• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017 Mu Rwanda

Drake Mugisha, umugabo wa nyakwigendera Pasiteri Maggie Mutesi, ejo yaburanishijwe mu rukiko rwa Nyarugenge aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we.

Pasiteri Mutesi Maggie wari usanzwe ayobora amasengesho y’abapasiteri ngarukakwezi muri Serena Hotel, yasanzwe yapfuye iwe I Gikondo mu gitondo cyo ku wa 10 Nzeri 2017.

Nyuma y’iminsi mike y’urupfu rwe, umugabo we Mugisha yatawe muri yombi na polisi y’igihugu kuko iperereza ry’ibanze ryakozwe na CID ryari ryagaragaje ko pasiteri Maggie yishwe anizwe.

Umushinjacyaha mu rukiko, Christa Kamikazi ubwo yasomaga ibyo Mugisha aregwa, yamusabiye gufungwa iminsi 30 mu gihe iperereza rigikomeje.

Kamikazi yatangaje ko raporo y’ibizamini by’isuzuma, yakozwe n’umuganga ubizobereyemo Prof Linette Tumwine Kyokunda ukorera ku bitaro byitiriwe Umwamin Faysal, yagaragaje ko Pasiteri Maggie Mutesa yishwe ko atazize urupfu rusanzwe.

Mu bindi umushinjacyaha yagaragaje mu rukiko ni imibanire itari myiza Mugisha na Mutesi bari bafitanye ku buryo hari hashize imyaka 3 basabye ubutane.

Umushinjacyaha yavuze ko ukwezi kumwe mbere y’urupfu rwa Pasiteri Maggie, Mugisha yari yaranditse ku musego w’uburiri bwabo agira ati “ Sinkiri umugabo wa Mutesi Maggie”. Umushinjacyaha yavuze ko hari n’igihe Mugisha yataye hanze ibintu by’umugore we aho yavugaga ko atakimushaka namba.

Mu bindi byagaragajwe n’umushinjacyaha, ngo Mugisha yigeze anashaka kugurisha inzu yabo ariko aza kubangamirwa n’umugore we Mutesi aho yanamushinjaga kutarihira abana amafaranga y’ishuri.

Mutesi yasanzwe yapfuye mu cyumba cye n’umugabo we.

Mugisha wahoze mu ngabo z’ u Rwanda afite ipeti rya kapiteni akaba yari mu rukiko, ntiyemeye raporo y’ibizamini byatanzwe na muganga byagaragaje ko Maggie yanizwe aho yavuze ko Arthur Murara, muramu we ko ari we wakoranye n’abaganga hamwe na CID kugirango babimuhimbire.

Mugisha yabajijwe ibijyanye n’imibanire mibi n’umugore maze avuga ko urugo rwe rwari rumeze nk’izindi ko nta byacitse byari birurimo. Ati “ Ni uruhe rugo rutabamo ibibazo?” maze ahakana amakuru avuga ko nta bushobozi yari afite bwo kugurisha inzu yabo kuko yari mu rubanza.

Jean de Dieu Murinzi, avoka wa Mugisha, yasabye ko umukiliya we aburana ari hanze kugirango abashe kwita ku bana basigaye aho yagaragaje ko batakiba murugo bakaba batacyiga kuko ise yatawe muri yombi.

Biteganijwe ko uyu munsi ari bwo urukiko rufata umwanzuro kuri ubwo busabe.

Mutesi wari ufite imyaka 37 y’amavuko niwe wari warashinze akaba n’umuyobozi wa Heavens Gates Ministries, umuryango wari ushinzwe amashengesho y’aba pasiteri.

-8222.jpg

Nyakwigendera Pasiteri Maggie Mutesi

2017-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  yageze  i Maputo muri Mozambique

Perezida Kagame yageze i Maputo muri Mozambique

Ubwanditsi 24 Oct 2016
Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Amashanyarazi Polisi y’u Rwanda yahaye abaturage yatumye bagira imibereho myiza

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Amakipe 8 ahatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere yamenyekanye, uko agomba guhura muri 1/4 cy’irangiza

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Perezida Fattah El Sisi yashimye uburyo yasanze Perezida Kagame ari umugabo ukoresha imbaraga ze zose mu guharanira iterambere ry’u Rwanda n’abanyarwanda

Perezida Fattah El Sisi yashimye uburyo yasanze Perezida Kagame ari umugabo ukoresha imbaraga ze zose mu guharanira iterambere ry’u Rwanda n’abanyarwanda

Ubwanditsi 16 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda ikomeje kotswa igitutu ibazwa irengero ry’abantu

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Ubwanditsi 16 Aug 2021
Amayeri yo gutunda ibiyobyabwenge akomeje gutegurwa: I Nyabihu umumotari yafatanwe blue sky azambariyeho
Mu Rwanda

Amayeri yo gutunda ibiyobyabwenge akomeje gutegurwa: I Nyabihu umumotari yafatanwe blue sky azambariyeho

Ubwanditsi 12 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru