• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Ubwanditsi 18 Aug 2016 IMIKINO

Umutoza w’Amavubi Jonathan Mckinstry ukomoka muri Northern Iriland amaze kwirukanwa kuri uwo mwanya.

Ni nyuma y’uko hari ibitangazamakuru bitandukanye byari byanditse ko Mckinstry agomba kwirukanwa kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Kanama 2016.

Hakaba hari hashize igihe gito bi hwihwiswa ko Mckinstry ashobora kwirukanwa mbere y’umukino uzahuza Amavubi na Ghana kuwa 5 Nzeli 2016.

Ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) rwasohotse muri Kanama Amavubi yasubiye inyuma imyanya icumi iri ku mwanya 121 yari ivuye ku mwanya 111

-3725.jpg

Jonathan Mckinstry

Ku ikubitiro uyu mutoza yatezwe umukino wa gishuti na Zambia ihita imutera ibitego 2-0 mu buryo bwihuse hari tariki 29 Werurwe 2015.Uyu mutoza yahise akomeza gushakirwa imikino ya gishuti kuko kugeza iki gihe yirukanwa yari amaze gukina imikino umunani (8) ya gishuti, uheruka yawutsinzwe na Senegal ibitego 2-0 tariki 28 Gicurasi 2016 kuri sitade Amahoro.

Imikino 8 ya gishuti yakinnye yatsinzemo itatu(3), anganya ibiri (2) atsindwa itatu (3).Mu mikino yatsinze harimo umukino u Rwanda rwatsinzemo Tanzania ibitego 2-0 tariki 7 Kamena 2016, yatsinze Ethiopia ibitego 3-1 tariki 28 Kanama 2015 ndetse anatsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igitego 1-0 tariki ya 10 Mutarama 2016 mu mukino wa gishuti wateguraga imikino ya CHAN 2016 yari gutangira nyuma y’iminsi itandatu.

Yanganyije na Kenya 0-0 tariki 6 Kamena 2015 ndetse aza kunganya na Cameroon igitego 1-1 tariki ya 6 Mutarama 2016 mu wundi mukino nawo wateguraga CHAN2016 yabereye mu Rwanda.

Uretse kuba yaratsinzwe n’ibihugu nka Zambia na Senegal mu mikino ya gishuti, McKinstry yanatsinzwe na Gabon igitego 1-0 mu mukino wa gishuti wakinwe tariki 12 Nzeli 2015.

Mu mikino yo gushaka itike yon gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2017 kizakinirwa muri Gabon, u Rwanda rwari rwashyizwe mu itsinda rya mumani (H) aho rwari kumwe na Ghana, Mozambique na Mauritius.

Mu mikino itandatu u Rwanda rwasabwaga gukina, rumaze gukinamo imikino itanu (5).Mu mikino itanu Amavubi amaze gutsindamo imikino ibiri (2) harimo umukino ubanza u Rwanda rwatsinzemo Mozambique igitego 1-0 ndetse na Mauritius ibitego 5-0.Gusa U Rwanda rwatsinzwemo imikino itatu (5) nubwo hasigaye umukino umwe u Rwanda rugomba gukina na Ghana kuwa 1 Nzeli 2016.

Mu mikino Nyafurika y’ibihugu ku bakinnyi bakina mu mashampiyona y’ibihugu (CHAN2016), u Rwanda rwasezerewe rugeze mu mikino ya ¼ nyuma yo gukurwamo na DR Congo mu minota y’inyongera. Mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2018, u Rwanda rwakuwemo na Libya nyuma y’ikinyuranyo cy’ibitego 4-2 mu mikino ibiri yahuje ibihugu byombi. Aha u Rwanda rwatsinze umukino ubanza igitego 1-0, Libya itsinda ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali.

Muri CECAFA y’ibihugu, u Rwanda rwakinnye imikino itandatu (6), rutsindwa imikino ibiri harimo uwo Amavubi yatsinzwemo na Uganda ku mukino wa nyuma ndetse n’undi u Rwanda rwatsinzwe na Tanzania ibitego 2-0 mu matsinda.

Mu mikino 26 Jonathan McKinstry yatoje, yatsinzemo imikino icumi (10), anganya ine (4) atsindwa imikino 12. Iyo ugerageje gushyira ku mpuzandengo y’imikino uyu mutoza yatoje, usanga yaratsinze 38.4 ku ijana (38.4%) by’imikino yatoje.Yanganyije 15.3% atsindwa 46.1%.

Ibi byatumye Minisiteri y’umuco na siporo(MINISPOC) yari ifite uyu mutoza mu maboko ihitamo kumuhambiriza utwangushye nyuma yo kubona ko nta musaruro yagaragaje nk’uko Rurangayire Guy ushinzwe ibikorwa by’amakipe y’ibihugu muri MINISPOC yabitangarije Radio10.

“Impamvu nyamukuru ni umusaruro mucye w’ikipe (Amavubi) kuva igihe yari ayifite no kuba yaratakaje intego yo kugeza ikipe mu gikombe cya Afurika.Ndumva impamvu ikomeye aruko atabashije gutuma ikipe ihagarara neza ku ruhando mpuzamahanga nk’uko twabyifuzaga (MINISPOC)”.

Rurangayire akomeza avuga ko nta rwitwazo McKinstry yari afite rwo kwitwara nabi kuko avuga ko ibyasabwaga byose yari yarabihawe.

Uyu mutoza yirukanwe nyamara yari yaramaze kongererwa amasezerano y’imyaka ibiri(2) amasezerano yasinye mbere yo gukina na Mauritius muri Werurwe 2016.Icyo gihe yahise atsindwa igitego 1-0 mu mukino ubanza.Umukino wo kwishyura ahita anyagira iyi kipe ibitego 5-0 i Kigali.
McKinstry yafashe ikipe y’u Rwanda iri ku mwanya wa 68 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA ariko kugeza ubu ku rutonde ruheruka gusohoka u Rwanda ruri ku mwanya wa 121.

Bigendanye no kuba u Rwanda rufite umukino rugomba gukina na Ghana ku itariki ya 1 Nzeli 2016, Amavubi ari mu kaga gakomeye ko kuzamuka cyane cyangwa kumanuka bikanganye.U Rwanda ruramutse rutsinze Ghana ntacyo byamara muri gahunda yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ariko byatanga amanota yatuma u Rwanda rujya ku mwanya uri munsi ya 121.

Mu gihe ku rundi ruhande, u Rwanda rutsinzwe uyu mukino ntabwo byaba igitangaza Amavubi yisanze mu myanya ya 125 ku rutonde rwakurikira.

Dore urugendo rwose rwa Jonathan Bryan McKinstry mu Rwanda.
Imikino ya gishuti:
Tariki 29/3/2015:Zambia 2-0 Rwanda
Tariki 6/6/2015:Rwanda 0-0 Kenya
Tariki 7/6/2015:Rwanda 2-0 Tanzania
Tariki 28/8/2015:Rwanda 3-1 Ethiopia
Tariki 12/9/2015:Rwanda 0-1 Gabon
Tariki 6/1/2016:Rwanda 1-1 Cameroon
Tariki 10/1/2016:Rwanda 1-0 DR Congo
Tariki 28/5/2016:Rwanda 2-0 Senegal
Urugendo rugana Gabon 2017:
Tariki 14/6/2015:Mozambique 0-1 Rwanda
Tariki 5/9/2015:Rwanda 0-1 Ghana
Tariki 26/3/2016:Mauritius 1-0 Rwanda
Tariki 29/3/2016:Rwanda 5-0 Mauritius
Tariki 4/6/2016:Rwanda 2-3 Mozambique
Tariki 1/9/2016:Ghana vs Rwanda (Uzatozwa n’undi)
Imikino ya CHAN2016:
Amatsinda
Tariki 16/1/2016:Rwanda 1-0 Cote d’Ivoire
Tariki 20/1/2016:Rwanda 2-1 Gabon
Tariki 24/1/2016:Moroco 4-1 Rwanda
Muri ¼ cy’irangiza
Tariki 30/1/2016:Rwanda 1-1 DR Congo(AET 1-2)
Muri CECAFA 2015:
Mu matsinda
Tariki 21/11/2015:Ethiopia 0-1 Rwanda
Tariki 24/11/2015:Rwanda 1-2 Tanzania
Tariki 27/11/2015:Rwanda 3-0 Somalia
Muri ¼ cy’irangiza
Tariki 1/12/2015: Rwanda 0-0 Kenya (penaliti 5-3)
Muri ½ cy’irangiza
Tariki 3/12/2015:Rwanda 1-1 Sudan(4-2)
Umukino wa nyuma
Tariki 5/12/2015:Uganda 1-0 Rwanda
Urugendo rugana mu Burusiya 2018 (Igikombe cy’isi)
Tariki 13/11/2015:Libya 1-0 Rwanda
Tariki 17/11/2015:Rwanda 1-3 Libya

Ntakirutimana Alfred

2016-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 27 Feb 2024
APR FC yasabye imbabazi abafana bayo nyuma y’umukino yanganyijemo na Kiyovu Sports ubusa ku busa

APR FC yasabye imbabazi abafana bayo nyuma y’umukino yanganyijemo na Kiyovu Sports ubusa ku busa

Ubwanditsi 25 Oct 2025
Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Irene Uwoya uzwi nka “Oprah” yahishuye ko yikundira abasore bafite isura mbi

Ubwanditsi 08 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Ubwanditsi 17 Apr 2017
REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar
Amakuru

REG WBC yabonye itike y’igikombe cya Afurika itsinze APR WBC mu mikino ya Zone V ibera muri Zanzibar

Ubwanditsi 01 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru