• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Abarundi batashye ngo ntacyo bashinja u Rwanda ariko ntibazahindura imyemerere

Ubwanditsi 01 Apr 2018 Mu Rwanda

Impunzi z’Abarundi zari mu Rwanda ariko zikiyemeza gutaha kubera imyemerere, zivuga ko ntacyo zishinja u Rwanda ariko zigashimangira ko zidateze guhindura imyemerere zifite.

JPEG - 49.1 kb
Guverinoma yabahaye imodoka zo kuborohereza mu ngendo

Ahagana saa Tatu z’igitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 1 Mata 2018, umusaza uri mu kigero cy’imyaka 50 aratekerereza abanyamakuru iby’imibereho yabo.

Uyu musaza ni umwe mu mpunzi ziyemeje gusubira iwabo, nyuma yo kuba we na bagenzi be bari bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahungiye mu Rwanda.

Bahageze bavuye muri Congo, aho yemeza ko ubuzima bwari bubashaririye nyuma yo kugabwaho igitero cyanahitanye babiri mu bana be.

Tariki 7 Werurwe 2018 nibwo bageze ku mupaka wa Rusizi, nyuma yo gukora urugendo rurerure n’amaguru ziza ku mupaka wa Rusizi.

Baje bavuga ko batumvikanaga n’ubuyobozi bwa Congo bwendaga kubirukana ngo basubire mu Burundi ariko bagahutamo kuza mu Rwanda.

Uyu mugabo ugaragaza imyemerere yo ku rwego rwo hejuru, avuga ashize amanga, yizeye ko ibibazo barimo bidakomeye kuruta imbaraga zibari inyuma.

JPEG - 70.8 kb
Bisi zimwe bazigenzemo izindi zigendamo ibikoresho byabo

Kimwe na bagenzi be bose bafite amashapure, avuga ku buzima bari babayemo muri Congo ariko mu magambo ye ntihabura kugarukamo amazina ’Imana’ cyangwa ’Bikila Mariya’.

Agita ati “Mbere twari dufite umutekano ariko uburyo byahindutse twatangiye kubona batubwira ngo ’Abarundi musubire iwanyu’. Baranaturashe batwicamo abantu benshi.

“Baduhoraga gusenga, ariko nk’uko mubibona twitwaje ishapure, umubyeyi wacu Mariya ahora atwigisha adushishikariza gukorera Imana by’ukuri, kugira ngo tuzabone uko tubona ubuzima bw’ijuru.”

JPEG - 72.7 kb
Bambukiye ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera

Impunzi zigera ku 1.600 mu zirenga 2.500 zahungiye mu Rwanda, nizo zuriye bisi zisubira iwabo zivuye mu Rwanda aho zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye.

Uyu mugabo akomeza avuga ko batazi uko mu gihugu cyabo bazabakira ariko akemeza ko uko byagenda kose bagomba “kubakira uko bari” kuko badateze guhindura imyumvire.

Mugenzi we nawe ni umugore uri mu kigero cy’imyaka 40, yemeza ko mu minsi mike bamaze mu Rwanda bakiriwe neza n’ubwo imyemerere yabo hari ibyo itabemereraga kwemera no kwamira.

Yishimira ko bagenzi babo bari bafungiwe guteza imyivumbagatanyo bafunguwe bakaba batahanye nabo.

Ku mpamvu zatumye batemera kwibaruza cyangwa gukingizwa, uyu mugore yemeza ko ari ibonekerwa rya Bikira Mariya ryababwiye ko ibyo bintu byica roho kandi ubikoze adashobora kujya mu ijuru.

Bivugwa ko aba Barundi bafite imyemerere itamenyerewe y’abayoboke b’umugore witwa Zebiya. Bahuze igihugug cyabo kubera iyo myemerere ariko bahisemo kugisubiramo nyuma yo kubona nta yandi mahitamo.

Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi z’Abarundi zibarirwa mu bihumbi 90, zikambutse mu nkambi zitandukanye mu gihugu.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko byibura rwakira abarenga 10 buri munsi, haba abaza mu gicuku rwihishwa cyangwa ku manywa y’ihangu.

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jul 2021
Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Ubwanditsi 07 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Malawi: Vincent Murekezi afite ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda
ITOHOZA

Malawi: Vincent Murekezi afite ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana
SHOWBIZ

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Ubwanditsi 11 Jan 2018
[ VIDEO ] Perezida Kagame  yakirwa na Xi Jinping w’u Bushinwa
MULTIMEDIA

[ VIDEO ] Perezida Kagame yakirwa na Xi Jinping w’u Bushinwa

Ubwanditsi 18 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru