• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018 SHOWBIZ

Kenshi usanga ba bakobwa batangarirwa na benshi ko ari beza ku buranga n’ubwo nta we uba uzi uko bameze imbere ku mutima, batinda kubaka ingo, kandi ubona nta kintu babuze.

Ikinyamakuru Bwiza.com  dukesha iyi nkuru cyakusanyirije bimwe mu bishobora gutuma umukobwa utangarirwa na benshi ku buranga ashobora kumara igihe kirekire yarabuze umuvana iwabo.

 1.Kubatinya: Umukobwa uteye neza, usa neza ku isura, mbese wawundi uca ku basore bakavuga bati ‘uyu mukobwa aracyeye’ akenshi uzasanga abahungu batinya kumuvugisha kandi mu by’ukuri na we akeneye umuba hafi, nta n’uwo agira, ahubwo uko ateye kukamubera imbogamizi yo kumucaho abantu.

2.Kubabonamo agasuzuguro: Rimwe na rimwe hari igihe aba abona abasore benshi bamukeneye, aha niho ahera abatera ikizere, umuvugishije yaba atamuhaye akanya akaba yahita amubonamo agasuzuguro cyangwa ubwirasi mu by’ukuri atari uko asuzugura ahubwo ari uburyo bwo kwirinda.

3.Kubabonamo ubunebwe: Hari imirimo imwe n’imwe abasore baba bibeshyaho ko umukobwa mwiza atakora, nko guhinga, gucuruza utuntu duciriritse,… ahubwo bakababonamo isura yo gukora nko mu biro cyangwa ahandi hantu hiyubashye kandi mu by’ukuri nyiri ubwiza bwe, bumwemerera kuba mu buzima bwose rimwe na rimwe anakennye ku mufuka kandi anafite umutima mwiza, akabura amahirwe atyo

4.Kubahuriraho muri benshi bakabura amahitamo: Bitewe n’aho ari, hari igihe abasore bamubana benshi, akabura amahitamo ahubwo agakunda rumwe rwo mu kigare, atendeka abasore, akabura uwo akunda n’uwo areka.

5.Gukeka ko afite umukunzi: Umusore ashobora kwitinya, yumva ko umukobwa nk’uwo ataba yarabuze umukunzi, kandi mu by’ukuri yaramubuze burundu, benshi bagahora bamutinyira ubusa.

6.Kumubonamo Ubwibone: Umukobwa ashobora kumenya ko ari mwiza, nawe yakwireba uko ateye koko akabona ko ari mwiza pe! Ibi rero nibyo bwiza.com ikubwira ko bituma na we yirya ku giti cye ntawe abangamiye cyangwa akagaragaza ubwibone, niyo ataba asuzugura, ariko abasore bamubonamo ubwibone, bati uriya ntabwo yatonora igitoki, ntabwo yakoropa mu nzu, ntabwo yakwisiga amavuta ya make,… ibi bikaba byamuheza iwabo.

7.Kumubonamo inshuti yo mu gitanda: Abasore benshi b’abahehesi, akenshi iyo babonye abakobwa beza cyane, baremera bakabamariraho ibyo bafite ariko intego bakayigeraho, bakabasambanya, ikibabaje ni uko iyo bashaka kubaka urugo, basubira inyuma bakajya gushaka babandi bazi ko badafite ubwiza wenda bushamaje cyane, ariko baciye bugufi, badatangarirwa na benshi,…

8.Amakuru yumvwa ku bandi: Umusore ashobora kuba azi amateka y’undi mukobwa azi ko yari mwiza atarashaka, nyuma yagera mu rwe rukamunanira, ibyo nabyo abasore babigenderaho bavuga bati; wasanga na we umugejeje mu rugo yamera nka kanaka twirirwaga dutangarira ngo ni mwiza, ibi bikaba byabuza umukobwa amahirwe kandi wenda we atari ko ateye.

9.Kumubona nk’uvuka mu muryango ukize: Umukobwa mwiza, wiyitaho, kabone n’iyo yaba avuka kwa ngoferi, abasore iyo bamubonye bahita biyumvisha ko avuka kwa Minisitiri, kwa jenerali kandi wenda avuka kwa ngofero ahubwo ari uko abasha kwiyitaho nk’umwari, abasore bakaba bamutinyira ibyo adafite, imyaka ikamubana myinshi yarabuze umukunzi.

10.Kwibwira ko yazajya aguca inyuma: Hari imvugo benshi bakoresha ko umugore mwiza atarongorwa n’umugabo we gusa, ibi rero bitera ubwoba abasore, bagahora biyumvisha ko umukobwa mwiza n’ubundi namara gushyingirwa abandi bagabo bazajya bamurabukwa.

Gusa ibi biba ari ukwibeshya, ushaka umugore ntamurebera ku miterere y’umubiri we, umugore mwiza umuhabwa n’Imana, umugore mwiza ukamubonera mu bikorwa akora, bikaba akarusho iyo akweretse urukundo rw’ibikorwa aho kukugaragariza rumwe rwo mu magambo cyangwa mu mashuka.

2018-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Umuhanzi Sheebah Karungi yarokotse igico cy’amabandi

Umuhanzi Sheebah Karungi yarokotse igico cy’amabandi

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Umuhanzi Bonhomme yatanze ubutumwa bwo guhangana n’ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye muri Mata 1994.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Ubwanditsi 16 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno
POLITIKI

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Umuhanzikazi “Saida Karoli”aje kwibutsa abanyarwanda kubyinda injyaruwa
SHOWBIZ

Umuhanzikazi “Saida Karoli”aje kwibutsa abanyarwanda kubyinda injyaruwa

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru