• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Ubwanditsi 09 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Muri aya magambo akomeye asobetswe n’amarangamutima, Perezida Kagame yatangije ukwezi k’Umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Mu mbwirwa ruhame ye itazibagirana mu mateka mu kuza ku isonga, kandi ifite uburemere kurusha izindi mu gihe cye nk’Umuyobozi, Perezida Kagame yasobanuye neza cyane kandi anaburira abifuza kugirira nabi URwanda n’abanzi barwo ko batagomba guhirahira ngobabe bagira icyo bakora ku Rwanda.

“Bene abo,  baba abari mu gihugu cyangwase no hanze yacyo  batekereza ko igihugu cyacu cyitigeze cyibona amakuba ahagije, none bakaba bashaka kuturoha mu makuba…Ndashaka kuvuga ko, tuzabereka..” Ni ngufi, riraryoshye, mu ijwi rirenga, kandi ryumvikana. Kandi hari igitekerezo cyagenewe bene abo bantu. Ariko ni imbwirwaruhame yo mu gihe kiri imbere.

“Nyuma y’imyaka makumyabiri n’itanu, Perezida yakomeje agira ati, “turi aha. Twese hamwe. Twarakomeretse, n’imitima yajenjaguritse, yego. Ariko ntitwatsinzwe.”

Kagame yavuganye agahinda mu kwamagana icyiswe ko ari nyirabayazana ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, nkaho mu byukuri hakenewe ibisobanuro.

“Jenoside nta munsi runaka yatangiriyeho. Hari amateka yayo..”

“Ni kuki impunzi zahoraga ziva mu Rwanda imyaka n’imyaniko? Kuki se abantu bamwe bahoraga batotezwa bicwa, guhera mu mpera za 1950?

Kuki ababyeyi bamwe bicaga abana babo, babaga basa ukuntu?

Perezida Kagame asoza imbwirwaruhame agira ati,  “Muri ibyo byavuzwe ntacyigeze gitangizwa n’ihanuka ry’indege. None se byaturutse he?”

Iyi ni imbwirwaruhame yari yuzuye amateka kandi yibandaga ku bumwe bw’Abanyarwanda, no kubabarirana, ariko yibutsa ko Abanyarwanda batagomba kwibagirwa. Iyi mbwirwaruhame yasobanuye neza imbaraga no kwihangana biranga Abanyarwanda..

“Muri 1994, nta cyizere cyari gihari, hari umwijima gusa. Uyu munsi, urumuri ruramurika hano.

Byabaye gute?

Abanyarwanda bongeye kwishyirahamwe nk’umuryango. Amaboko y’abantu bacu yongeye gusobekana, ari nayo nkingi ya mwamba y’igihugu cyacu. Turazamurana.”

Mu magambo yakoze kubaraho mu buryo bujimije Perezida yavuze amagambo y’umusizi w’umunyarwanda ukiri muto agira ati; “Imana yari iri he muri ayo majoro y’umwijima ya Jenoside?”

Si nemera, ariko ubwo Perezida yavugaga amagambo akurikira, “Iyo ureba URwanda uyu munsi, bigaragara neza ko Imana yagarutse iwacu gutura”Nari ngiye kubyemera.

Ku munsi wibutsa Abanyarwanda iyo minsi mibi 100, abaturage baraza gusinzira neza iri joro, bazi neza ko umugabo ufite imitsi igizwe n’ibyuma ndetse n’ubunyangamugayo ayoboye.

Kandi niba yarayoboye ubwato bwacu mu mazi yuzuye umuhengeri n’ibyondo muri iy’imyaka yose, ni ukuri koko tuzagera imusozi amahoro nta nkomyi.

Ijambo rya Perezida risoza ryari indirimbo mu matwi yanjye. Yagize ati, “Kuri izo nyangabirama, zanangiye kwicuza, ntibitureba.”

“Turi Abanyarwanda baruta kure uko twari turi. Ariko kandi dushobora no kurushaho.”

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Willis SHALITA uba mu gihugu cya Amerika

2019-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega

RUSHYASHYA 27 Mar 2026
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Uburundi bwahagaritse imiryango isaga 100 buyishinja kwigisha ubutinganyi

Ubwanditsi 01 Oct 2018
DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

Ubwanditsi 07 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro
Mu Mahanga

Kigali : Nyakatsi yo muri Sports View Hotel yafashwe n’inkongi y’umuriro

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe
UBUKERARUGENDO

Amashirakinyoma : Abadipolomate bakorera mu Rwanda bigereye muri Pariki ya Nyungwe

Ubwanditsi 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru