• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis   |   25 Jan 2021

  • Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.   |   25 Jan 2021

  • Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.   |   25 Jan 2021

  • Col Rutiganda Jean Damascene wa FDLR akaba yari Burugumesitiri wa Murama mu gihe cya Jenoside yapfuye azize indwara   |   24 Jan 2021

  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Editorial 25 Jan 2020 POLITIKI

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gitega, Musenyeri Simon Ntamwana, yongeye kuvuga ko agihagaze ku byo yavuze mu 2015, ubwo yavugaga ko nta muntu n’umwe ushobora gufata abarundi uko yishakiye ibyo yise ’kugira Abarundi abaja’.

Mu 2015 ubwo hatangiraga gututumba umwuka utari mwiza hagati y’ishyaka rya CNDD-FDD rya Perezida Pierre Nkurunziza n’abatavuga rumwe naryo, bamagana manda ya gatatu ye, Musenyeri Ntamwana na we yagiye mu bamagana ko hafatwa icyo cyemezo.

Icyo gihe, yavuze ko mu gihe CNDD FDD yakwemeza umuntu utemerewe gutorwa, byaba ari nko kugira abarundi abaja, aho yagize ati “Ntituri abaja b’umuntu uwo ari we wese”. Ni amagambo yahise aba intero y’abatavuga rumwe n’iryo shyaka mu myigaragambyo yakurikiyeho.

Ayo magambo yarahindukiye anakoreshwa n’abarwanashyaka ba CNDD-FDD na bo bavuga ngo ‘Si ndi umuja, bashaka kwamagana abashaka ko bagendera ku byo bifuza’.

Kuva icyo gihe kandi byateye umwuka utari mwiza hagati ya Kiliziya Gatolika mu Burundi na CNDD FDD yanahise yikura mu ndorerezi z’amatora yabaye muri Nyakanga 2015, yarangiye Perezida Pierre Nkurunziza ayatsinze.

Kuri ubu amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu Burundi, yerekana Musenyeri Ntamwana ayoboye igitambo cya Misa mu bikorwa by’amasengesho yateguwe na CNDD FDD mu Ntara ya Gitega.

Ibintu byatumye benshi babifata nk’ikimenyetso cy’uko Kiliziya Gatolika yaba yariyunze n’iryo shyaka, nyuma y’igihe batumvikana.

Aganira na BBC, Musenyeri Ntamwana yavuze ko nta shyaka abarizwamo kandi ko atigeze ajya kwiyunga na ryo ahubwo uko yahagaragaye ari nk’uko n’abandi bamutumira mu masengesho.

Ati “Ntabwo nagiye ngo niyunge n’iryo shyaka kuko nta shyaka na rimwe ndimo nta n’iryo nshaka kwinjiramo. Ishyaka ryanjye ni rimwe ni Ijambo ry’Imana. Uko abo muri CNDD FDD bansaba kubasomera ijambo ry’Imana ni nk’uko abo muri UPRONA cyangwa CNL bashobora kubinsaba. Aho umukristu yampamamagara hose nzitaba.”

Aho nibo BBC yamubajije ku byo yavuze mu 2015 ayibwira ko akibihagazeho, agira ati “Nta n’umwe wemerewe kutugira abaja. Nta n’umwe. Ni ibisanzwe kuko uwo ari wese utifuza kugendera ku mateka yacu ngo yubake igihugu, azaba arenganya abarundi.”

Musenyeri Simon Ntamwana yanavuze ko bazohereza indorerezi mu matora yo muri Gicurasi nka Kiliziya Gatolika kandi ko bamaze kubimenyekanisha.

Umukandida mushya wa CNDD FDD

Kuva ku wa Kane CNDD FDD iri mu masengesho y’iminsi itatu asozwa kuri uyu wa Gatandatu. Arakurikirwa no gutora umukandida uzahagararira iryo shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri uyu mwaka. Gutora umukandida bikazakorwa ejo ku Cyumweru tariki 26 Mutarama 2020.

Nubwo bigoye kumenya uzatorwa, amakuru avuga ko hari abantu babiri banugwanugwa. Abo ni Perezida w’Inama Nkuru y’u Burundi, Pascal Nyabenda, n’umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD, Evariste Ndayishimiye.

Nubwo nta tegeko ribuza Perezida Pierre Nkurunziza, kongera kwiyamamaza amaze kuvuga kenshi ko manda arimo ariyo ye ya nyuma. Ibyo bishimangirwa n’itegeko ryatowe n’Inama nkuru y’u Burundi rimugenera imperekeza bivugwa ko ishimishije kandi akazanahabwa izina ry’icyubahiro.

Musenyeri Simon Ntamwana avuga ko nta muntu ukwiye gufata abarundi uko yishakiye

Umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD Evariste Ndayishimiye (ari kumwe n’umugore we) ari mu bahabwa amahirwe yo guhagararira CNDD FDD mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2020

Perezida w’Inama Nkuru y’u Burundi, Pascal Nyabenda (ari kumwe n’umugore we) na we ari mu bavugwa ko bashobora guserukira CNDD FDD mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020

Ishyaka CNDD FDD riri mu masengesho y’iminsi itatu mbere yo gutora umukandida uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu

2020-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

U Bwongereza: Abadepite bagiye gusubukura imirimo nyuma y’icyemezo cy’urukiko

U Bwongereza: Abadepite bagiye gusubukura imirimo nyuma y’icyemezo cy’urukiko

Editorial 25 Sep 2019
RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

Editorial 30 Sep 2018
CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Editorial 11 Jan 2019
Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Editorial 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru