• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe   |   16 Nov 2025

  • Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange   |   15 Nov 2025

  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Editorial 19 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Philippe Mpayimana ubwo yatsindwaga mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu mwaka wa 2017, hari benshi batekererezaga ko ahise yigira umurakare, nka ba Faustin Twagiramungu bibeshyaga ko iturufu y’ubwoko yabicaza mu Rugwiro. Siko byagenze rero, kuko n’ubwo atuye mu Bubiligi,Bwana Mpayimana yakomeje kugenda mu Rwanda, ndetse agatanga umusanzu w’ibitekerezo byubaka. Mu nkuru duherutse kubagezaho ku myumvire myiza ya Philippe Mpayimana , twababwiraga ko anenga abibwira ko ibibazo byakemurwa n’intambara, ndetse anavuga ko agiye kubarwanya yivuye inyuma.

Imvugo ye rero ibaye ingiro, Mu nama yabereye I Buruseli mu Bubiligi kuwa gatandatu tariki 17 Ukwakira 2020, ikanitabirwa n’imbaga y’Abanyarwanda baba abatuye muri icyo gihugu, baba n’abari hirya no hino ku isi bayikurikiranye hifashishijwe ikoranabuhanga, Mpayimana yatangaje ko atangije gahunda y’ibyumweru birindwi(7), byo guhangana n’abiyita abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’uRwanda, bagenda bigamba ko bafite cyangwa bagiye gushinga imitwe y’abasirikari izatera uRwanda.Mu itangazo ryakurikiye iyo nama, ndetse tunafitiye kopi, Philippe Mpayimana yagize ati:…”hari abanyapolitiki bahisemo guharanira impinduka bakoresheje ibitutsi, imbunda, kunnyega, guhunga, n’ibindi bikorwa biranga umuntu waburiwe, wiyahura, wanduranya…….guhera ubu bamenye ko turi abanyarwanda benshi cyane bakunda amahoro kandi bakunda Igihugu. Nkaba nifuza ko duhaguruka tukabarwanya ku mugaragaro….ndasaba buri munyarwanda kwifatanya nanjye, tugahugura cyane cyane abatuye mu mahanga, n’ubwo akenshi bitwara nk’abaturusha ubwenge, nk’abazi byose, ku ngaruka mbi zo gukunda intambara no gushyigikira inyeshyamba..”
Bwana Mpayimana akomeza avuga ko uretse kwamagana abo ba gashozantambara.

Abanyarwanda aho bari hose ku isi, bagomba gushyigikira ingabo z’ uRwanda, kuko arizo zirinda amahoro, ubumwe bw’Abanyarwanda, umutekano n’ubusugire bw’igihugu. Yagize ati”..niyo mpamvu nsaba buri wese wiyumvamo igisirikari, mpereye ku bahoze mu nzirabwoba bakiri mu buhungiro, n’abana b’impunzi bifuza kururwanirira, gufata utwangushye bagasaba kwakirwa mu ngabo z’uRwanda. Ibi bibaye twaba turangije intambara tumazemo imyaka isaga 60, tukaba dutangiye igihe cy’amahoro.”Philippe Mpayimana arasosa asaba buri Munyarwanda, aho ari hose, guhora azirikana buri gihe ko intambara isenya itubaka.

Twababwira ko abantu benshi bakiranye yombi ubu butumwa bwa Philippe Mpayimana, Ku mbuga nkoranyambaga, abenshi bavuze ko iyi myumvire ikwiye kuranga buri Munyarwanda ushaka uRwanda rutubereye twese. Hari ababoneyeho guseka cyane imyitwarire ya ba Twagiramungu, Rusesabagina, Kayumba Nyamwasa n’abababeshya ko babashyigikiye, batazirikana umugani wa Kinyarwanda ni uvuga ngo “ukwanga atiretse agira ati ngo turwane”. Abandi bati :”ko poilitiki y’uRwanda rwa none idaheza abana barwo bari mu mahanga nk’uko byari bimeze ku ngoma za Parimehutu na MRND-CDR, mwatashye mugafatanya n’abandi kurwubaka, aho gukerakera mu mahanga batanabakunda”.

Reka dushimire Philippe Mpayimana wanadutumiye mu nteko itangiza gahunda yo kwigisha guharanira amahoro no gukunda igihugu.Inama yacu ku bakigambanira , ni uko mwagombye gukura amasomo kuri izi mpanuro muboneye ubuntu. Ibyabaye kuri bangenzi banyu nka Rusesabagina,”Sankara”, Laforge Bazeye, Déo Mushayidi, n’abandi batabarika, bo batagize amahirwe yo kugera imbere y’ubutabera, nka ba Sylvestre Mudacumura baguye Igihugu igicuri, bikababera umwanya wo gusubiza agatima impembero.

2020-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Editorial 17 Apr 2020
Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Ibyo utamenye kuba Jenosideri umunani batifuzwa n’igihugu na kimwe harimo n’ibicumbikiye imiryango yabo

Editorial 09 Feb 2022
Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Editorial 24 May 2018
KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

Editorial 17 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Editorial 18 Jan 2019
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.
Amakuru

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Editorial 21 Apr 2023
Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19
POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Editorial 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru