• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ntawunguka Pacifique uyobora FDLR ntamara kabiri – Gen Kabarebe

Ntawunguka Pacifique uyobora FDLR ntamara kabiri – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 13 Jan 2020 POLITIKI

Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yavuze ko Pacifique Ntawunguka uheruka kugirwa umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa FDLR adashobora kumara kabiri, kubera ibitekerezo bye byuzuyemo amacakubiri n’urwango.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo yatangaga ikiganiro ku barimu b’amateka bo mu mashuri yisumbuye, bari mu itorero mu Karere ka Nyanza.

Gen Kabarebe yagarutse kuri Ntawunguka ubwo yari amaze gutanga ikiganiro ku mateka y’u Rwanda, ku rugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Umwe mu babajije ibibazo yamusabye kubasobanurira uburyo yavuganye Ntawunguka, amusaba gutaha mu Rwanda.

Gen Kabarebe yasobanuye ko mu 2009 yamenye ko umugore wa Ntawunguka Pacifique ari umwarimu mu Karere ka Rubavu, ahitamo kumusanga kugira ngo avugane n’umugabo we, amugire inama yo gutaha.

Ati “Ndamubwira ngo ahamagare umugabo we baravuga, arangije nti mumpe noneho. Ndamubwira nti ’dore igihugu aho kigana, wowe uri umupilote, Jenoside yabaye uri mu Bufaransa wiga ubupilote, uraza ujya muri FDLR, abandi bose baratashye, ba Rwarakabije (Paul) baratashye, ba General Jerome (Ngendahimana) baratashye, dore Gen Murenzi (Evariste) ubu ni Brigade Commander i Karongi, icyo gihe Murenzi yari atarataha.”

Ikiganiro ngo cyarakomeje Gen Kabarebe amwereka impamvu akwiye gutaha akaza agafatanya n’abandi kubaka u Rwanda.

Ati “Ndamubwira nti abana ba Gen Murenzi RDF irabarihira amashuri, kandi nibyo Gen Murenzi ari muri Congo aturwanya ari muri FDLR, abana be RDF yabarihiraga amashuri. Umwana we w’umuhungu yanabonye buruse ya perezida, ubu mu cyumweru gishize yabonye PhD muri Microbiology, ni inzobere mu byo kurwanya kanseri.”

“Ntawunguka turamubwira tuti ‘dore abana ba Murenzi turabigisha n’abawe igihugu kiriho kirabigisha’. Kuki udataha”?

Ntawunguka ngo yarasubije ati “Nkubwire ikintu kimwe Gen, ati ‘Njyewe nzataha mu Rwanda ari uko nta mututsi n’umwe ukirurimo’.”

Gen. Kabarebe yabwiye abarimu ko yahise abwira Ntawunguka ko niba atekereza atyo atazigera ataha mu Rwanda.

Yasobanuye ko Mudacumura Sylvestre wari Umuyobozi wa FDLR amaze kwicwa muri Nzeri 2019, yahise asimburwa na Ntawunguka, gusa na we ntazatinda.

Ati “Ubu rero Mudacumura apfuye Pacifique ni we wamusimbuye, ubu ni we mukuru wa FDLR ariko nawe ntari bumare kabiri. Ntabwo waba mu mashyamba ya Congo urwanira gukora Jenoside ngo uzabeho; ni ibintu bitashoboka, ntabwo wabishobora.”

Yagaragaje umwanzi ukomeye igihugu gifite

Gen Kabarebe yabwiye abarimu b’amateka ko umwanzi w’u Rwanda ukomeye ari amacakubiri bityo bakwiye kuyirinda bakunga ubumwe kandi bagahuza imbaraga.

Ati “Ikintu cyahungabanyije u Rwanda, umwanzi warwo wa mbere n’ubungubu ushobora kuzaruhungabanya abantu batamwibanzeho, umwanzi w’u Rwanda ni amacakubiri nta kindi. Ni cyo cyashobora u Rwanda nta kindi cyadushobora.”

Yagarutse ku mateka avuga uburyo mbere y’ubukoloni Abanyarwanda bari babanye neza mu gihugu cyabo, baza kwangana no kwicana nyuma yo kubibwamo urwango.

Usibye kugira ingaruka ku mibanire, yasobanuye ko byatumye n’ubukungu bw’igihugu na benecyo budindira kuko batari bashyize hamwe.

Ibyo ngo byatumye FPR Inkotanyi yiyemeza kubohora igihugu no kugiha umurongo mwiza wo kunga ubumwe no guhuza imbaraga aho kuzitatanya.

N’ubwo bitari byoroshye, byagezweho bitewe n’intego FPR Inkotanyi yari ifite ndetse n’Umuyobozi udasanzwe, Kagame Paul uyiyoboye.

Ati “Ntabwo nzi ko hari ikindi kitari FPR n’Umuyobozi wayo wari kubishobora; umuyobozi umwe gusa ariko, njyewe mpamya ko iyo tugira undi utari Nyakubahwa (Perezida Paul Kagame) tutari kubishobora, tukagira undi utari we, ntitwari kubishobora, oya.”

Gen Kabarebe yavuze ko Perezida Kagame ari umuntu bamaze imyaka igera kuri 34 bakorana bya hafi, yemeza ko ibitekerezo bye mu gukemura ibibazo ku neza y’Abanyarwanda bitajya bihinduka.

Ayo ngo ni amahirwe Abanyarwanda bafite yo kumugira nk’umuyobozi mwiza udatezuka.

Ati “Muri uru rugamba twagize amahirwe yo kubona umuntu ufite imyumvire n’urwego rw’imitekerereze bihanitse cyane; ushobora guhangana n’ikibazo cyose uko cyaba giteye kose n’uburemere bwacyo akakibonera igisubizo; ayo ni amahirwe twagize.”

Abarimu b’amateka bari bitabiriye icyo kiganiro bagaragaje ko bacyishimiye, ndetse bakivanyemo impamba irimo guharanira kunga ubumwe no guhuza imbaraga mu kwiyubakira igihugu no kugiteza imbere.

Uwizeyimana Olive wo mu Karere ka Nyarugenge ati “Icyo nungukiyemo ni uko tugomba kunga ubumwe twirinda icyatuzanamo amacakibiri. Yadusobanuriye byinshi byatwubatse ku buryo numvise neza ibyiza byo kunga ubumwe.”

Itorero ry’abarimu b’amateka ryateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Uburezi; Ikigo gishinzwe guteza imbere Uburezi mu Rwanda na Komisiyo y’Igihugu y’Itorero.

Kuri iyi nshuro ryitabiriwe n’abarenga 1600, batorezwa mu karere ka Nyanza mu bigo by’amashuri bya Materi Dei, Collège du Christ Roi na Collège Louis de Monfort.

2020-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli  [AIPAC Policy Conference]

Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama ihuza abayozi ba Amerika na Isiraheli [AIPAC Policy Conference]

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Ubwanditsi 19 Jun 2017
Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Minisitiri w’Intebe yijeje Inteko ko muri 2021 u Rwanda rutazaba rutumiza hanze imbuto zo guhinga

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko
Amakuru

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026
Kamonyi: Abayobozi b’ibanzemuri Runda biyemeje gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Kamonyi: Abayobozi b’ibanzemuri Runda biyemeje gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022
Amakuru

Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022

Ubwanditsi 18 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru