• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017 Mu Rwanda

Drake Mugisha, umugabo wa nyakwigendera Pasiteri Maggie Mutesi, ejo yaburanishijwe mu rukiko rwa Nyarugenge aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we.

Pasiteri Mutesi Maggie wari usanzwe ayobora amasengesho y’abapasiteri ngarukakwezi muri Serena Hotel, yasanzwe yapfuye iwe I Gikondo mu gitondo cyo ku wa 10 Nzeri 2017.

Nyuma y’iminsi mike y’urupfu rwe, umugabo we Mugisha yatawe muri yombi na polisi y’igihugu kuko iperereza ry’ibanze ryakozwe na CID ryari ryagaragaje ko pasiteri Maggie yishwe anizwe.

Umushinjacyaha mu rukiko, Christa Kamikazi ubwo yasomaga ibyo Mugisha aregwa, yamusabiye gufungwa iminsi 30 mu gihe iperereza rigikomeje.

Kamikazi yatangaje ko raporo y’ibizamini by’isuzuma, yakozwe n’umuganga ubizobereyemo Prof Linette Tumwine Kyokunda ukorera ku bitaro byitiriwe Umwamin Faysal, yagaragaje ko Pasiteri Maggie Mutesa yishwe ko atazize urupfu rusanzwe.

Mu bindi umushinjacyaha yagaragaje mu rukiko ni imibanire itari myiza Mugisha na Mutesi bari bafitanye ku buryo hari hashize imyaka 3 basabye ubutane.

Umushinjacyaha yavuze ko ukwezi kumwe mbere y’urupfu rwa Pasiteri Maggie, Mugisha yari yaranditse ku musego w’uburiri bwabo agira ati “ Sinkiri umugabo wa Mutesi Maggie”. Umushinjacyaha yavuze ko hari n’igihe Mugisha yataye hanze ibintu by’umugore we aho yavugaga ko atakimushaka namba.

Mu bindi byagaragajwe n’umushinjacyaha, ngo Mugisha yigeze anashaka kugurisha inzu yabo ariko aza kubangamirwa n’umugore we Mutesi aho yanamushinjaga kutarihira abana amafaranga y’ishuri.

Mutesi yasanzwe yapfuye mu cyumba cye n’umugabo we.

Mugisha wahoze mu ngabo z’ u Rwanda afite ipeti rya kapiteni akaba yari mu rukiko, ntiyemeye raporo y’ibizamini byatanzwe na muganga byagaragaje ko Maggie yanizwe aho yavuze ko Arthur Murara, muramu we ko ari we wakoranye n’abaganga hamwe na CID kugirango babimuhimbire.

Mugisha yabajijwe ibijyanye n’imibanire mibi n’umugore maze avuga ko urugo rwe rwari rumeze nk’izindi ko nta byacitse byari birurimo. Ati “ Ni uruhe rugo rutabamo ibibazo?” maze ahakana amakuru avuga ko nta bushobozi yari afite bwo kugurisha inzu yabo kuko yari mu rubanza.

Jean de Dieu Murinzi, avoka wa Mugisha, yasabye ko umukiliya we aburana ari hanze kugirango abashe kwita ku bana basigaye aho yagaragaje ko batakiba murugo bakaba batacyiga kuko ise yatawe muri yombi.

Biteganijwe ko uyu munsi ari bwo urukiko rufata umwanzuro kuri ubwo busabe.

Mutesi wari ufite imyaka 37 y’amavuko niwe wari warashinze akaba n’umuyobozi wa Heavens Gates Ministries, umuryango wari ushinzwe amashengesho y’aba pasiteri.

-8222.jpg

Nyakwigendera Pasiteri Maggie Mutesi

2017-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Ubwanditsi 02 Jul 2020
Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 11 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru
Mu Rwanda

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru