• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Ubwanditsi 25 May 2018 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buravuga ko bufatanyije n’igipolisi buri gukora iperereza ku muntu wese waba yaragize uruhare mu mfu z’inka makumyabiri kugira ngo abiryozwe. Ni inka zari zarahawe abaturage bo mu murenge wa Nyarusange muri gahunda ya Girinka Munyarwanda. Ubuyobozi bwa Muhanga bukavuga ko mu byo zazize harimo n’uburangare.

Amakuru atangazwa n’akarere ka Muhanga aravuga ko izo nka 20 zimaze gupfa mu murenge wa Nyarusange zari zahawe abaturage muri gahunda ya gira inka munyarwanda. Byose bishamikiye kuri REVEMP, umushinga wo kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Nyabarongo, mu kurwanya isuri ku misozi ikikije ikibaya cya Nyabarongo.

Ubutegetsi buragerageza kurwanya isuri bugabanya ibitaka byanduza umugezi wa Nyabarongo. Abaturage batanze imirima yabo hafi aho ngo bayiceho amaterasi ni bo bahawe izo nko kubashumbusha kugira ngo bazabashe kubona umusaruro.

Gusa 20 mu nka zatanzwe mu ntangiro z’ukwezi kwa Kane uyu mwaka zatangiye gupfa. Akarere ka Muhanga karavuga ko zimwe mu mpamvu zateye imfu z’izo nka zishingiye ku kuba zimwe muri zo zitaritaweho uko bikwiriye, ubundi n’aho zitangiriye gupfa ntihatangirwa amakuru ku gihe ngo habeho gukumira hakiri kare.

Haravugwamo kandi ikibazo cy’uburangare bwa bamwe mu batekinisiye bagombaga kuzitaho umunsi ku wundi. Bwana Innocent Kayiranga , umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu yabwiye Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru, ko bari gukurikirana ngo hamenyekane uwabigizemo uruhare wese abiryozwe.

Muri iki kibazo kandi haranavugwamo bamwe mu batekinisiye bahawe imiti yo kuvura izo nka icyorezo cy’uburondwe ngo bayigeze ku baturage bayiha bamwe. Ku baturage ni igihombo kuko bari biteze iterambere. N’ubutegetsi bwemeza ko ari igihombo gikomeye.

Iyo uganiriye na bamwe mu bari boroye izo nka zapfuye bo bakeka ko zaba zarahuye n’ikibazo cyo kutamenyera ikirere kuko ngo zari zaraturutse muri Gishwati izindi I Burera hakonja. Gusa bavuga ko zimwe muri zo zaje zinarwaye.

Ku kijyanye no kuba aba baturage bashumbushwa izindi nka, Bwana Kayiranga ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu I Muhanga avuga ko bizasaba kubanza kureba ku masezerano bagiranye na rwiyemezamirimo wari wahawe kuzizana.

Ubwo ubuyobozi bwa Muhanga buvuga ko ku bufatanye na polisi bari kugenzura ngo abagize uruhare mu mfu z’izi nka babiryozwe, Ijwi ry’Amerika ngo yamenye amakuru ko Bwana Gad Munyezamu, wari veterineri w’akarere yahise ategekwa shishi itabona kwandika ibaruwa isezera ku kazi ku mpamvu ziswe ize bwite.

Bwana Kayiranga yemeje ko uyu muganga w’amatungo i Muhanga atakiri mu kazi, gusa akavuga ko ibaruwa ye isaba gusezera ku mpamvu ze bwite ishobora kuba idafitanye isano n’imfu z’izi nka, kandi ko itarasuzumwa.

Mu nka 115 zari ziteganyijwe guhabwa abaturage muri Nyarusange hari hamaze gutangwamo inka 104. Ntitwabashije kumenya agaciro ka nyako k’amafaranga yatikiriye muri izi nka zapfuye ariko amakuru twamenye nuko inka imwe yari ihagaze hagati y’ibihumbi 350 n’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.

Gahunda ya Girinka Munyarwanda yakunze kuvugwamo umurundo w’ibibazo, nyamara rubanda bo baba bayihanze amaso ngo igire aho yabageza mu iterambere.

2018-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Impamvu John Mirenge  yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir  ‘ Igitaraganya

Impamvu John Mirenge yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir ‘ Igitaraganya

Ubwanditsi 16 May 2017
Dar es Salaam:  Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Dar es Salaam: Bimwe mu byavugiwe mu mubonano wa Perezida Kagame na Perezida Dr. John Joseph Pombe Magufuli

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Huye: Umwalimu wa Kaminuza yitabye Imana aguye mu cyobo cy’umusarane

Ubwanditsi 02 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018
ITOHOZA

Umwaka watwaye intwari: Bamwe mu bakomeye u Rwanda rwabuze mu 2018

Ubwanditsi 01 Jan 2019
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda
Amakuru

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru