• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Abandi batanu bafunzwe bakekwaho kunyereza mudasobwa zigenewe abanyeshuri

Ubwanditsi 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Abantu batanu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kibeho, mu karere ka Nyaruguru bakekwaho inyerezwa rya mudasobwa eshatu zirimo ebyiri zigenewe abanyeshuri muri gahunda ya Mudasobwa imwe ku mwana (One Laptop per Child) n’indi imwe isanzwe (Laptop) by’Urwunge rw’amashuri rwa Munini.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) André Hakizimana yavuze ko kugeza ubu abafunzwe bakekwaho iki cyaha ari: Sebagabo Vincent wayoboraga iri shuri , uwari uribereye Umucungamari witwa Ndabakuranye Bonaventure, uwahigishaga witwa Nyangezi Bertin, uwari ushinzwe Ikoranabuhanga muri iki Kigo cy’ishuri witwa Uwiringiyimana Claude na Habarurema Apiane wari ushinzwe amasomo muri iri shuri.

CIP Hakizimana yagize ati,”Aba batanu bafashwe ku wa 10 Mata uyu mwaka biturutse ku makuru yatanzwe n’Umuyobozi mushya w’iri shuri nyuma yo kugenzura agasanga muri mudasobwa zigaragara mu mpapuro z’ihererekanyabubasha haburamo eshatu.”

Yakomeje agira ati,”Mu ihererekanyabubasha byagaragaye ko iki Kigo cy’ishuri gifite Mudasobwa 518 zigenewe abanyeshuri; ariko Umuyobozi wacyo mushya asuzumye asanga haburamo ebyiri. Byagaragaye kandi ko iri shuri rifite mudasobwa zisanzwe (Laptops) 11, ariko nyuma y’igenzura haboneka 10. Umuyobozi mushya waryo amaze kubura izo mudasobwa eshatu yabimenyesheje inzego zibishinzwe zirimo Polisi y’u Rwanda yafashe ikanafunga aba batanu bakekwaho kuzinyereza.”

CIP Hakizimana yongeyeho ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane niba hari abandi bagize uruhare mu inyerezwa ry’izo mudasobwa, ndetse banafatwe.

Ingingo ya 325 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umukozi wese urigisa umutungo, amafaranga, impapuro zivunjwa amafaranga, ibyemezo by’imari n’inyandiko bya Leta cyangwa bitari ibya Leta cyangwa ibintu byimukanwa by’undi yabikijwe ku bw’umurimo ashinzwe; wonona cyangwa urigisa, akoresheje uburiganya, impapuro zifite agaciro k’imari, yabikijwe cyangwa yahawe ku bw’umurimo ashinzwe; ahanishwa igifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’umutungo warigishijwe cyangwa wononwe.

Aba batanu bakurikira abayobozi b’ibigo by’amashuri n’abarimu 12 bafungiwe mu turere twa Rwamagana na Gatsibo bakekwaho kunyereza Mudasobwa zagenewe abana zigera kuri 384.

-6295.jpg

Mu Ntara y’i Burasirazuba hamaze kubura mudasobwa zigenewe abana zisaga 1000 mu gihe izisaga 500 zimaze kubura mu turere umunani tw’Intara y’Amajyepfo.

Polisi y’u Rwanda ikaba ikomeje iperereza ku byaha bikorwa muri gahunda zitandukanye za Leta zigamijwe iterambere ry’abaturage zivugwamo imicungire mibi zirimo iya Mudasobwa imwe ku mwana, Gira Inka na VUP.

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri  zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Ubwanditsi 07 Nov 2017
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara
Mu Mahanga

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Urukiko rwategetse ko abayobozi ba FERWAFA bakekwaho ruswa baburana bari hanze
Mu Rwanda

Urukiko rwategetse ko abayobozi ba FERWAFA bakekwaho ruswa baburana bari hanze

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki
Mu Mahanga

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Ubwanditsi 21 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru