• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Ubwanditsi 28 Feb 2017 Mu Mahanga

Mu muganda rusange ngarukakwezi aho Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abaturage b’i Kabarore yaboneyeho no kugaragaza ko hari ibigo by’amashuri bitita ku bibuga by’abana kuko ngo hari aho ibyatsi byaranduwe.

Uyu muganda usoza ukwezi kwa Gashyantare wabereye mu Kagari ka Simbwa ho mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo aho abaturage bifatanyije na Perezida wa Repubulika ndetse na bamwe mu bayobozi bayobozi batangira umwiherero kuri uyu wa Gatandatu.

Abandi bayobozi na bo bitabiriye uyu mwiherero i Gabiro bayobowe na Perezida wa Sena, Bernard Makuza bifatanyije n’abandi baturage bakora umuganda ku Karere ka Gatsibo kari hafi kuzuza inyubako nshya.

Aha mu Kagari ka Simbwa katagiraga ishuri ribanza, Perezida Kagame n’abagize guverinoma bafashije aba baturage kububakira ishuri ribanza bityo bavuna amaguru (baruhura) abana bakoraga urugendo rwa kilometero 12 bajya banagana ku ishuri mu tugari duhana imbibi n’aka ka Simbwa.

-5921.jpg

Umukuru w’Igihugu yasabye abaturage kwita isuku ikikije ibigo by’amashuri batibagiwe kwita ku bibuga abana bakiniramo kuko ngo bigomba kugira ibyatsi (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu ijambo yagejeje kuri aba baturage nyuma y’umuganda, Perezida Kagame yabibukije ko uyu ari umuco wo gukorera hamwe, ati “Ni umuco wo guterana inkunga, abafite imbaraga nke bakazihuza n’abafite nyinshi tukubaka. Nk’aya mashuri ndabasezeranya ko mu gihe gito azaba yuzuye. Si aya gusa kandi kuko n’ahandi dushaka ko bayabona.”

Yabasabye kandi kuyitaho ngo ntazangirike, ari na ho yahise agaruka ku bindi bikorwa remezo byunganira ishuri avuga ko bidakwiye kuba hari ibibuga abana bakiniraho bidafite ibyatsi.

Yagize ati “Hari aho njya mbona ibibuga byashizemo ibyatsi ku buryo byabaye imbuga. Ibibuga bigomba kuba bifite ibyatsi kuko gutera ibyatsi ni ibintu byakorwa na buri wese.”

Umukuru w’Igihugu yababwiye ko bidasaba gukodesha abantu babaterera ibyatsi mu bibuga cyangwa se babakorera isuku kuko ngo ubwabo babyikorera bikanatuma abana biga neza.

Mu bindi bikorwa remezo yemereye iri shuri ryo mu Kagari ka Simbwa, ni ikoranabuhanga kuko ngo yifuza ko bazagezwaho na za mudasobwa na zo yasabye ko zazakoreshwa neza nizibageraho.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yagaragaje ko hari ibibazo bimwe aka Karere gafite birimo kuba umurongo w’itumanaho udakora neza kandi abaturage 62.5% batunze telefoni.

Perezida Kagame yabijeje ko agiye kubikurikirana bakagezwaho umunara ubafasha gukoresha neza telefoni zabo.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe abagize Guverinoma baratangira umwiherero mu kigo cya Gisirikari cya Gabiro aho utangizwa na Perezida wa Repubulika.

-5922.jpg

Umukobwa wa Perezida Kagame, Ange Kagame na we yifatanyije n’abayobozi muri uyu muganda rusange

Ifoto/Village Urugwiro

Source : Izuba rirashe

2017-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Minisitiri Biruta yagaragaje uko ikibazo cya Kongo gihagaze imbere y’inteko ishinga amategeko

Ubwanditsi 26 Jan 2023
Hejuru y’imyaka 30 yakatiwe amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Augustin Ngirabatware yongereweho indi myaka 2 kubera gutera ubwoba abatangabuhamya

Hejuru y’imyaka 30 yakatiwe amaze guhamwa n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Augustin Ngirabatware yongereweho indi myaka 2 kubera gutera ubwoba abatangabuhamya

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu
Amakuru

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’
POLITIKI

Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye n’Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru