• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019 POLITIKI

Tariki 7 Ukwakira 2019, Al Jazeera yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti “Kagame ntakwiriye gutinya abatavuga rumwe na we”, aho umunyamakuru wayanditse Rashid Abdallah avugamo urutonde rurerure rw’ibyiza Perezida Kagame yakoze, ariko agasoza avuga ko Kagame atangiye kwerekeza mu nzira itari yo.

Tariki 7 Ukwakira 2019, Al Jazeera yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti “Kagame ntakwiriye gutinya abatavuga rumwe na we”, aho umunyamakuru wayanditse Rashid Abdallah avugamo urutonde rurerure rw’ibyiza Perezida Kagame yakoze, ariko agasoza avuga ko atangiye kwerekeza mu nzira itari yo.

Reka twemere ko Abdallah na we yemera ko Perezida Kagame ari umuyobozi w’icyitegererezo wateje imbere igihugu kikava habi ubu kikaba ari intangarugero.

Mu nkuru ye, agira ati “Perezida Kagame aracyashyigikiwe n’abaturage ndetse abanyarwanda benshi bamubona nk’umuyobozi udasanzwe wazanye amahoro n’umutekano mu gihugu cyari cyarasenywe na Jenoside.

Guhera ubwo ingabo yari ayoboye zafataga ubutegetsi, zigahagarika Jenoside akagirwa umuyobozi, yakoze byinshi bigamije guhindura u Rwanda rukaba rwiza.

Akwiriye gushimirwa kuba yarateje imbere ubukungu no kuba yarwanyije ruswa. Yafunguriye amarembo ubushabitsi, ateza imbere ingeri zindi zitandukanye z’ubukungu ku buryo igihugu kiri ku mwanya wa 29 mu korohereza ishoramari ku Isi.”

Abdallah akomeza agira ati “Yakoresheje inkunga z’amahanga neza n’umutungo kamere w’u Rwanda awukoresha neza. Bitandukanye n’ibindi bihugu bivuga ko byateye imbere ku mpapuro gusa, u Rwanda rwateye imbere mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuvuzi, n’ibindi byazamuye bikomeye imibereho y’umuturage. Yashyize abagore benshi mu myanya ya politiki, aho 64 by’abagize umutwe w’abadepite ari abagore, ari nawo mubare munini ku isi.”

“Yakuyeho ibyo kugendera ku moko byayogoje hafi umugabane wose, azana ubumwe mu gihugu nyuma ya Jenoside. Mu myaka mike ishize, u Rwanda ni icyitegererezo muri Afurika.”

Umunyamakuru wa Al Jazeera yakomeje ati “Benshi mu banyarwanda bashyigikiye Perezida. Guhera agiye ku butegetsi mu myaka 25 ishize, Perezida Kagame yatsinze amatora inshuro eshatu ku majwi menshi cyane. Mu 2015 abanyarwanda benshi batoye bavugurura Itegeko Nshinga ngo Perezida uriho agumeho kugeza mu 2034.”

“Mu gihe ibintu nk’ibyo byateje imvururu mu bindi bihugu bituranyi nk’u Burundi na Congo, nta mvururu zatewe no kuvugurura Itegeko Nshinga mu Rwanda. Abanyarwanda ahubwo bagaragaje ko bashyigikiye Perezida bemeza ko yagize uruhare mu guhagarika Jenoside no kubaka igihugu cyari cyarabaye umuyonga.”

Igitangaje, umwanditsi w’inkuru uvuga ko Perezida wakoze ibidasanzwe, wavanye igihugu ahabi aho cyari kigiye guhanagurwa ku ikarita y’isi, abaturage bacyo bagiye kuzimira, noneho ngo ari mu nzira mbi.

Abdlallah mu nkuru ye yagize ati “Nta rirarenga ngo agarure ibintu mu buryo. Aracyafite amahirwe yo kwirinda gusenya igihugu cye no kwirinda kugenda nabi nka benshi bamubanjirije.”

Ariko se, ni ikihe cyaha Perezida yaba yarakoze kuba abanyarwanda benshi bamushyigikiye? Ni ikihe cyaha ku muntu Abdallah we yivugira ko ‘yazamuye imibereho y’abaturage’?.

Abdallah arakomeza ati “Mu bigaragara Kagame ari mu bibazo nadafungura urubuga rwa politiki ngo habeho guhangana. Agomba kubona ko natareka ngo abanyarwanda bamenyere demokarasi, igihugu gishobora gusubira aho cyavuye.”

Umuntu yakwibaza aho abazateza ibibazo bazaturuka mu gihe ‘abanyarwanda benshi bashyigikiye Perezida’. Ikindi, ni ubuhe buryo bundi Kagame azakoresha ngo abanyarwanda bamenyere demokarasi niba ‘bishimira imibereho myiza’ bagejejweho na we ?

Umuntu yakwibaza ngo ku bwa Abdallah, demokarasi ni iki? Ni iyihe demokarasi ashakira abanyarwanda itari iy’abanyarwanda?

Mu gusobanya kwinshi arongera ati “Isi yose ihanze amaso Kagame kandi ikaramu y’amateka ye ayifite mu biganza. Ese azatuma demokarasi yubatse mu Rwanda itera imbere akomeze kubera urugero ibindi bihugu?”

Umuntu asigara yibaza niba urukundo no gushyigikirwa Kagame yeretswe n’abanyarwanda byari ibyo kubaka demokarasi mu isi cyangwa niba kwari ukugira ngo akomeza kubaha ibiteza imbere imibereho yabo.

Src: IGIHE

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 25 Sep 2019
RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Mbere y’uko wica u Rwanda ruzakwica, Abagome Musubize amerwe mu Isaho kandi Ubutumwa bugere kuri benebwo

Mbere y’uko wica u Rwanda ruzakwica, Abagome Musubize amerwe mu Isaho kandi Ubutumwa bugere kuri benebwo

RUSHYASHYA 07 Apr 2026
Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana
Mu Rwanda

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’
POLITIKI

Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru
ITOHOZA

Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 09 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru