• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Ubwanditsi 22 Mar 2017 SHOWBIZ

Umuririmbyi David Adedeji Adeleke [Davido] yahakanye amakuru avuga ko yabyaranye n’umugore bamenyaniye mu gitaramo yaririmbyemo mu myaka ine ishize.

Davido ni umwe mu baririmbyi bakomeye muri Afurika ndetse babashije no kugeza umuziki ku yindi migabane y’Isi. Yaririmbye indirimbo zizwi zirimo iyitwa ’Skelewu’, ’Aye’, ’Gobe’, ’Dami Duro’ n’izindi.

Umugore witwa Ayotomide Labinjo n’abo mu muryango we barashinja uyu muhanzi ko yihakanye umwana we umaze imyaka ine avutse ndetse bakavuga ko yatanze ruswa mu nzego zitanga ibipimo by’amaraso n’ibya DNA byagombaga gushimangira ko uwo mwana ari uwe.

Ikinyamakuru cyitwa Punch cyatangaje ko ngo Davido yabonanye bwa mbere n’uyu mugore muri 2013 ahitwa Ibadan, bahuriye mu kabyiniro, bwa kabiri amusanga mu gitaramo yari yatumiwemo ari na ho umubano wabo ngo watangiye gufata indi ntera bigera n’aho baryamana.

Labinjo ushinja Davido kumutererana barabyaranye avuga ko nyuma yo gusama inda ye atongeye kumuca iryera mu bihe byakurikiyeho ngo babe bahura baganire kuko ngo ’yafunze amayira yose bakoreshaga bavugana’.

Davido yanditse kuri twitter ahakana ayo makuru avuga ko uwo mwana atari uwe nk’uko byemejwe n’ibipimo bya ADN ndetse yongeraho ko agiye kugeza mu nkiko ikinyamakuru cyabyanditse agishinja kumuharabika. Atebya yavuze ko bagomba kumwishyura miliyari 30 z’amafaranga akoreshwa muri Nigeria nk’indishyi z’akababaro.

Nubwo Davido atemera umwana bivugwa ko yabyaranye na Labinjo mu myaka ine ishize, nyina w’uyu mukobwa avuga ko abo mu muryango wa Davido na we ubwe ’bavuniye ibiti mu matwi’ kuri icyo kibazo, ndetse ngo yigeze no kwandikira se w’uyu muhanzi ntiyamusubiza kugeza ubwo yiyambaza abamufasha mu nkiko bakamushyiraho igitutu.

Se wa Davido yabwiye nyina w’uyu mukobwa ko umuhungu we yavuze ko atazi na rimwe Labinjo. Nyuma bavuganye uburyo bwo gufata ibipimo bya DNA n’iby’amaraso gusa ngo ibipimo bya Davido n’umwana byonyine, umukobwa umushyira mu majwi ko babyaranye yarirengagijwe nk’uko bitangazwa na nyina.

-6152.jpg

Uyu mubyeyi witwa Ropo akomeza avuga ikigo cyitwa Clina-Lancet cyakoze ibyo cyari cyarabahaye ibyumweru bibiri byo kuba ibisubizo by’ibipimo byemejwe mu buryo bwizewe ariko ngo batunguwe no kumva bitangazwa hashize iminsi irindwi yonyine ndetse ngo ibyavuzwe ni ibijyanye n’ubwoko bw’amaraso, nta bijyanye na DNA byashyizwe mu nyandiko.

Inzobere mu bijyanye n’ipima ry’abahuje amaraso n’abafitanye isano, Alex Sogbola, ari na we watanze ibyo bipimo avuga ko nta manyanga yakozwe kuko ngo bohereje ibizamini muri Afurika y’Epfo abaganga baho bakaba aribo babisuzuma neza bakohereza ibisubizo.

Davido yahakanye aya makuru nyuma y’iminsi mike avuze ko we n’umukunzi we mushya witwa Amanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari mu myiteguro yo kwakira uruhinja mu muryango ruzavuka mu minsi ya vuba.

2017-03-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2017
LUPITA Nyong’o Uzwi Cyane mu Mukina Filime Yatangaje Impamvu Yahisemo Gutega “Amasunzu”

LUPITA Nyong’o Uzwi Cyane mu Mukina Filime Yatangaje Impamvu Yahisemo Gutega “Amasunzu”

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Iyumvire  uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Iyumvire uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Sinigeze nkora imibonano mpuzabitsina na Radio-ZOENA

Sinigeze nkora imibonano mpuzabitsina na Radio-ZOENA

Ubwanditsi 30 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Umuhanzi Mico The Best yakoze ubukwe n’umukunzi we Clarisse bari bamaze igihe kirenga umwaka bakundana
Amakuru

Amafoto – Umuhanzi Mico The Best yakoze ubukwe n’umukunzi we Clarisse bari bamaze igihe kirenga umwaka bakundana

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya
Mu Rwanda

Kagame yasobanuye uburyo yagiriwe inama yo kuyobora nka Putin w’u Burusiya

Ubwanditsi 01 Nov 2017
The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu
SHOWBIZ

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru