• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Ubwanditsi 06 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyuma y’ishimutwa ry’abakozi babiri ba banyarwanda bakorera LONI n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda (CMI) , uwo muryango mpuzamahanga wahisemo kutajya wohereza abakozi bawo ba banyarwanda muri Uganda.

Uwo muryango mpuzamahanga kandi ufata n’icyemezo cyo kutajya ukoresha ibikoresho by’abanyarwanda muri Uganda, nubwo byaba bikoreshwa na LONI.

Mu nyandiko yabonywe na Rushyashya, LONI ivuga ko yafashe umwanzuro nk’ingamba yo kwirinda, kudatwara baba ingabo, polisi abasivile ndetse n’ibikoresho byaba ari iby’Abanyarwanda, mu kubinyuza muri Uganda. Ibi harimo kudashyira ingabo z’URwanda, yaba abasivile cyangwa ingabo mu mahugurwa aba arimo kubera muri Uganda cyane cyane Entebbe.”

Iyi baruwa kandi ikaba igaragaza ko ibikoresho byagenewe URwanda bizajya binyuzwa mu yandi mayira.

Nkuko abasesenguzi babibona, ngo Uganda ni igihugu cyidakurikiza amategeko, bityo kandi kikaba kidakwiriye kwizerwa, kubirebana n’amategeko. Ibyo byabaye nyuma y’uko ubugizi bwanabi bukorerwa URwanda n’ Abanyarwanda.

Ushinzwe urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, ku wa 13 Kamena 2019, rwaje gushimuta Bihoyiki Francis, umukozi wa LONI mu nkambi y’impunzi ya Kyaka. Nuko iminsi mike nyuma yaho, ku wa 26, baza nanone gushimuta Musinga Antoine, undi mukozi w’Ikigo mpuzamahanga, cyibarizwa Entebbe.

Nkuko isanzwe ibikora, CMI  yohereje barushimusi baba bashyigikiwe n’urwego rw’igihugu kugirango rufate abo banyarwanda, hatitawe ku nshingano baba bafite bahita nkuko bivugwa n’umukozi w’icyo kigo mpuzamahanga , bityo ngo bahita babakurura barabatwara. Nta mpapuro zo kubafunga bigeze berekana, nyuma ngo byaje kumenyekana ko CMI yaregaga abo bakozi babiri kuba ari ba maneko b’URwanda”.

Inshuro nyinshi inzego z’umutekano za Kampala zakomeje kugirira nabi inzirakarengane z’Abanyarwanda baba batakoze. Nta kimenyetso bajya bagaragaza cyashyigikira ibyo birego.  Bigaragaza ko ari urwango rwibasiye imbaga yose y’Abanyarwanda kandi ari nta mpamvu, uretse gusa ko Museveni yahisemo kwibasira URwanda aruhoza ku ntonganya. .Bihoyiki na Musinga bagize batya bisanga mu makuba asanzwe agwirira Abanyarwanda benshi baba bafashwe n’urwego rw’ibutasi bw’igisirikare cya Uganda (CMI

Uko ari babiri, mubihe binyuranye, bazengurutswe n’abagabo banahise babinjiza mu mudoka ku ngufu. Bakigeramo, abo bagabo ba CMI ubundi babanza kubakubita ikintu kimeze nk’uruziga mu mutwe mu rwego rwo kugirango batababona bakabamenya, ndetse no kugirango batamenya aho babajyanye . Abanyarwanda batagira ingano nka Damascene Muhawenimana, Roger Donne Kayibanda, Jean Mucyo, Moses Ishimwe Rutare n’abandi benshi basobanura uburyo bwifashishwa muri izo kasho ziteye nk’ubuvumo za CMI.

Icyambere  abo bakozi ba CMI babanza gukora, ni ukujagajaga imifuka, cyangwa sakame z’abagore, bakiba icyitwa ifaranga cyose, baba basanze mo, nuko bagakurikizaho telephone, bityo bakamutegeka kubabwira umubare w’ibanga wa telephone ye. Nuko bakabikuza amafaranga yose aba ari kuri mobile money. Ubu ku cyicaro gikuru cya CMI abashyashya baba bakihagera, babashyira muri koridoro, nyuma y’akanya gato, bakazamurwa hejuru mu etaje babahata ibibazo.”

Uko guhatwa ibibazo akenshi bikorwa n’abagabo baba barimo kuvuga ikinyarwanda cyiza kinononsoye. Abantu bawe batekereza ko iyo Urwanda ruvuga ko Uganda ifatanya na RNC ya  Kayumba Nyamwasa mu guhungabanya URwanda bakagira ni politike. Ariko icyibabaje nuko bakorerwa iyicarubozo n’abantu bavuga ururimi rumwe rw’ikinyarwanda nkabo, bakaba bagomba kumenya ukuri Kigali iba irimo kuvuga ukuri igihe cyose.

Iyicarubozo ahanini ribaba rigamije ibintu bibiri, kumenya amakuru inzirakarengane yaba afite, yerekeranye n’ingabo cyangwa se polisi. Icyakabiri, ni ukugerageza kwinjiza abarwanyi muri RNC ku ngufu. Uburyo buba bugamije kubabaza bikabije izo nzirakarengane kugirango yemere kwinjira mu barwanyi ba RNC, mu rwego rwo gukiza ubuzima bwe.

Ibyo nibyo CMI yakoreye Abanyarwanda babiri bakorera LONI.. Ubugome  buranga inzego z’umutekano za Uganda bwarenze imipaka, kugeza naho birara mu bakozi ba LONI, kandi bikaba ntanicyo biba bibabwiye. Aho niho irengahaniro ryabo rigeze. Abahanga bakaba bibaza niba hari ikindi cyindi Loni yaba itegereje kugirango igire icyo ikora kuri Uganda.

LONI ubwayo, binyuze mu mpuguke zayo yabonye Raporo yanditswe kuri DRC, umwaka ushize kuwa 31 Ukuboza 2018, igaragaza iyinjiza ry’abarwanyi ba RNC, umutwe w’iterabwoba kandi bikaba bigaragara ko kampala ntacyahindutse kugeza magingo aya. Ntagushidikanya Kampala iri mu binjiza abarwanyi muri RNC, n’ingabo za bajenosideri .

Nyamara kandi igitangaza benshi, nuko ntakintu na kimwe LONI yigeze ikora mu rwego  rwo gukoma Uganda mu nkokora.. “Ni nkaho LONI ari indorerezi y’indangare ipfa kurebera imyitwarire iyo ariyo yose idahwitse ntigire icyo ikora, ikwiriye kwikubita agashyi ikiminjiramo n’agafuI!

Nonese niba noneho inzego z’umutekano za Uganda zitangiye kujya zishimuta ndetse no kwicurubozo abakozi ba LONI, biragana he ? reka dutegereze turebe noneho ko haricyo LONI izakora.

2019-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Ubwanditsi 29 Apr 2018
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Ubwanditsi 06 Nov 2023
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Turaburira umukobwa wa Rashid uri hagati y’ibirura bibiri, Nahimana na Ntwali Williams

Turaburira umukobwa wa Rashid uri hagati y’ibirura bibiri, Nahimana na Ntwali Williams

Ubwanditsi 07 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United
Amakuru

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )
POLITIKI

Amateka y’Abaperezida 10 bamaze ku butegetsi igihe kirekire kurusha abandi muri Afurika ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 27 Jan 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru