• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Abayobozi b’inzego z’ibanze bakwiye guhembwa mu rwego rwo guca ruswa- Transparency

Ubwanditsi 23 Mar 2016 Mu Mahanga

Imibare igaragazwa n’ubushakashatsi bushya bwakozwe n’umuryango urwanya ruswa, igaragaza ko abasabye serivisi mu nzego z’ibanze 14.8% batanze ruswa na 12.4% barayisabwa ariko ntibayitanga. Abaturage batanga inama ko abo bayobozi bajya bahembwa kuko aribwo ruswa yagabanya umuvuduko.

Inzego z’ibanze zakunze gutungwa agatoki ko zirya ruswa, cyane cyane bitewe n’uko hari abazikoramo ku nzego zo hasi badahembwa kandi bakaba bagira akazi kenshi gasaba ubwitange.

Ubushakashatsi bwa Transparency International-Rwanda buvuga ko abaturage batanga ruswa cyane ari abahinzi n’aborozi, cyane cyane ko bayitanga bashaka ibyangombwa ndetse no mu gihe baba bari mu manza z’amasambu cyangwa mu yandi makimbirane yo mu ngo.

Umuyobozi wa Transparency International-Rwanda, Marie Immaculée Ingabire avuga ko Leta ikwiye kugira icyo ikora kuko kubona ruswa ihera hasi izamuka ari ikibazo gikomeye cyane. Akomweza avuga ko ikiyitera cyane, nko mu nzego z’ibanze, ari uko “ahanini abayobozi baba bafite inshingano z’akazi bakoresha nk’aho ari ubucuruzi.” Akomeza agira ati “ Umuntu ajya gushaka icyangombwa cyo kujya gushaka indangamuntu cyangwa icy’ubutaka, aho kugira ngo umukuru w’umudugudu amusinyire akamubwira ko nta mwanya. Nyamara iyo amubwiye kujya kumugurira icupa, ahita areba kasha akayitwaza ukagira ukibaza niba mbere itari ihari bikakuyobera!”

Ingabire akomeza avuga ko ubushakashatsi bwakozwe na Transparency International-Rwanda mu mwaka wa 2013 bwasanze ari uko abayobozi bo mu nzego z’ibanze badahembwa, bityo bakaka ruswa nko gushaka amaramuko. Agira ati “Rwose hakwiye gushyirwaho agahimbazamusyi ka bariya bantu kugira ngo ruswa igabanyuke, naho niba ntagikozwe ntishobora gucika, kandi kuyirwanya muri izi nzego biragoranye cyane.”

Bamwe mu baturage bavuga ko Leta yari ikwiye kujya ihemba abayobozi bo mu nzego z’ibanze, cyane cyane umukuru w’umudugudu n’ushizwe umutekano kuko bakora akazi kenshi kandi ntibagahemberwe. Uwitwa Gihana Jean Louise avuga ko iyo ugiye ufite ikibazo “nta kantu” ufite udahabwa serivise uko bikwiye ahubwo usabwa kuzaba ugaruka nyamara icyangombwa wari ugikeneye byihutirwa.

Gihana akomeza avuga ko “umuyobozi udahembwa arya ruswa, kuko iyo utamuguriye icupa cyagwa go umuhe igihumbi ntacyo akumarira kuko nta nyugu aba afite kugira ngo aguhe ibyo byagombwa.” Akomeza avuga hari aho yasabye serivisi ntiyayihabwa, aguze icupa ry’amafaranga 500 bahita bamusinyira ajya ku murenge ikibazo cye kirakemuka.

-2526.jpg

Ingabire Marie Immaculée,Umuyobozi wa Transparency International Rwanda

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis avuga ko icyo abaturage bateze ku bayobozi b’inzego z’ibanze ari ukubatega amatwi bakabagisha inama kandi bakabaha serivisi uko bikwiye, nta kiguzi. Abaka ruswa nab o ngo bagomba kubicikaho kuko mu Rwanda yahagurukiwe kuko ihungabanya byinshi mu nzego z’ubuyobozi bwimakaje imiyoborere myiza.

Safi Emmanuel

2016-03-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafashije FDLR gutera Bugeshi bagaragajwe

Abafashije FDLR gutera Bugeshi bagaragajwe

Ubwanditsi 29 Apr 2016
Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Ubwanditsi 27 Sep 2021
M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Ubwanditsi 09 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare
Mu Mahanga

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Ubwanditsi 17 Sep 2016
Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga
Amakuru

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8
IMIKINO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Ubwanditsi 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru