyagizwa hirya no hino mu rwego rwo gushaka no gukora igishoboka cyose ngo u Rwanda rubure amahoro, abarwanyi bashakishwa baturutse cyane cyane mu nkambi z’impunzi.

2021-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Mu mukino utarabereye igihe ikipe ya Rayon Sports yashimangiye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Gorilla FC 1-0, AS Kigali irakira APR FC kuri Sitade ya Kigali

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BURUNDI :  Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya  Nkurunziza birukanwe burundu  ku ishuri
INKURU NYAMUKURU

BURUNDI : Abakobwa 3, baheruka gufungirwa kwangiza ifoto ya Nkurunziza birukanwe burundu ku ishuri

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza
Mu Rwanda

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi
ITOHOZA

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Ubwanditsi 06 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru