• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Ubwanditsi 06 Sep 2017 ITOHOZA

Ubwoba buriyongera kuri Leta Zunze ubumwa za Amerika ko Korea ya ruguru ishobora kurekura Bombe ya Hydrogen ivuye ku cyogajuru (satellite) ikagwa ku butaka bwa Amerika miliyoni z’abantu zikahagwa.

-7916.jpg

Korea ifite H-bomb ntoya ishobora gutwarwa n’icyogajuru ikanaraswa igiturutseho

Ibyogajuru bibiri bya Korea ya ruguru zitwa Kwangmyongsong-3 na Kwangmyongsong-4 muri iyi minsi ziri kuzenguruka isi ku nzira yayo aho zigeze ku kirere cya Amerika.

Inzobere mu by’umutekano zifuza ko satellites zo kwa Kim zajya zibanza kugenzurwa mbere yo gufata mu isanzure kubera ubwoba ko zishobora gukoreshwa mu kurekura ziriya Bombe a Hydrogene kuri USA.

Bibayeho iturika rihambaye byateza ryahurirana n’ibiturika n’amashanyarazi ya Amerika umuriro ukaba mubi cyane ugahitana za miliyoni nyinshi cyane z’abantu kandi Amerika ikaba umwijima by’imyaka myinshi.

Ibyogajuru bibiri bya Korea ziri mu kirere ngo zishobora gushyirwaho ziriya bombe kuko iki gihugu cyageze ku rwego rwo kuzigira nto cyane (miniaturization).

Ubu Korea ntikeneye ikindi cyayifasha kurekura ziriya bombe kuko bigeze aho zikoze ku buryo no kurasirwa kure cyane mu kirere ubu bishoboka.

Mu cyumweru gishize Perezida Kim yagaragaye iruhande rwa Hydrogen bomb aho bazitunganyiriza ari kumwe n’abasirikare bakuru.

-7917.jpg

Mu cyumweru gishize Kim yagaragaye muri Laboratoire ari iruhande rwa H-bomb

Bombe nk’iriya ngo ishobora gushyirwa mu cyogajuru muri biriya bya Korea cyangwa se zikaba ubu zinariho kuko biri mu kirere. Ibi ni bimwe mu bihangayikishije leta ya Washingiton.

Peter Pry inzobere akaba n’umuyobozi mu rwego rw’umutekano imbere muri USA yavuze ko bishoboka ko Korea yashyira intwaro kirimbuzi ku cyogajuru cyayo iyo ntwaro ikaba yarasirwa mu kirere cya USA.

Jim Oberg umwe mu banyamerika bacye cyane babashije gusura ahantu Korea ya ruguru ihagurukiriza ibyogajuru byayo nawe yavuze ko afite ubu bwoba.

Oberg yavuze ko US zikwiye gukora ibishoboka zikamenya icyo ibyogajuru bya Korea bihagurukanye mbere yo kujya mu isanzure no kunyura hejuru ya US.

Nawe yemeza ko ibyogajuru byabo bashobora kubyifashisha mu gutwara intwaro kirimbuzi bamaze igihe kinini bagerageza kugira ntoya cyane.

Ubwo Jim Oberg yasuraga aho Korea ihagurukiriza ibyogajuru byayo bamuhamirije ko nta kindi bigamije uretse umugambi w’ubushakashatsi, ariko ubu avuga ko atakwizera ibyo yabwiwe.

Korea ya ruguru isanzwe ifite n’izindi missile zambukiranya imigabane (Intercontinental Ballistic Missiles,ICBMs) zishobora kuraswa ku ntera ya 5,500Km.

Ubuhangange mu mbaraga kirimbuzi Korea imaze kugira no kugaragaza muri iyi minsi ishize bumaze gutuma Perezida Donald Trump agabanya amarere yari afite yo kubarasaho nk’uko yabivugaga mu minsi ishize.

Ubu Perezida Trump ashyize imbere cyane gushaka umuti biciye muri Dipolomasiya.

-7918.jpg

Perezida Kim ushyigikiwe n’Ubushinwa n’Uburusiya yabijije icyuya Amerika n’inshuti zayo

-7919.jpg

H-Bomb ngo bayirekuriye kuri USA haba umuriro udasanzwe wahitana za miliyoni nyinshi z’abantu ugasiga Amerika mu icuraburindi. Abanyamerika babifitiye ubwoba

2017-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Ubwanditsi 10 Mar 2017
RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura  Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

RNC Ya Kayumba Nyamwasa Ifatanyije Na JMV Ndagijimana Na Joseph Matata Bari Gutegura Imihango Yo Guterekera No Gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Gerard Gahima arahigwa bukware na Police ya Timor

Ubwanditsi 17 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Jan 2023
REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo
Amakuru

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo

Ubwanditsi 09 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru