• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Premier League

Shampiyona y’igihugu cy’ubwongereza yatangiye muri Kanama 2020,yasojwe kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gicurasi 2021, yasize ikipe ya Manchester City ariyo itwaye igikombe cya shampiyona,amakipe nka Manchester City , Manchester United , Liverpool na Chelsea abona itike ya champions League, amakipe nka West Ham United, Liecester City na Tottehnam abona itike ya Europa League.

Ibyatangaje abantu ni uburyo Arsenal itigize iza mu makipe 6 ya mbere nk’uko byari bemenyerewe , Harry Kane niwe watsinze ibitego byinshi 23.
Amakipe yamanutse uyu mwaka ni Fulham , Sheffield United na West bromwhich , mu gihe ayazamutse ari Norwich City, Watford na hagati ya Brentford izakina umukino wa kamarampaka na Swan sea City.

Laliga

Shampiyona y’igihugu cya Espagne nayo yatangiye muri Kanama 2020 ,yasojwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22 Gicurasi 2021, Atletico Madrid niyo yatwaye igikombe cya shampiyona

Real Madrid yabaye iya kabiri irushwa inota rimwe na Atletico Madrid, mu gihe FC Barcelona yabaye iya gatatu.

Amakipe azakina Uefa Champions League ni Atletico Madrid , Rael Madrid , Barcelona na Sevilla.

Azakina Europa League ni Real Sociedad, Real Betis na Villareal

Lionel Messi niwe watsinze ibitego byinshi 30 , naho Karim Benzema na Gerrad Moreno wa Villareal batsinze 23.

Amakipe yamanutse ni Huesca, Eibar na Valladolid

Serie A

Shampiyona y’igihugu y’Abataliyani y’uyu mwaka wa 2020-2021 yatwaye n’ikipe ya Inter Milan yaherukaga gutwara igikombe cya shampiyona mu 2011.

Juventus ikaba yaratunguranye inanirwa gutwara igikombe nk’uko byari bisanzwe ndetse no kuza mu makipe azakina UEFA Champions League byaragoranye kuko byayisanye umukino w’umunsi wa nyuma.

AC Milan yitwaye neza muri iyi shampiyona kuko yabaye iya kabiri n’amanota 79 ihita ibona itike ya Champions League.

Amakipe azakina Uefa champions League ni Inter Milan , AC Milan,Atlanta na Juventus

Azakina Europa League ni Napoli , Lazio na AS Roma.

Cristiano Ronaldo niwe watsinze ibitego byinshi 29 mu gihe Romeli Lukaku yatsinze ibitego 24.

Ligue 1

Shampiyona y’abafaransa yaraye ishojwe kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gicurasi 2021, itwawe n’ikipe ya Lille nyuma yo kugira umwaka mwiza wa shampiyona.
Icyatunguranye muri iyi shampiyona n’uburyo ikipe ya PSG yananiwe kwegukana igikombe mu gihe ariyo ifite abakinnyi beza ugereranyije nandi makipe

Amakipe azakina Uefa Champions League ni Lille yatwaye igikombe cya shampiyona , PSG yabaye iya kabiri, AS Monaco yabaye iya gatatu na Lyon yabaye iya kane.

Amakipe azakina Europa League ni Marseille na Rennes.

Klyan Mbappe niwe watsinze ibitego byinshi 27, mu gihe Memphis Depay yatsinze ibitego 20.

Bundesliga

Shampiyona y’Ubidage nubundi ntacyahindutse cyane kuko Bayern Munich niyo yatwaye igikombe nkibisanzwe, ariko ikipe ya Schalke 04 yamanutse mu kiciro cya kabiri.

Amakipe yabaye ane ya mbere ni Bayern Munich, RB Leipzig,Dortmund na Wolfsburg akaba ariyo azakina UEFA Champions League.

Azakina Europa League ni Frankfurt na Bayern Leverkusen.

Muri iyi shampiyona kandi nibwo Rutahizamu wa Bayern Munich Robert Lewandowski yakuyeho agahigo ka Gerrad Muller ko gutsinda ibitego byinshi mu mwaka w’imikino kuko Lewandowski yatsinze ibitego ibitego 41, mu gihe Gerrad Muler yari yatsinze ibitego 40.

2021-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye  ya kabiri  asoza

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye ya kabiri asoza

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Ubwanditsi 11 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda
Mu Mahanga

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara
HIRYA NO HINO

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru