• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Ubwanditsi 01 Apr 2018 Mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi zari mu Rwanda ariko zikiyemeza gutaha kubera imyemerere, zivuga ko ntacyo zishinja u Rwanda ariko zigashimangira ko zidateze guhindura imyemerere zifite.

JPEG - 49.1 kb
Guverinoma yabahaye imodoka zo kuborohereza mu ngendo

Ahagana saa Tatu z’igitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Mata 2018, umusaza uri mu kigero cy’imyaka 50 aratekerereza abanyamakuru iby’imibereho yabo.

Uyu musaza ni umwe mu mpunzi ziyemeje gusubira iwabo, nyuma yo kuba we na bagenzi be bari bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahungiye mu Rwanda.

Bahageze bavuye muri Congo, aho yemeza ko ubuzima bwari bubashaririye nyuma yo kugabwaho igitero cyanahitanye babiri mu bana be.

Tariki 7 Werurwe 2018 nibwo bageze ku mupaka wa Rusizi, nyuma yo gukora urugendo rurerure n’amaguru ziza ku mupaka wa Rusizi.

Baje bavuga ko batumvikanaga n’ubuyobozi bwa Congo bwendaga kubirukana ngo basubire mu Burundi ariko bagahutamo kuza mu Rwanda.

Uyu mugabo ugaragaza imyemerere yo ku rwego rwo hejuru, avuga ashize amanga, yizeye ko ibibazo barimo bidakomeye kuruta imbaraga zibari inyuma.

JPEG - 70.8 kb
Bisi zimwe bazigenzemo izindi zigendamo ibikoresho byabo

Kimwe na bagenzi be bose bafite amashapure, avuga ku buzima bari babayemo muri Congo ariko mu magambo ye ntihabura kugarukamo amazina ’Imana’ cyangwa ’Bikila Mariya’.

Agita ati “Mbere twari dufite umutekano ariko uburyo byahindutse twatangiye kubona batubwira ngo ’Abarundi musubire iwanyu’. Baranaturashe batwicamo abantu benshi.

“Baduhoraga gusenga, ariko nk’uko mubibona twitwaje ishapure, umubyeyi wacu Mariya ahora atwigisha adushishikariza gukorera Imana by’ukuri, kugira ngo tuzabone uko tubona ubuzima bw’ijuru.”

JPEG - 72.7 kb
Bambukiye ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera

Impunzi zigera ku 1.600 mu zirenga 2.500 zahungiye mu Rwanda, nizo zuriye bisi zisubira iwabo zivuye mu Rwanda aho zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye.

Uyu mugabo akomeza avuga ko batazi uko mu gihugu cyabo bazabakira ariko akemeza ko uko byagenda kose bagomba “kubakira uko bari” kuko badateze guhindura imyumvire.

Mugenzi we nawe ni umugore uri mu kigero cy’imyaka 40, yemeza ko mu minsi mike bamaze mu Rwanda bakiriwe neza n’ubwo imyemerere yabo hari ibyo itabemereraga kwemera no kwamira.

Yishimira ko bagenzi babo bari bafungiwe guteza imyivumbagatanyo bafunguwe bakaba batahanye nabo.

Ku mpamvu zatumye batemera kwibaruza cyangwa gukingizwa, uyu mugore yemeza ko ari ibonekerwa rya Bikira Mariya ryababwiye ko ibyo bintu byica roho kandi ubikoze adashobora kujya mu ijuru.

Bivugwa ko aba Barundi bafite imyemerere itamenyerewe y’abayoboke b’umugore witwa Zebiya. Bahuze igihugug cyabo kubera iyo myemerere ariko bahisemo kugisubiramo nyuma yo kubona nta yandi mahitamo.

Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi z’Abarundi zibarirwa mu bihumbi 90, zikambutse mu nkambi zitandukanye mu gihugu.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko byibura rwakira abarenga 10 buri munsi, haba abaza mu gicuku rwihishwa cyangwa ku manywa y’ihangu.

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup
IMIKINO

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC
Amakuru

Amafoto – Mahoro Yvan na Murangwa Nelson bakiniraga ikipe ya UVC Volleyball Club berekeje muri REG VC

Ubwanditsi 09 Dec 2021
Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA  na NATO
ITOHOZA

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru