• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018 Mu Rwanda

Umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (Transparency International-Rwanda), Ingabire Marie Immaculée, yavuze ko u Rwanda atari igihugu gikennye nk’uko abantu babivuga ahubwo ngo gikeneshejwe n’abana barwo.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu ubwo Transparency Rwanda yamurikaga isesengura yakoze kuri Raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta ya 2015/2016 ku makosa yagiye akorwa n’inzego z’uturere ndetse n’Umujyi wa Kigali agahombya Leta.

Amafaranga yahombejwe kubera ayo makosa yavuye kuri miliyari 27.26 Frw mu mwaka wa 2014/2015, agera kuri miliyari 99.57 Frw muri 2015/2016.

Madamu Ingabire yavuze ko ayo mafaranga ahomba buri gihe aramutse akoreshwa ibyo agomba gukora u Rwanda rutakabaye rukiri mu bihugu bikennye.

Ati “Hahombye amafaranga meshi cyane. Nsigaye ngera ahantu nkavuga ngo ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshwa n’abana barwo kuko ariya mafaranga yose akoze ibyo yagombaga gukora iterambere ryakwihuta, tukagenda tuva mu bihugu bikennye cyane tujya mu by’amikoro aringaniye.”

Isesengura ryagaragaje ko bijyanye no gutanga amasoko ya Leta hakirimo ibibazo bikomeye kuko hari mu hahombya menshi.

Ingabire avuga ko kugira ngo kunyereza no gukoresha nabi ibya Leta bicike bizasaba guca umuco wo kudahana.

Ati “Birasaba ko hacika umuco wo kudahana kandi uwacunze nabi cyangwa uwanyereje amafaranga ya Leta ayagarure. Niho hakiri ikibazo gikomeye. Baragera mu butabera bikarangira bose ari abere.”

Yangeyeho ati “Erega ababikora ntabwo ari abaswa. Hari aho bari bafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Meya wako aratubwira ngo ‘ufungwa agatindamo ni uwariye wenyine’. Ni ukuvuga ko baba bafite abandi basangiye bakamurwanaho agafungurwa. Igikwiye guhinduka ni uko n’inzego z’ubutabera zibazwa ibyo zikora. Tukava ku kintu cyo kuvuga ngo umucamanza yaruciye uko abyumva.”

Mu gutanga amasoko, Ingabire avuga ko ba rwiyemezamirimo basigaye banga kugaragaza ababatse ruswa, ngo kuko iyo babikoze ejo bajya kwaka andi masoko bagasanga baragambaniwe.

Ati “Abagerageje kubafatisha bakabivuga, barabwirana bose. Tekereza kugira ngo ufatishe umuntu mu bitaro runaka , nujya gusaba isoko mu bindi bitaro usange baramaze kugutanga ngo uwo ntimuzamuhe isoko! Ni kimwe mu bituma ba rwiyemezamirimo aho gufashanya kugira ngo ibintu bikorwe neza, bagiye muri gahunda yo kujya batanga ruswa bakibonera isoko, ahubwo bakarikora nabi.”

Ingabire avuga ko mu Rwanda umuco wo kwihangana cyane wari ukwiye gucika, uhombeje Leta akabyishyura.

Avuga ko nko mu bihugu byateye imbere mu kurwanya ruswa nka Botswana, biterwa n’uko buri wese abigira ibye kugeza no ku muturage wo hasi.

Ati “Twe turacyihangana cyane. Igihe cyari kigeze tukamenya ko umuntu ararwara iyo adakize arapfa, nta murwayi uhoraho ubaho.”

Perezida wa Komisiyo Ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) Nkusi Juvénal, yavuze ko iyo uturere tugaragaza gukoresha nabi umutungo wa Leta ari ishusho ko no mu mikorere isanzwe hari ikibazo.

Yavuze ko raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ikwiye kwifashishwa n’izindi nzego zireba aho zikwiye gushora imari ikagirira akamaro abaturage.

Ati “Burya akarere uko gacunga umutungo neza biba byerekana uko imikorere yako iteye, kuko ahacungwa nabi, haba harimo ibibazo mu mikorere hagati y’inzego haba muri njyanama, haba mu rwego rw’ubuyobozi. Binakugaragariza ahantu n’uturere ushobora kuvuga uti ‘imishinga, ishoramari ishobora gukorwa ikagirira neza abanyarwanda.”

Transparency Rwanda mu isesengura yakoze, yasanze amakosa yakozwe arimo ubwoko bubiri. Harimo ashingiye ku gusesagura umutungo wa Leta (ubwishyu budafite inyandiko ibugaragaza, uburiganya, kwishyura abantu batabaho…). Ayo yihariye 4 % by’amafaranga yose Leta yahombye mu mwaka wa 2015/206.
Hari andi makosa adashingiye ku isesagura arimo kutubahiriza amategeko, kutita ku nyandiko, amakosa akorwa mu nyandiko…, yihariye 96 % by’igihombo cyose Leta yagize.

Nko gutanga amasoko binyuranyije n’amategeko byahombeje Leta miliyari 24.4. Imishinga yadindiye cyangwa iyasizwe itarangiye yatwaye miliyari 14.4. Ibijyanye na VUP bishingiye ku nguzanyo zagiye zitangwa ntizishyuzwe cyangwa amafaranga yatanzwe ngo agurizwe abaturage ntabagereho byatwaye miliyari 12.2 n’ibindi.

Abayobozi batandukanye bagaragaje ko hakwiye ingufu mu guhashya abahombya Leta

2018-04-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017
Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Ubwanditsi 25 May 2018
Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Ubwanditsi 19 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Motors
KWAMAMAZA

Rwanda Motors

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi
Amakuru

Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Ubwanditsi 26 Oct 2021
Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0
Amakuru

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru