• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Ubwanditsi 09 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Muri aya magambo akomeye asobetswe n’amarangamutima, Perezida Kagame yatangije ukwezi k’Umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Mu mbwirwa ruhame ye itazibagirana mu mateka mu kuza ku isonga, kandi ifite uburemere kurusha izindi mu gihe cye nk’Umuyobozi, Perezida Kagame yasobanuye neza cyane kandi anaburira abifuza kugirira nabi URwanda n’abanzi barwo ko batagomba guhirahira ngobabe bagira icyo bakora ku Rwanda.

“Bene abo,  baba abari mu gihugu cyangwase no hanze yacyo  batekereza ko igihugu cyacu cyitigeze cyibona amakuba ahagije, none bakaba bashaka kuturoha mu makuba…Ndashaka kuvuga ko, tuzabereka..” Ni ngufi, riraryoshye, mu ijwi rirenga, kandi ryumvikana. Kandi hari igitekerezo cyagenewe bene abo bantu. Ariko ni imbwirwaruhame yo mu gihe kiri imbere.

“Nyuma y’imyaka makumyabiri n’itanu, Perezida yakomeje agira ati, “turi aha. Twese hamwe. Twarakomeretse, n’imitima yajenjaguritse, yego. Ariko ntitwatsinzwe.”

Kagame yavuganye agahinda mu kwamagana icyiswe ko ari nyirabayazana ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, nkaho mu byukuri hakenewe ibisobanuro.

“Jenoside nta munsi runaka yatangiriyeho. Hari amateka yayo..”

“Ni kuki impunzi zahoraga ziva mu Rwanda imyaka n’imyaniko? Kuki se abantu bamwe bahoraga batotezwa bicwa, guhera mu mpera za 1950?

Kuki ababyeyi bamwe bicaga abana babo, babaga basa ukuntu?

Perezida Kagame asoza imbwirwaruhame agira ati,  “Muri ibyo byavuzwe ntacyigeze gitangizwa n’ihanuka ry’indege. None se byaturutse he?”

Iyi ni imbwirwaruhame yari yuzuye amateka kandi yibandaga ku bumwe bw’Abanyarwanda, no kubabarirana, ariko yibutsa ko Abanyarwanda batagomba kwibagirwa. Iyi mbwirwaruhame yasobanuye neza imbaraga no kwihangana biranga Abanyarwanda..

“Muri 1994, nta cyizere cyari gihari, hari umwijima gusa. Uyu munsi, urumuri ruramurika hano.

Byabaye gute?

Abanyarwanda bongeye kwishyirahamwe nk’umuryango. Amaboko y’abantu bacu yongeye gusobekana, ari nayo nkingi ya mwamba y’igihugu cyacu. Turazamurana.”

Mu magambo yakoze kubaraho mu buryo bujimije Perezida yavuze amagambo y’umusizi w’umunyarwanda ukiri muto agira ati; “Imana yari iri he muri ayo majoro y’umwijima ya Jenoside?”

Si nemera, ariko ubwo Perezida yavugaga amagambo akurikira, “Iyo ureba URwanda uyu munsi, bigaragara neza ko Imana yagarutse iwacu gutura”Nari ngiye kubyemera.

Ku munsi wibutsa Abanyarwanda iyo minsi mibi 100, abaturage baraza gusinzira neza iri joro, bazi neza ko umugabo ufite imitsi igizwe n’ibyuma ndetse n’ubunyangamugayo ayoboye.

Kandi niba yarayoboye ubwato bwacu mu mazi yuzuye umuhengeri n’ibyondo muri iy’imyaka yose, ni ukuri koko tuzagera imusozi amahoro nta nkomyi.

Ijambo rya Perezida risoza ryari indirimbo mu matwi yanjye. Yagize ati, “Kuri izo nyangabirama, zanangiye kwicuza, ntibitureba.”

“Turi Abanyarwanda baruta kure uko twari turi. Ariko kandi dushobora no kurushaho.”

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Willis SHALITA uba mu gihugu cya Amerika

2019-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Ubwanditsi 08 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu
POLITIKI

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru  ryo mu Rwanda
Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 May 2017
Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye
POLITIKI

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru