• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Ubwanditsi 22 Mar 2017 SHOWBIZ

Umuririmbyi David Adedeji Adeleke [Davido] yahakanye amakuru avuga ko yabyaranye n’umugore bamenyaniye mu gitaramo yaririmbyemo mu myaka ine ishize.

Davido ni umwe mu baririmbyi bakomeye muri Afurika ndetse babashije no kugeza umuziki ku yindi migabane y’Isi. Yaririmbye indirimbo zizwi zirimo iyitwa ’Skelewu’, ’Aye’, ’Gobe’, ’Dami Duro’ n’izindi.

Umugore witwa Ayotomide Labinjo n’abo mu muryango we barashinja uyu muhanzi ko yihakanye umwana we umaze imyaka ine avutse ndetse bakavuga ko yatanze ruswa mu nzego zitanga ibipimo by’amaraso n’ibya DNA byagombaga gushimangira ko uwo mwana ari uwe.

Ikinyamakuru cyitwa Punch cyatangaje ko ngo Davido yabonanye bwa mbere n’uyu mugore muri 2013 ahitwa Ibadan, bahuriye mu kabyiniro, bwa kabiri amusanga mu gitaramo yari yatumiwemo ari na ho umubano wabo ngo watangiye gufata indi ntera bigera n’aho baryamana.

Labinjo ushinja Davido kumutererana barabyaranye avuga ko nyuma yo gusama inda ye atongeye kumuca iryera mu bihe byakurikiyeho ngo babe bahura baganire kuko ngo ’yafunze amayira yose bakoreshaga bavugana’.

Davido yanditse kuri twitter ahakana ayo makuru avuga ko uwo mwana atari uwe nk’uko byemejwe n’ibipimo bya ADN ndetse yongeraho ko agiye kugeza mu nkiko ikinyamakuru cyabyanditse agishinja kumuharabika. Atebya yavuze ko bagomba kumwishyura miliyari 30 z’amafaranga akoreshwa muri Nigeria nk’indishyi z’akababaro.

Nubwo Davido atemera umwana bivugwa ko yabyaranye na Labinjo mu myaka ine ishize, nyina w’uyu mukobwa avuga ko abo mu muryango wa Davido na we ubwe ’bavuniye ibiti mu matwi’ kuri icyo kibazo, ndetse ngo yigeze no kwandikira se w’uyu muhanzi ntiyamusubiza kugeza ubwo yiyambaza abamufasha mu nkiko bakamushyiraho igitutu.

Se wa Davido yabwiye nyina w’uyu mukobwa ko umuhungu we yavuze ko atazi na rimwe Labinjo. Nyuma bavuganye uburyo bwo gufata ibipimo bya DNA n’iby’amaraso gusa ngo ibipimo bya Davido n’umwana byonyine, umukobwa umushyira mu majwi ko babyaranye yarirengagijwe nk’uko bitangazwa na nyina.

-6152.jpg

Uyu mubyeyi witwa Ropo akomeza avuga ikigo cyitwa Clina-Lancet cyakoze ibyo cyari cyarabahaye ibyumweru bibiri byo kuba ibisubizo by’ibipimo byemejwe mu buryo bwizewe ariko ngo batunguwe no kumva bitangazwa hashize iminsi irindwi yonyine ndetse ngo ibyavuzwe ni ibijyanye n’ubwoko bw’amaraso, nta bijyanye na DNA byashyizwe mu nyandiko.

Inzobere mu bijyanye n’ipima ry’abahuje amaraso n’abafitanye isano, Alex Sogbola, ari na we watanze ibyo bipimo avuga ko nta manyanga yakozwe kuko ngo bohereje ibizamini muri Afurika y’Epfo abaganga baho bakaba aribo babisuzuma neza bakohereza ibisubizo.

Davido yahakanye aya makuru nyuma y’iminsi mike avuze ko we n’umukunzi we mushya witwa Amanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari mu myiteguro yo kwakira uruhinja mu muryango ruzavuka mu minsi ya vuba.

2017-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Umuhanzi Sengabo Jodas yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bukwiriye umwana w’Umunyarwanda ndetse inahwitura ababyeyi

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje
Mu Rwanda

Ubwicanyi bw’abari mu nzego mu Burundi burakomeje

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo
Amakuru

Symphony Bond irateganya kureka gucurangira abandi bahanzi ahubwo nabo bagatangira kwitabira ibitaramo bacurangagamo

Ubwanditsi 31 Mar 2021
‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame
Mu Mahanga

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru