• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Gicumbi: Bane bafatiwe mu mukwabu wa Polisi bari mu bikorwa by’ubujura n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gicumbi yafashe abagabo bane bakekwabo kuba mu bagize agatsiko k’abacuruzi b’ibiyobyabwenge n’abajura.

Bafashwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro ryo kuwa kane ushize tariki ya 8 Ukuboza.

Babiri muri abo bafashwe ni Hafashimana Etienne na mugenzi we witwa Nsanzamahoro; bivugwa ko bari barazengereje abaturage ku buryo batoboraga amazu yabo maze bakabiba ibintu byabo bitandukanye.

Abandi babiri ni Turikwendera Jean Bosco na Ndaberetse Gabriel Alias Rugunde; bo amakuru avuga ko bakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, kubitunda no kubikwirakwiza hirya no hino ndetse n’ubucuruzi bwa magendu.

Aba bose uko ari bane bafatiwe mu mudugudu wa Gatuna, akagari ka Rwankonjo mu murenge wa Cyumba; ubu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Mulindi.

Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi, ivuga ko aba bagabo bari basanzwe bari kuri lisiti y’abantu bashakishwa kubera ibikorwa bibi; kubera amakuru yatanzwe n’abaturage ndetse n’abakorewe ibyaha kuko bari bararambiwe ibikorwa byabo.

Byatumye rero, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera, kuwa gatanu agirana inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abashinzwe umutekano mu karere ka Gicumbi; maze abasaba kongera kurushaho gukora ibikorwa bigamije gukumira no kuburizamo ibyaha bitandukanye.

Umurenge wa Cyumba, bivugwa ko ariyo nzira y’abacuruzi b’ibiyobyabyabwenge n’ababitunda, cyane cyane inzoga itemewe ya Gin ndetse na kanyanga n’izindi nzoga zitemewe zipfunyikwa mu masashi.

-4973.jpg

CP Emmanuel Butera yagize ati:” aho amarondo akorwa neza; ibi byaha biba byaracitse burundu. Dukorane n’abaturage kandi tubegere, bizatuma tumenya abanyabyaha n’abandi batubahiriza amategeko. Abaturage nibashyire ingufu muri gahunda yo gufatanya n’inzego mu gukumira no kurwanya ibyaha no gusigasira umutekano usesuye dufite”.

2016-12-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Kagame yageze i Brazaville mu nama ya ICGLR

Kagame yageze i Brazaville mu nama ya ICGLR

Ubwanditsi 19 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi
Mu Mahanga

Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Ubwanditsi 26 Oct 2017
Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo
POLITIKI

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Ubwanditsi 26 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru