• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Ubwanditsi 28 Feb 2017 Mu Mahanga

Mu muganda rusange ngarukakwezi aho Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abaturage b’i Kabarore yaboneyeho no kugaragaza ko hari ibigo by’amashuri bitita ku bibuga by’abana kuko ngo hari aho ibyatsi byaranduwe.

Uyu muganda usoza ukwezi kwa Gashyantare wabereye mu Kagari ka Simbwa ho mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo aho abaturage bifatanyije na Perezida wa Repubulika ndetse na bamwe mu bayobozi bayobozi batangira umwiherero kuri uyu wa Gatandatu.

Abandi bayobozi na bo bitabiriye uyu mwiherero i Gabiro bayobowe na Perezida wa Sena, Bernard Makuza bifatanyije n’abandi baturage bakora umuganda ku Karere ka Gatsibo kari hafi kuzuza inyubako nshya.

Aha mu Kagari ka Simbwa katagiraga ishuri ribanza, Perezida Kagame n’abagize guverinoma bafashije aba baturage kububakira ishuri ribanza bityo bavuna amaguru (baruhura) abana bakoraga urugendo rwa kilometero 12 bajya banagana ku ishuri mu tugari duhana imbibi n’aka ka Simbwa.

-5921.jpg

Umukuru w’Igihugu yasabye abaturage kwita isuku ikikije ibigo by’amashuri batibagiwe kwita ku bibuga abana bakiniramo kuko ngo bigomba kugira ibyatsi (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu ijambo yagejeje kuri aba baturage nyuma y’umuganda, Perezida Kagame yabibukije ko uyu ari umuco wo gukorera hamwe, ati “Ni umuco wo guterana inkunga, abafite imbaraga nke bakazihuza n’abafite nyinshi tukubaka. Nk’aya mashuri ndabasezeranya ko mu gihe gito azaba yuzuye. Si aya gusa kandi kuko n’ahandi dushaka ko bayabona.”

Yabasabye kandi kuyitaho ngo ntazangirike, ari na ho yahise agaruka ku bindi bikorwa remezo byunganira ishuri avuga ko bidakwiye kuba hari ibibuga abana bakiniraho bidafite ibyatsi.

Yagize ati “Hari aho njya mbona ibibuga byashizemo ibyatsi ku buryo byabaye imbuga. Ibibuga bigomba kuba bifite ibyatsi kuko gutera ibyatsi ni ibintu byakorwa na buri wese.”

Umukuru w’Igihugu yababwiye ko bidasaba gukodesha abantu babaterera ibyatsi mu bibuga cyangwa se babakorera isuku kuko ngo ubwabo babyikorera bikanatuma abana biga neza.

Mu bindi bikorwa remezo yemereye iri shuri ryo mu Kagari ka Simbwa, ni ikoranabuhanga kuko ngo yifuza ko bazagezwaho na za mudasobwa na zo yasabye ko zazakoreshwa neza nizibageraho.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yagaragaje ko hari ibibazo bimwe aka Karere gafite birimo kuba umurongo w’itumanaho udakora neza kandi abaturage 62.5% batunze telefoni.

Perezida Kagame yabijeje ko agiye kubikurikirana bakagezwaho umunara ubafasha gukoresha neza telefoni zabo.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe abagize Guverinoma baratangira umwiherero mu kigo cya Gisirikari cya Gabiro aho utangizwa na Perezida wa Repubulika.

-5922.jpg

Umukobwa wa Perezida Kagame, Ange Kagame na we yifatanyije n’abayobozi muri uyu muganda rusange

Ifoto/Village Urugwiro

Source : Izuba rirashe

2017-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 25 Jan 2023
Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Perezida Kagame yagennye imishahara mishya y’abapolisi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 17 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid
Amakuru

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18
IMIKINO

Handball 2017 : Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa
ITOHOZA

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Ubwanditsi 22 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru