• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Umuganda: Kagame yakebuye amwe mu mashuri yaranduye ibyatsi mu mbuga abana bakiniramo

Ubwanditsi 28 Feb 2017 Mu Mahanga

Mu muganda rusange ngarukakwezi aho Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abaturage b’i Kabarore yaboneyeho no kugaragaza ko hari ibigo by’amashuri bitita ku bibuga by’abana kuko ngo hari aho ibyatsi byaranduwe.

Uyu muganda usoza ukwezi kwa Gashyantare wabereye mu Kagari ka Simbwa ho mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo aho abaturage bifatanyije na Perezida wa Repubulika ndetse na bamwe mu bayobozi bayobozi batangira umwiherero kuri uyu wa Gatandatu.

Abandi bayobozi na bo bitabiriye uyu mwiherero i Gabiro bayobowe na Perezida wa Sena, Bernard Makuza bifatanyije n’abandi baturage bakora umuganda ku Karere ka Gatsibo kari hafi kuzuza inyubako nshya.

Aha mu Kagari ka Simbwa katagiraga ishuri ribanza, Perezida Kagame n’abagize guverinoma bafashije aba baturage kububakira ishuri ribanza bityo bavuna amaguru (baruhura) abana bakoraga urugendo rwa kilometero 12 bajya banagana ku ishuri mu tugari duhana imbibi n’aka ka Simbwa.

-5921.jpg

Umukuru w’Igihugu yasabye abaturage kwita isuku ikikije ibigo by’amashuri batibagiwe kwita ku bibuga abana bakiniramo kuko ngo bigomba kugira ibyatsi (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu ijambo yagejeje kuri aba baturage nyuma y’umuganda, Perezida Kagame yabibukije ko uyu ari umuco wo gukorera hamwe, ati “Ni umuco wo guterana inkunga, abafite imbaraga nke bakazihuza n’abafite nyinshi tukubaka. Nk’aya mashuri ndabasezeranya ko mu gihe gito azaba yuzuye. Si aya gusa kandi kuko n’ahandi dushaka ko bayabona.”

Yabasabye kandi kuyitaho ngo ntazangirike, ari na ho yahise agaruka ku bindi bikorwa remezo byunganira ishuri avuga ko bidakwiye kuba hari ibibuga abana bakiniraho bidafite ibyatsi.

Yagize ati “Hari aho njya mbona ibibuga byashizemo ibyatsi ku buryo byabaye imbuga. Ibibuga bigomba kuba bifite ibyatsi kuko gutera ibyatsi ni ibintu byakorwa na buri wese.”

Umukuru w’Igihugu yababwiye ko bidasaba gukodesha abantu babaterera ibyatsi mu bibuga cyangwa se babakorera isuku kuko ngo ubwabo babyikorera bikanatuma abana biga neza.

Mu bindi bikorwa remezo yemereye iri shuri ryo mu Kagari ka Simbwa, ni ikoranabuhanga kuko ngo yifuza ko bazagezwaho na za mudasobwa na zo yasabye ko zazakoreshwa neza nizibageraho.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yagaragaje ko hari ibibazo bimwe aka Karere gafite birimo kuba umurongo w’itumanaho udakora neza kandi abaturage 62.5% batunze telefoni.

Perezida Kagame yabijeje ko agiye kubikurikirana bakagezwaho umunara ubafasha gukoresha neza telefoni zabo.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe abagize Guverinoma baratangira umwiherero mu kigo cya Gisirikari cya Gabiro aho utangizwa na Perezida wa Repubulika.

-5922.jpg

Umukobwa wa Perezida Kagame, Ange Kagame na we yifatanyije n’abayobozi muri uyu muganda rusange

Ifoto/Village Urugwiro

Source : Izuba rirashe

2017-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 May 2018
Uganda: Leta yashyizeho umusoro kuri Bibiliya na Korowani

Uganda: Leta yashyizeho umusoro kuri Bibiliya na Korowani

Ubwanditsi 16 May 2018
Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Ubwanditsi 24 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza
INKURU NYAMUKURU

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Ubwanditsi 29 May 2018
Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi
ITOHOZA

Abanyeshuri 4 b’abanyarwanda bafungiye mu Burundi

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru