• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019 POLITIKI

Tariki 7 Ukwakira 2019, Al Jazeera yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti “Kagame ntakwiriye gutinya abatavuga rumwe na we”, aho umunyamakuru wayanditse Rashid Abdallah avugamo urutonde rurerure rw’ibyiza Perezida Kagame yakoze, ariko agasoza avuga ko Kagame atangiye kwerekeza mu nzira itari yo.

Tariki 7 Ukwakira 2019, Al Jazeera yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti “Kagame ntakwiriye gutinya abatavuga rumwe na we”, aho umunyamakuru wayanditse Rashid Abdallah avugamo urutonde rurerure rw’ibyiza Perezida Kagame yakoze, ariko agasoza avuga ko atangiye kwerekeza mu nzira itari yo.

Reka twemere ko Abdallah na we yemera ko Perezida Kagame ari umuyobozi w’icyitegererezo wateje imbere igihugu kikava habi ubu kikaba ari intangarugero.

Mu nkuru ye, agira ati “Perezida Kagame aracyashyigikiwe n’abaturage ndetse abanyarwanda benshi bamubona nk’umuyobozi udasanzwe wazanye amahoro n’umutekano mu gihugu cyari cyarasenywe na Jenoside.

Guhera ubwo ingabo yari ayoboye zafataga ubutegetsi, zigahagarika Jenoside akagirwa umuyobozi, yakoze byinshi bigamije guhindura u Rwanda rukaba rwiza.

Akwiriye gushimirwa kuba yarateje imbere ubukungu no kuba yarwanyije ruswa. Yafunguriye amarembo ubushabitsi, ateza imbere ingeri zindi zitandukanye z’ubukungu ku buryo igihugu kiri ku mwanya wa 29 mu korohereza ishoramari ku Isi.”

Abdallah akomeza agira ati “Yakoresheje inkunga z’amahanga neza n’umutungo kamere w’u Rwanda awukoresha neza. Bitandukanye n’ibindi bihugu bivuga ko byateye imbere ku mpapuro gusa, u Rwanda rwateye imbere mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuvuzi, n’ibindi byazamuye bikomeye imibereho y’umuturage. Yashyize abagore benshi mu myanya ya politiki, aho 64 by’abagize umutwe w’abadepite ari abagore, ari nawo mubare munini ku isi.”

“Yakuyeho ibyo kugendera ku moko byayogoje hafi umugabane wose, azana ubumwe mu gihugu nyuma ya Jenoside. Mu myaka mike ishize, u Rwanda ni icyitegererezo muri Afurika.”

Umunyamakuru wa Al Jazeera yakomeje ati “Benshi mu banyarwanda bashyigikiye Perezida. Guhera agiye ku butegetsi mu myaka 25 ishize, Perezida Kagame yatsinze amatora inshuro eshatu ku majwi menshi cyane. Mu 2015 abanyarwanda benshi batoye bavugurura Itegeko Nshinga ngo Perezida uriho agumeho kugeza mu 2034.”

“Mu gihe ibintu nk’ibyo byateje imvururu mu bindi bihugu bituranyi nk’u Burundi na Congo, nta mvururu zatewe no kuvugurura Itegeko Nshinga mu Rwanda. Abanyarwanda ahubwo bagaragaje ko bashyigikiye Perezida bemeza ko yagize uruhare mu guhagarika Jenoside no kubaka igihugu cyari cyarabaye umuyonga.”

Igitangaje, umwanditsi w’inkuru uvuga ko Perezida wakoze ibidasanzwe, wavanye igihugu ahabi aho cyari kigiye guhanagurwa ku ikarita y’isi, abaturage bacyo bagiye kuzimira, noneho ngo ari mu nzira mbi.

Abdlallah mu nkuru ye yagize ati “Nta rirarenga ngo agarure ibintu mu buryo. Aracyafite amahirwe yo kwirinda gusenya igihugu cye no kwirinda kugenda nabi nka benshi bamubanjirije.”

Ariko se, ni ikihe cyaha Perezida yaba yarakoze kuba abanyarwanda benshi bamushyigikiye? Ni ikihe cyaha ku muntu Abdallah we yivugira ko ‘yazamuye imibereho y’abaturage’?.

Abdallah arakomeza ati “Mu bigaragara Kagame ari mu bibazo nadafungura urubuga rwa politiki ngo habeho guhangana. Agomba kubona ko natareka ngo abanyarwanda bamenyere demokarasi, igihugu gishobora gusubira aho cyavuye.”

Umuntu yakwibaza aho abazateza ibibazo bazaturuka mu gihe ‘abanyarwanda benshi bashyigikiye Perezida’. Ikindi, ni ubuhe buryo bundi Kagame azakoresha ngo abanyarwanda bamenyere demokarasi niba ‘bishimira imibereho myiza’ bagejejweho na we ?

Umuntu yakwibaza ngo ku bwa Abdallah, demokarasi ni iki? Ni iyihe demokarasi ashakira abanyarwanda itari iy’abanyarwanda?

Mu gusobanya kwinshi arongera ati “Isi yose ihanze amaso Kagame kandi ikaramu y’amateka ye ayifite mu biganza. Ese azatuma demokarasi yubatse mu Rwanda itera imbere akomeze kubera urugero ibindi bihugu?”

Umuntu asigara yibaza niba urukundo no gushyigikirwa Kagame yeretswe n’abanyarwanda byari ibyo kubaka demokarasi mu isi cyangwa niba kwari ukugira ngo akomeza kubaha ibiteza imbere imibereho yabo.

Src: IGIHE

2019-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzu y’ubwanditsi yanze gutangaza mu Gifaransa igitabo cya Judi Rever gipfobya Jenoside

Inzu y’ubwanditsi yanze gutangaza mu Gifaransa igitabo cya Judi Rever gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 23 May 2019
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025
Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Papa Francis yasabiye amahoro Yeruzalemu

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Ubwanditsi 06 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri
Mu Rwanda

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo
IMIKINO

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Umutoza w’Amavubi  amaze kwirukanwa (yavuguruwe)
IMIKINO

Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Ubwanditsi 18 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru