• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Ubwanditsi 04 Mar 2016 Mu Mahanga

Tariki 2 Gashyantare uyu mwaka, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Gatsibo umurenge wa Gasange. yakanguriye abayobozi bashya batowe kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha.

Iyi nama ikaba yari iyobowe na Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro, ushinzwe ubufatanye bwa Polisi n’izindi nzego mu kwicungira umutekano, ubwo yibutsaga abayobozi b’inzego z’ibanze inshingano zabo; maze abasaba ko bagomba gukorera hamwe n’inzego z’umutekano mu rwego rwo kurwanya ibyaha.

IP Rwakayiro yagize ati“Polisi y’u Rwanda yashyizeho uburyo butandukanye bw’ubukangurambaga mu kurwanya no gukumira ibyaha ikaba ariyo mpamvu ihamagarira abaturage gukomeza ubwo bufatanye.”

Yabakanguriye kwirinda abantu bashobora kubashora mu bikorwa bibi nka ruswa bituma batinda gutanga serivisi uko bisabwa cyangwa bakazima n’abo zagenewe.
Yabasabye kandi ko bagomba gukangurira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge kuko aribyo ntandaro y’ibyaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu kandi bakarwanya n’icuruzwa ry’abantu.

IP Rwakayiro yongeyeho ko bagomba gukomeza kwitandukanya n’ikibi aho kiva kikagera, bagaragaza abanyabyaha cyangwa ikindi kintu babona cyahungabanya umutekano bakakimenyesha Polisi y’Igihugu hakiri kare.

Muri ubwo bukangurambaga kandi Polisi yatangije igikorwa cyo kwigisha abaturage uburyo bwo kurwanya maraliya no gukoresha inzitiramibu kugirango birinde indwara ya maraliya.

IP Rwakayiro yongeyeho ko gukoresha inzitiramibu yonyine bidahagije ko ahubwo bakwiye kwigisha abo bayobora kugira isuku aho batuye barwanya ibizenga, batema ibihuru bikikije aho batuye kandi bakanakoresha imiti irwanya imibu mu nzu batuyemo.

Yababwiye ko nta terambere rirambye bageraho, mu gihe hakiri abaturage bafite uburwayi butandukanye nka maraliya n’ubundi cyane ubuva ku mwanda.

Yagize ati“ Intego yacu nka Polisi y’u Rwanda ni ukurinda umutekano w’abantu n’ibintu byabo, tukanabagira inama yo kwirinda indwara kuko umuturage udafite ubuzima buzira umuze aba nta mutekano afite.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gasange Iyakaremye Dominique , yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’abayobozi bashya batowe maze abizeza ko bazakorera hamwe kugirango barusheho kwicungira umutekano no gukumira ibyaha.

RNP

2016-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Uganda: Ibibazo byatumye yihekura mbere y’uko nawe yiyahura

Ubwanditsi 28 Nov 2018
88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Uganda: Ibinyamakuru bikorera kuri internet bigiye gucana umubano n’igipolisi kubera ifungwa ry’abayobozi ba Redpepper

Ubwanditsi 25 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)
POLITIKI

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Umunyamakuru Gasasira Gaspard  yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana
Mu Mahanga

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Ubwanditsi 07 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru