• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda y’abangavu yabonye intsinzi ya mbere mu mikino y’akarere gatanu igamije gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Afrobasket U-16 izabera i Kigali muri Kanama, ni nyuma yo gutsinda Tanzania amanota 61-54 mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino yatangiye ku wa Mbere, ntirwahiriwe n’intangiriro z’iri rushanwa kuko rwatsinzwe na Tanzania ku wa Mbere ndetse na Uganda ku wa Gatatu.

Bitewe n’uko amakipe yitabiriye iri rushanwa mu bangavu ari atatu gusa, buri kipe izahura n’iyindi inshuro ebyiri harebwe ikipe yarushije indi amanota hagati ya Tanzania na Uganda zihataniye guhagararira akarere ka gatanu muri iyi mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika izakirwa n’u Rwanda.

Imikinire y’abangavu b’u Rwanda ikomeje kuzamukira muri iri rushanwa, aho kuri buri mukino hari ibigaragara ko byakosowe. Iyi kipe yatsinze agace ka mbere k’umukino wayihuje na Tanzania kuri uyu wa Kane ku manota 19-18, ariko igorwa n’aka kabiri, igatsindwa ku kinyuranyo cy’amanota atandatu (16-10).

Sailepu Anna na Mollel Catherine bafashije Tanzania gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota 10 ubwo haburaga iminota ine n’amasegonda 32 ngo agace ka gatatu karangire, Umuhamya Ange Promesse atsinda amwe mu manota yafashije u Rwanda gusigara rurushwa abiri gusa.

Nyiramugisha Hope yatsindiye u Rwanda amanota atandatu arimo atatu yatsinze nyuma yo gusimbuka, runganya ndetse runasiga Tanzania amanota atatu (48-51) mu gihe haburaga iminota irindwi n’amasegonda 21 ngo umukino urangire.

Dusingizumuremyi Stella Matutina na Munezero Lamla bafatanyije mu gushimangira intsinzi y’u Rwanda, hajyamo inyuranyo cy’amanota arindwi ndetse u Rwanda rutsinda umukino wa mbere ku manota 61-54 rwihimuye kuri Tanzania yari yarutsinze ku mukino ubanza.

Catherine Mollel wa Tanzania ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino, 20, mu gihe Munezero Lamla w’u Rwanda yatsinzemo 16.

Kuri uyu wa Gatanu, Uganda irakina undi mukino na Tanzania guhera saa 18:00 mu gihe ikipe y’u Rwanda izakina n’iya Uganda mu mukino usoza iri rushanwa mu bangavu uzaba saa 17:00 ejo ku wa Gatandatu.

Mu cyiciro cy’ingimbi, ikipe y’u Rwanda yatsinze iya Uganda amanota 96-36 mu mukino wa mbere wabaye ku wa Gatatu, zizongera zihure mu mukino wa kabiri kuri uyu wa Gatandatu saa 19:00 kugira ngo hamenyekane ikipe izakina Afrobasket U-16 izabera i Praia muri Cap-Vert.

Nyiramugisha Hope ashaka uko anyuza umupira kuri Nelious Edson wa Tanzania

Catherine Mollel yatsinze amanota menshi muri buri mukino muri iri rushanwa
Src : IGIHE

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Monaco Cosmetics na monaco Cafe bakomeje kubagezeho Product zabo zidasanzwe

Monaco Cosmetics na monaco Cafe bakomeje kubagezeho Product zabo zidasanzwe

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Ubwanditsi 02 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye
Mu Rwanda

Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ku bwiyongere bw’abaturage, EAC, demokarasi n’ibindi

Ubwanditsi 11 Dec 2019
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basanze Nyungwe itekanye
INKURU NYAMUKURU

Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda basanze Nyungwe itekanye

Ubwanditsi 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru