• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Ubwanditsi 01 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Basabose Filipo avuka mu yahoze ari komini Nshili ku Gikongoro ubu ni mu Karere ka Nyaruguru hafi y’ishuri rya Groupe Scolaire y’i Runyombyi aho bakunda kwita I Santos. Yize amashuri yisumbuye mu Iseminari nto ya Karubanda. Arangije amashuri yakoze iwabo muri Komini Nshili ari uwungirije bourgmestre wa Nshili witwaga Murasandonyi Filipo wayoboye iyo Komini kuva 1962.

Nyuma yakomereje Kaminuza I Nyakinama. Jenoside yakorewe abatutsi iba muri 1994 niho yigaga. Inkotanyi nizo zamurokoye zimuha amahirwe yo guhita akomeza Kaminuza I Butare muri 1995 aninjira mu ngabo z’u Rwanda. Arangije Kaminuza yakoze muri Air Forces i Kanombe aza no guhabwa amahirwe yo kujya gukomeza icyiciro cya 3 cya Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yishyurirwa na Leta y’u Rwanda. Nyuma yagarutse mu Rwanda aza gutoroka igihugu acika igisilikare agiye gushaka ubuhunzi muri Canada. Nubwo yagiye muri ubwo buryo ntabwo u Rwanda rwigeze rumukurikirana.

Ikimenyimenyi muri 2011 yagarutse mu Rwanda nta nkomyi anatanga ikiganiro muri colloque yabereye muri Hotel SERENA yabanjirije kwibuka ku nshuro ya 17 jenoside yakorewe Abatutsi. Filipo Basabose yahisemo kuba ku isonga ry’abasebya ubuyobozi bw’u Rwanda afatanyije n’abandi bahisemo iyo nzira barimo ikigarasha Charlotte Mukankusi ufitanye isano n’umugore wa Basabose Filipo kuko Mukankusi ari nyina wabo w’umugore wa Basabose. Umuhungu w’imfura wa Basabose ubu ni umusilikare mu ngabo za Canada.

Filipo Basabose yagiye yirukanwa mu mashyirahamwe y’abacitse ku icumu kubera imiterere ye yo kubangamira ibikorwa bya Leta byo guteza imbere abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’igihugu bwahagaritse jenoside yakorewe abatutsi.

Ni muri urwi rwego muri 2018 yirukanywe mu ishyirahamwe rya IBUKA Actions URUGEMWE rihuje bamwe mu bacitse ku icumu rya jenoside bari ku migabane yose yo ku isi. Kuva muri 2019 Filipo Basabose yayoboye ibikorwa bibi byo kubangamira kwibuka jenoside yakorewe abatutsi no kwandika inyandiko zisebya ubuyobozi bw’igihugu.

Ikigaragara nuko Basabose icyo ashaka ari ugukomeza gahunda y’ibigarasha, gusebya ubuyobozi bw’igihugu no gucamo ibice abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi. Abacitse ku icumu nibashishoze bitandukanye n’iyo migambi mibi ya Filipo Basabose n’agatsiko bafatanyije.

Abenshi mu bagize agatsiko gafatanya na Filipo Basabose baba muri Canada kagizwe n’aba bakurikira: Etienne Masozera, Gallican Gasana, Tabitha Gwiza, Philbert Muzima, Dada Gasirabo, Clarisse Kayisire Mukundente, Hosea Niyibizi, Jacqueline Cyamuzima, Simeon Ndwaniye, Abijuru Abel, Emerence Kayijuka, Nkubana Louis, Ntagara Jean Paul, Utamuliza Eugénie.

Hakiyongeraho ababa muri Amerika bakuriwe na Albert Gasake hakabamo Innocent Sendashonga, Richard Niwenshuti, Samuel Masabo, Israel Ntaganzwa, Musabyimana Jean de Dieu na Jovin Bayingana n’abo mu Bubiligi barimo: Angélique Rutayisire, Donata Uwanyiligira, John Nkaka, Emelyne Munanayire, Gaspard Gahondogo, Benjamin Rutabana, Mukarugagi Matiboli Alvera, Mukeshimana Seraphine, Murebwayire Agnès, Uwibambe Léontine, mbena rimwe hakajyamo na Miheto Ndorimana Tatien.

Bunganirwa n’abari mu Buholandi bagizwe na Louis Rugambage, Espérance Mukashema n’umugabo we Sisi Evariste baherutse gupfa, Teddy Umurerwa na Rugambwa Teddy bo mu Bwongereza, Prosper Bamara wo muri Sénégal.

Muri Espagne hari Bizumuremyi Bonaventure na Murwanashyaka Théogène musaza wa Espérance Mukashema bakaba abana ba Mukulira ku Muhima. N’abandi.

2021-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Ubwanditsi 11 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya
HIRYA NO HINO

Uwahushije Claver Mbonimpa yarishwe, uwarashe umuhungu we akamwica arakidegembya

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho
INKURU NYAMUKURU

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Ubwanditsi 29 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru