• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Ubwanditsi 25 Jan 2020 POLITIKI

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gitega, Musenyeri Simon Ntamwana, yongeye kuvuga ko agihagaze ku byo yavuze mu 2015, ubwo yavugaga ko nta muntu n’umwe ushobora gufata abarundi uko yishakiye ibyo yise ’kugira Abarundi abaja’.

Mu 2015 ubwo hatangiraga gututumba umwuka utari mwiza hagati y’ishyaka rya CNDD-FDD rya Perezida Pierre Nkurunziza n’abatavuga rumwe naryo, bamagana manda ya gatatu ye, Musenyeri Ntamwana na we yagiye mu bamagana ko hafatwa icyo cyemezo.

Icyo gihe, yavuze ko mu gihe CNDD FDD yakwemeza umuntu utemerewe gutorwa, byaba ari nko kugira abarundi abaja, aho yagize ati “Ntituri abaja b’umuntu uwo ari we wese”. Ni amagambo yahise aba intero y’abatavuga rumwe n’iryo shyaka mu myigaragambyo yakurikiyeho.

Ayo magambo yarahindukiye anakoreshwa n’abarwanashyaka ba CNDD-FDD na bo bavuga ngo ‘Si ndi umuja, bashaka kwamagana abashaka ko bagendera ku byo bifuza’.

Kuva icyo gihe kandi byateye umwuka utari mwiza hagati ya Kiliziya Gatolika mu Burundi na CNDD FDD yanahise yikura mu ndorerezi z’amatora yabaye muri Nyakanga 2015, yarangiye Perezida Pierre Nkurunziza ayatsinze.

Kuri ubu amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu Burundi, yerekana Musenyeri Ntamwana ayoboye igitambo cya Misa mu bikorwa by’amasengesho yateguwe na CNDD FDD mu Ntara ya Gitega.

Ibintu byatumye benshi babifata nk’ikimenyetso cy’uko Kiliziya Gatolika yaba yariyunze n’iryo shyaka, nyuma y’igihe batumvikana.

Aganira na BBC, Musenyeri Ntamwana yavuze ko nta shyaka abarizwamo kandi ko atigeze ajya kwiyunga na ryo ahubwo uko yahagaragaye ari nk’uko n’abandi bamutumira mu masengesho.

Ati “Ntabwo nagiye ngo niyunge n’iryo shyaka kuko nta shyaka na rimwe ndimo nta n’iryo nshaka kwinjiramo. Ishyaka ryanjye ni rimwe ni Ijambo ry’Imana. Uko abo muri CNDD FDD bansaba kubasomera ijambo ry’Imana ni nk’uko abo muri UPRONA cyangwa CNL bashobora kubinsaba. Aho umukristu yampamamagara hose nzitaba.”

Aho nibo BBC yamubajije ku byo yavuze mu 2015 ayibwira ko akibihagazeho, agira ati “Nta n’umwe wemerewe kutugira abaja. Nta n’umwe. Ni ibisanzwe kuko uwo ari wese utifuza kugendera ku mateka yacu ngo yubake igihugu, azaba arenganya abarundi.”

Musenyeri Simon Ntamwana yanavuze ko bazohereza indorerezi mu matora yo muri Gicurasi nka Kiliziya Gatolika kandi ko bamaze kubimenyekanisha.

Umukandida mushya wa CNDD FDD

Kuva ku wa Kane CNDD FDD iri mu masengesho y’iminsi itatu asozwa kuri uyu wa Gatandatu. Arakurikirwa no gutora umukandida uzahagararira iryo shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri uyu mwaka. Gutora umukandida bikazakorwa ejo ku Cyumweru tariki 26 Mutarama 2020.

Nubwo bigoye kumenya uzatorwa, amakuru avuga ko hari abantu babiri banugwanugwa. Abo ni Perezida w’Inama Nkuru y’u Burundi, Pascal Nyabenda, n’umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD, Evariste Ndayishimiye.

Nubwo nta tegeko ribuza Perezida Pierre Nkurunziza, kongera kwiyamamaza amaze kuvuga kenshi ko manda arimo ariyo ye ya nyuma. Ibyo bishimangirwa n’itegeko ryatowe n’Inama nkuru y’u Burundi rimugenera imperekeza bivugwa ko ishimishije kandi akazanahabwa izina ry’icyubahiro.

Musenyeri Simon Ntamwana avuga ko nta muntu ukwiye gufata abarundi uko yishakiye

Umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD Evariste Ndayishimiye (ari kumwe n’umugore we) ari mu bahabwa amahirwe yo guhagararira CNDD FDD mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2020

Perezida w’Inama Nkuru y’u Burundi, Pascal Nyabenda (ari kumwe n’umugore we) na we ari mu bavugwa ko bashobora guserukira CNDD FDD mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020

Ishyaka CNDD FDD riri mu masengesho y’iminsi itatu mbere yo gutora umukandida uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu

2020-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Ubwanditsi 21 Aug 2023
Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Uganda: Abadepite bashyigikiye kuvugurura itegeko nshinga bahawe abarinzi barinda perezida

Ubwanditsi 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite
SHOWBIZ

Umuhanzi Davido yaguze indege ye bwite

Ubwanditsi 10 May 2018
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze
Amakuru

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023
Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda
ITOHOZA

Abarwanyi 5 ba M23 bafashwe bagiye kwinjira mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru