• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Ubwanditsi 29 Oct 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana tariki ya 28 Ukwakira, yagiranye inama n’abahagarariye amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga hagamijwe kurebera hamwe intambwe imaze guterwa mu gutanga serivisi zitandukanye; by’umwihariko izitangwa n’urubuga Irembo ndetse no kurushaho gukomeza imikoranire myiza nabo.

Muri iyi nama, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye ko hakomeza kubaho ubufatanye bunoze bwa Polisi y’u Rwanda n’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga kugira ngo abaturage bahabwe serivisi nziza kandi zinoze.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga Gishoma Jean de Dieu yagize ati:” kubera ibitaragendaga neza, twiyemeje gushyiraho ihuriro ryacu kugira ngo tunoze imikorere. Uyu munsi twiyemeje ko mu mashuri yacu hazajya hasohokamo abashoferi bafite ubumenyi bwo ku rwego rushimishije”.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yagaragaje ko hari ibitarakorwaga neza n’ayo mashuri ku buryo nyuma hifashishijwe serivisi z’ikoranabuhanga Leta yashyizeho kugira ngo bigende neza.

Iri koranabuhanga rikaba ryarakemuye ibibazo bitandukanye byaterwaga n’amwe mu mashuri yacaga abantu amafaranga yo kwiyandikisha aho gutanga ubumenyi buhamye mu kwigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Ayo mashuri akaba atarashimishijwe na serivisi zitangwa n’urubuga Irembo zo kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bitewe n’inyungu yari abifitemo.

CP Rumanzi yagize ati:” Irembo ryakemuye ibintu byinshi birimo gukorera mu bwiru ku buryo byahaga icyuho ruswa. Icyo gihe abantu biyandikishaga bakoresheje umurongo umwe w’itumanaho rya MTN handikwa ubutumwa bukoherezwa ku mafaranga y’u Rwanda 60. Abiyandikishaga bishyuraga amafaranga hagati y’ibihumbi 5 na 35 bakayaha amashuri kugira ngo abandike; abandi banishyuraga amafaranga arenze ibihumbi 5 kugira ngo bakurikirane uruhushya rwe”.

Yongeyeho ko amashuri menshi yabonaga amafaranga menshi mu kwandika abanyeshuri aho kubaha ubumenyi bukwiye bwo kumenya amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Yatanze urugero rw’aho kuva mu kwezi kwa Mata 2015 kugera muri Kamena 2016 amashuri yiyongereye cyane ava kuri 79 agera kuri 124. Serivisi z’Irembo zimaze gutangira nta shuri rishya ryigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga ryongeye gutangira.

CP Rumanzi yakomeje avuga ko muri iki gihe, kwiyandikisha gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bikorwa ku buntu, bigakorerwa kuri terefone cyangwa kuri mudasobwa utiriwe ukora urugendo kandi bigakorwa mu mucyo.

Yagize ati:” Abiyandikisha bahita babona ubutumwa n’igisubizo cy’ibyo basabye ndetse twanashyizeho abantu bashinzwe kubafasha; tukaba dufatanya n’ikigo cya RwandaOnline gukemura ibibazo iyo bibayeho ndetse tugaha amakuru abo bireba”.

Kubera ubufatanye n’imikoranire myiza kandi mishya hagati ya Polisi y’u Rwanda n’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, abaturage bazajya bahabwa serivisi nziza kandi zihuse.

Nyuma y’inama n’abafite amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, aho yababwiye ko abatwara ibinyabiziga bitarimo utugabanyamuvuduko batangiye kubihanirwa.

Yakomeje avuga ko imirongo mishya ibiri iherutse kongerwa ku yindi isanzwe ipima imiterere y’ibinyabiziga mu kigo gisanzwe gipima imodoka kiri mu karere ka Gasabo yatumye serivisi zihuta.

Yagize ati:” Muri rusange ikigo cyasuzumaga imodoka ziri hagati ya 400 na 500 ku munsi. Imodoka yashoboraga kumara iminota 90 iri ku murongo itarasuzumwa. Ariko imirongo mishya ibiri imaze kongerwaho, imodoka zipimwa ku munsi zariyongereye zigera kuri 600 ndetse n’umwanya wo gutegereza uragabanyuka ugera ku minota 40.

-4533.jpg

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda yari kumwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege n’abahagarariye Minisiteri y’ibikorwaremezo n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA.

RNP

2016-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza  mu nkiko

Amagambo ya Faustin Twagiramungu ahamagarira impunzi gutera u Rwanda ashobora kumugeza mu nkiko

Ubwanditsi 19 Jan 2016
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri
Mu Rwanda

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri

Ubwanditsi 09 Apr 2017
FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa
IMIKINO

FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru