• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda y’abangavu yabonye intsinzi ya mbere mu mikino y’akarere gatanu igamije gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Afrobasket U-16 izabera i Kigali muri Kanama, ni nyuma yo gutsinda Tanzania amanota 61-54 mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino yatangiye ku wa Mbere, ntirwahiriwe n’intangiriro z’iri rushanwa kuko rwatsinzwe na Tanzania ku wa Mbere ndetse na Uganda ku wa Gatatu.

Bitewe n’uko amakipe yitabiriye iri rushanwa mu bangavu ari atatu gusa, buri kipe izahura n’iyindi inshuro ebyiri harebwe ikipe yarushije indi amanota hagati ya Tanzania na Uganda zihataniye guhagararira akarere ka gatanu muri iyi mikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika izakirwa n’u Rwanda.

Imikinire y’abangavu b’u Rwanda ikomeje kuzamukira muri iri rushanwa, aho kuri buri mukino hari ibigaragara ko byakosowe. Iyi kipe yatsinze agace ka mbere k’umukino wayihuje na Tanzania kuri uyu wa Kane ku manota 19-18, ariko igorwa n’aka kabiri, igatsindwa ku kinyuranyo cy’amanota atandatu (16-10).

Sailepu Anna na Mollel Catherine bafashije Tanzania gushyiramo ikinyuranyo cy’amanota 10 ubwo haburaga iminota ine n’amasegonda 32 ngo agace ka gatatu karangire, Umuhamya Ange Promesse atsinda amwe mu manota yafashije u Rwanda gusigara rurushwa abiri gusa.

Nyiramugisha Hope yatsindiye u Rwanda amanota atandatu arimo atatu yatsinze nyuma yo gusimbuka, runganya ndetse runasiga Tanzania amanota atatu (48-51) mu gihe haburaga iminota irindwi n’amasegonda 21 ngo umukino urangire.

Dusingizumuremyi Stella Matutina na Munezero Lamla bafatanyije mu gushimangira intsinzi y’u Rwanda, hajyamo inyuranyo cy’amanota arindwi ndetse u Rwanda rutsinda umukino wa mbere ku manota 61-54 rwihimuye kuri Tanzania yari yarutsinze ku mukino ubanza.

Catherine Mollel wa Tanzania ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino, 20, mu gihe Munezero Lamla w’u Rwanda yatsinzemo 16.

Kuri uyu wa Gatanu, Uganda irakina undi mukino na Tanzania guhera saa 18:00 mu gihe ikipe y’u Rwanda izakina n’iya Uganda mu mukino usoza iri rushanwa mu bangavu uzaba saa 17:00 ejo ku wa Gatandatu.

Mu cyiciro cy’ingimbi, ikipe y’u Rwanda yatsinze iya Uganda amanota 96-36 mu mukino wa mbere wabaye ku wa Gatatu, zizongera zihure mu mukino wa kabiri kuri uyu wa Gatandatu saa 19:00 kugira ngo hamenyekane ikipe izakina Afrobasket U-16 izabera i Praia muri Cap-Vert.

Nyiramugisha Hope ashaka uko anyuza umupira kuri Nelious Edson wa Tanzania

Catherine Mollel yatsinze amanota menshi muri buri mukino muri iri rushanwa
Src : IGIHE

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Amavubi yatsinze  umukino wa mbere

Uko Amavubi yatsinze umukino wa mbere

Ubwanditsi 17 Jan 2016
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Ifoto y’Umunsi

Ifoto y’Umunsi

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha
HIRYA NO HINO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi
Amakuru

Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 28 Jul 2021
Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo
Mu Mahanga

Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Ubwanditsi 28 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru