• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Ubwanditsi 17 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame agendeye ku makosa abaminisitiri batatu baherutse kwegura bakoze, yasabye urubyiruko kwirinda imico mibi irimo ruswa kuko igira inyungu zitaramba.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yatangizaga Umwiherero wa 17 w’abayobozi bakuru b’igihugu kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2020 mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare i Gabiro.

Nyuma yo kugaruka ku makosa yakunze kuranga abayobozi mu nzego zitandukanye by’umwihariko abaminisitiri batatu baherutse kwegura, Perezida Kagame, yegereye igice urubyiruko arusaba ko mu buryo bushoboka bwose rukwiye kwirinda amakosa nk’ayo abo bayobozi bakoze.

Ati “Icya mbere muzareke kwiga imico mibi y’aba bantu navugaga. Uko mufata inshingano mu gihugu cyanyu ndabasabye mwirinde imico mibi. Imico mibi igira inyungu ariko inyungu z’imico mibi ntabwo iramba ibaho igihe gitoya igahinduka ibibazo nyuma.”

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, Evode Uwizeyimana n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Dr. Munyakazi Isaac beguriye rimwe ku itariki 6 Gashyantare 2020 na Minisitiri Dr. Diane Gashumba asaba urubyiruko kwirinda amakosa nk’ayo bakoze.

Uwizeyimana yazize gusagarira umugore wari umusabye kunyura mu cyuma gisaka abantu mu nyubako imwe y’ubucuruzi mu mujyi wa Kigali, Dr Munyakazi akekwaho kwakira ruswa ngo ashyire mu myanya ya mbere kimwe mu bigo by’amashuri naho Dr Diane Gashumba yabyeshye umukuru w’igihugu ku bijyanye n’uburyo igihugu cyiteguye kurwanya coronavirus.

Yabwiye urwo rubyiruko ko iyo ari imwe mu mpamvu yatumye barutumira mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu, kandi ko bazumva n’ibitekerezo byabo ku cyerekezo cy’igihigu.

Ati “Abato ndeba aha ngaha ntimukabe nka bariya batumva. Muhere kare ntimutegereze. Twahora twigaragura muri ibi bintu bitagira aho bigarukira na ryari […] haracyari kare kumenya ishingano, gukura, kumva ingamba z’iterambere ku gihugu cyacu. U Rwanda ruzabaho gusa nidushobora gukora ibikorwa mu buryo butandukanye.”

Umwiherero uteraniyemo abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta n’ibigo biyishamikiyeho, ab’ibigo byigenga n’iby’ubucuruzi, abavuga rikijyana n’abandi.

2020-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Iran yataye muri yombi Ambasaderi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 13 Jan 2020
FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

FDLR IBUZE UMUBYEYI, AMAHORO AKIZE UMWANZI

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?
Amakuru

Niba Inteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza yaremeje ko mu Rwanda hubahirizwa uburenganzira bwa muntu, ni iki cyabuza icyo gihugu koherereza u Rwanda abajenosideri gicumbikiye?

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi
POLITIKI

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru